• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Ubwanditsi 06 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatatu tariki 5 Gicurasi 2021, ikipe ya Kiyovu SC yaraye itsinze Rayon Sports ibitego 3 kuri 2, ni umukino wakurikiwe n’umutoza mushya wa Kiyovu SC Ndayiragije Etienne wahawe gutoza ikipe y’urucaca mu gihe cy’amezi abiri.

Mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda irimo gukinwa mu matsinda, Kiyovu SC yari yakiriye uyu mikino yatangiye itsindwa igitego na Manasse Mutatu Mbedi ubwo hari ku munota wa 4, ni igitego cyahise cyishyurwa na Robert Sabbah ku munota wa 10.

Mbere y’uko igice cya mbere cy’uyu mukino kirangira ikipe ya Rayon Sport yagize ikibazo cyo gutakaza umukinnyi ukina hagati ufasha ba rutahizamu ariwe Muhire Kevin wagoganye n’umukinnyi wa Kiyovu SC binatuma ajyanwa kwa muganga dore ko igice cya kabiri uyu mukinnyi yahise anasimbuzwa.

Bavuye kuruhuka ikipe y’urucaca yatozwaga n’umutoza wungirije Banamwana Camarade yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 52 gitsinzwe na Armel Ghyslain, ikipe ya Gikundiro yishyuriwe icyo gitego na Drissa Dagnogo winjiyemo asimbuye, ni igitego cyabonetse ku munota wa 70.

Nyuma y’iminota itandatu gusa icyo gitego kibonetse Rayon Sports yabonye ikarita itukura yahawe myugariro Niyibizi Emmanuel uzwi nka Kibungo, iyo karita kandi yakurikiwe n’igitego cya gatatu cyatsinzwe na Bigirimana Abbedy ku munota wa 86, ni igitego yatsinze kuri penaliti nyuma yaho Rugwiro Herve yakoreye ikosa rutahizamu Armel Ghyslain.

Uyu mukino wo mu itsinda rya D waje kurangira Kiyovu SC yegukanye itsinzi y’ibitego bitatu kuri bibiri, undi mukino wabaye muri iri tsinda ni Gasogi United yanganyije na Rutsiro FC ubusa ku busa.

Kuri uyu wa gatatu kandi ikipe ya APR FC yo mu itsinda rya A yatsinze AS Muhanga iyisanze iwayo ibitego bitatu kuri kimwe, ku ruhande rwa APR FC yatsindiwe na Danny Usengimana, Niyonzima Olivier Sefu ndetse na Bizimana Yannick.

Mu yindi mikino yabaye ikipe ya Gorilla FC yo mu itsinda rya A yatsinze ikipe ya Bugesera ibitego bitatu kuri bibiri.

Ibyo wamenya kuri uyu munsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda:

Hinjijwe ibitego 25 birimo penaliti 4,
byatsinzwe n’abakinnyi 24.

Muri ibyo bitego? 13 byinjiye mu gice cya mbere cy’umukino.

Mu makipe 16 ari mu cyiciro cya mbere Gasogi United niyo itaratsinda igitego mu izamu ry’ikipe bahanganye.

Ikipe ya Etincelles niyo kipe imaze kwinjizwa ibitego byinshi, imaze kwinjizwa ibitego 8.

2021-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Umukino w’umunsi wa 2 wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 wari buzakirwe n’u Rwanda uzakirwa na Senegal i Dakar

Umukino w’umunsi wa 2 wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 wari buzakirwe n’u Rwanda uzakirwa na Senegal i Dakar

Ubwanditsi 31 May 2022
Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup

Mamelodi Sundowns yohereje Rayon Sports muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 19 Mar 2018
Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Ubwanditsi 30 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika
Mu Mahanga

#Umushyikirano wa 14: Abanyarwanda barifuza ko Perezida Kagame abakemurira ibibazo birimo icy’ igitutu gitera itekinika

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Impinduka mu Gipolisi cya Uganda, umutwe kabuhariwe wa Flying Squad wasenywe
HIRYA NO HINO

Impinduka mu Gipolisi cya Uganda, umutwe kabuhariwe wa Flying Squad wasenywe

Ubwanditsi 08 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru