• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Ubwanditsi 18 Jan 2017 UBUKUNGU

Davos, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga rimaze kwigaragaza nk’ikintu gikenewe ku baturage n’umusingi ukomeye w’iterambere, kurusha uko ryafatwa nk’ikintu cy’umurimbo.

Perezida Kagame yabigarutseho ubwo yitabiraga akanama kiga ku buryo bwo guhanga udushya hagamijwe kugeza internet ku bantu itarageraho kugeza ubu, i Davos aho yitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum 2017.

Aka kanama kayobowe na Lauren Woodman, Umuyobozi w’Umuryango NetHope muri Amerika. Irina Georgieva Bokova, Umuyobozi wa UNESCO na Zhao Houlin, UMunyamabanga Mukuru wa ITU bafashe ijambo muri iyi nama.

Ati “Hatari internet yihuta kandi ihendutse, haba hari uburyo buke bwafasha abantu ngo bivane mu bukene bagere ku burumbuke mu kinyejana cya 21.”

Aha Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rufite intego ko mu 2020 igihugu cyose kizaba cyarakwijwe umurongo mugari wa internet, hagamijwe ko ikoranabuhanga riba ku izingiro ry’ibikorwa byose na serivisi zizaba zitangwa.

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko iterambere mu Rwanda kimwe n’ibindi bihugu kuri uyu mugabane rigomba gushingira kuri gahunda nziza kandi hagakorwa ishoramari mu nzego zikenewe.

Perezida Kagame ni umwe mu bayobozi ba komisiyo yo guteza imbere umurongo mugari wa internet ishingiye ku muryango mpuzamahanga w’itumanaho, ITU.

Iyo komisiyo igaragaza ko internet ifite uruhare rukomeye mu guhindura imibereho y’abaturage mu nzego zinyuranye, zaba iz’ubuzima, uburezi, serivisi z’imari, ubwikorezi, ingufu, ubuhinzi n’izindi.

Gusa haza imbogamizi yihariye ko nibura 53% by’abatuye Isi batagerwagaho na internet, igice kinini cyabo kibaka kiri muri Afurika na Asia-Pacific.

Mu guhangana n’icyo kibazo, ITU muri gahunda yayo yise ‘Connect 2020’, yiyemeje ko 60% by’abatuye Isi bazaba bamaze kugerwaho na internet mu 2020, ariko hakabamo imbogamizi z’uburyo bwakoreshwa mu kugeza internet ku baturage kandi ku giciro gito, ndetse hakazibwa icyuho mu bayikoresha ku buryo nta cyiciro na kimwe kimwe cy’abaturage gisigara inyuma.

Ahari kubera inama mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum, i Davos mu Busuwisi, kuri uyu wa 17 Mutarama abayobozi banaganiriye uburyo bwo kugera ku ntego zigamije iterambere rirambye, hagamijwe ko ibihugu byose byungukira mu mpinduramatwara ishingiye ku ikoranabuhanga.

Ni inama yahuje abayobozi muri za guverinoma, abikorera, imiryango itari iya leta n’abarimu muri za kaminuza, hasuzumwa imbaraga ziri gushyirwa mu kugeza internet ku baturage miliyaru 3.9 itarageraho ku Isi, zigizwe ahanini n’abagore, abatuye mu cyaro, abakene, abantu batize n’abasheshe akanguhe.

Nubwo hari umubare munini w’abataragerwaho na internet, ITU ivuga ko 57% by’abatuye Isi badashobora kwigondera ibiciro byayo habariwe ku kiguzi iriho uyu munsi.

-5427.jpg

Perezida Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Zhao Houlin

2017-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

New York : Kagame yavuze uko u Rwanda rwasenywe na Jenoside rwiyubatse

New York : Kagame yavuze uko u Rwanda rwasenywe na Jenoside rwiyubatse

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Abanyafurika bakeneye kwihutisha ibyo bakora ngo hagerwe ku byo batashoboye kugeraho- Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup
Amakuru

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 19 Nov 2021
Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego
Amakuru

Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ubwanditsi 14 Nov 2023
Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda
Amakuru

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru