• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Ubwanditsi 06 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatatu tariki 5 Gicurasi 2021, ikipe ya Kiyovu SC yaraye itsinze Rayon Sports ibitego 3 kuri 2, ni umukino wakurikiwe n’umutoza mushya wa Kiyovu SC Ndayiragije Etienne wahawe gutoza ikipe y’urucaca mu gihe cy’amezi abiri.

Mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda irimo gukinwa mu matsinda, Kiyovu SC yari yakiriye uyu mikino yatangiye itsindwa igitego na Manasse Mutatu Mbedi ubwo hari ku munota wa 4, ni igitego cyahise cyishyurwa na Robert Sabbah ku munota wa 10.

Mbere y’uko igice cya mbere cy’uyu mukino kirangira ikipe ya Rayon Sport yagize ikibazo cyo gutakaza umukinnyi ukina hagati ufasha ba rutahizamu ariwe Muhire Kevin wagoganye n’umukinnyi wa Kiyovu SC binatuma ajyanwa kwa muganga dore ko igice cya kabiri uyu mukinnyi yahise anasimbuzwa.

Bavuye kuruhuka ikipe y’urucaca yatozwaga n’umutoza wungirije Banamwana Camarade yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 52 gitsinzwe na Armel Ghyslain, ikipe ya Gikundiro yishyuriwe icyo gitego na Drissa Dagnogo winjiyemo asimbuye, ni igitego cyabonetse ku munota wa 70.

Nyuma y’iminota itandatu gusa icyo gitego kibonetse Rayon Sports yabonye ikarita itukura yahawe myugariro Niyibizi Emmanuel uzwi nka Kibungo, iyo karita kandi yakurikiwe n’igitego cya gatatu cyatsinzwe na Bigirimana Abbedy ku munota wa 86, ni igitego yatsinze kuri penaliti nyuma yaho Rugwiro Herve yakoreye ikosa rutahizamu Armel Ghyslain.

Uyu mukino wo mu itsinda rya D waje kurangira Kiyovu SC yegukanye itsinzi y’ibitego bitatu kuri bibiri, undi mukino wabaye muri iri tsinda ni Gasogi United yanganyije na Rutsiro FC ubusa ku busa.

Kuri uyu wa gatatu kandi ikipe ya APR FC yo mu itsinda rya A yatsinze AS Muhanga iyisanze iwayo ibitego bitatu kuri kimwe, ku ruhande rwa APR FC yatsindiwe na Danny Usengimana, Niyonzima Olivier Sefu ndetse na Bizimana Yannick.

Mu yindi mikino yabaye ikipe ya Gorilla FC yo mu itsinda rya A yatsinze ikipe ya Bugesera ibitego bitatu kuri bibiri.

Ibyo wamenya kuri uyu munsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda:

Hinjijwe ibitego 25 birimo penaliti 4,
byatsinzwe n’abakinnyi 24.

Muri ibyo bitego? 13 byinjiye mu gice cya mbere cy’umukino.

Mu makipe 16 ari mu cyiciro cya mbere Gasogi United niyo itaratsinda igitego mu izamu ry’ikipe bahanganye.

Ikipe ya Etincelles niyo kipe imaze kwinjizwa ibitego byinshi, imaze kwinjizwa ibitego 8.

2021-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’

Perezida Kagame mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’

Ubwanditsi 08 Sep 2017
Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Rayon Sports ifite urugamba rukomeye yerekeje muri Nigeria

Rayon Sports ifite urugamba rukomeye yerekeje muri Nigeria

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ubwanditsi 03 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze
Mu Mahanga

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Ikibazo cya Paul Rusesabagina gishobora kuba kitakibangamiye umubano hagati y’u Rwanda n’Ububiligi
Amakuru

Ikibazo cya Paul Rusesabagina gishobora kuba kitakibangamiye umubano hagati y’u Rwanda n’Ububiligi

Ubwanditsi 28 Oct 2021
Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni  na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba
INKURU NYAMUKURU

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ubwanditsi 23 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru