• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Ubwanditsi 30 Jan 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi Diamond Platnumz yihanije bamwe mu bakunzi be batashimishijwe no kuba yongeye kugirana ubushuti na Wema Sepetu wahoze ari umukunzi we.

Wema Sepetu wabaye Nyampinga wa Tanzaniya muri 2006, akaba n’umwe mu bakinnyi ba filime bakomeye, yigeze kukanyuzaho mu rukundo n’umuhanzi Diamond Platnumz  gusa baje gutandukana muri 2014.

Kuva ubwo ntibongeye gucana uwaka dore ko Diamond yahise yishakira Zari Hassan bari baratangiye guteretana, Wema Sepetu atarabenga Diamond.

Ubwo inzu Wasafi iyoborwa na Diamond yamurikaga umuhanzi wayo mushya witwa Mbosso, abantu baje gutungurwa no kubona Wema Sepetu yitabiriye ibyo birori, ndetse akaba ari na we wahamagaye Diamond ku rubyiniro, barahoberana bigaragara ko bishimiranye.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram Diamond yanditse, amagambo akomeye, aho yasaga nk’uwiyama abantu batashimishijwe  n’uko yongeye kugirana ubushuti na Wema Sepetu.

Yagize ati “ abantu benshi bakunda kubona abandi bari mu ntambara n’amatiku adafite umutwe n’amaguru. Uzumva umuntu akubwira ati  ‘ndi umufana wawe ndakwemera cyane, ariko kuba watumiye Wema Sepetu wansuzuguye.  Ubwo se urashaka ko nkomeza kurebana nabi na Wema ngo bigende gute? Wunguke iki? Hari icyo byamfasa cyangwa se ubuhanzi bwacu.”

N’ubwo Diamond yubuye ubushuti na Wema Sepetu, yavuze ko  atagambiriye kongera gukundana nawe kuko afite umuryango kandi adashobora kuwusiga.

Yagize ati “ mfite umuryango wanjye, ndawukunda, ndawubaha kandi sinteze kuwusiga… ariko iyo siyo mpamvu yatuma ngirana ibibazo n’abantu… uru ni urugero rwa mbere, urundi ruzakurikiraho. Uyu siwo mwanya wo kubaka inzangano zidafite aho zishingiye, ni umwanya wo gufatanya nk’abahanzi, tugateza imbere ubuhanzi bwacu ku bwo gutegura ejo hazaza h’abana bacu.”

Kuri ubu Wema Sepetu yatandukanye n’umusore wo muri Tanzaniya Idriss Sultan wigeze gutwara irushanwa rya Big Brother Africa, gusa ntacyo aratangaza kuri uyu mubano we Diamond.

2018-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diamond na Tunda baba barateguye kuzahurira mu Rwanda?

Diamond na Tunda baba barateguye kuzahurira mu Rwanda?

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Mu ndirimbo bateguye mu gihe cy’umwaka umwe, Aline Gahongayire arishimira urwego indirimbo ye na Niyo Bosco igezeho

Mu ndirimbo bateguye mu gihe cy’umwaka umwe, Aline Gahongayire arishimira urwego indirimbo ye na Niyo Bosco igezeho

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Gukora umuziki, kuwutunganya ndetse no ku wigisha ntacyo bizica ku iterambere rya Igor Mabano bitewe nuko abifatanya kandi bikagenda neza

Gukora umuziki, kuwutunganya ndetse no ku wigisha ntacyo bizica ku iterambere rya Igor Mabano bitewe nuko abifatanya kandi bikagenda neza

Ubwanditsi 14 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Apr 2018
U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA
IMIKINO

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi
Mu Rwanda

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru