• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Ubwanditsi 18 Jan 2017 UBUKUNGU

Davos, Perezida Paul Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga rimaze kwigaragaza nk’ikintu gikenewe ku baturage n’umusingi ukomeye w’iterambere, kurusha uko ryafatwa nk’ikintu cy’umurimbo.

Perezida Kagame yabigarutseho ubwo yitabiraga akanama kiga ku buryo bwo guhanga udushya hagamijwe kugeza internet ku bantu itarageraho kugeza ubu, i Davos aho yitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum 2017.

Aka kanama kayobowe na Lauren Woodman, Umuyobozi w’Umuryango NetHope muri Amerika. Irina Georgieva Bokova, Umuyobozi wa UNESCO na Zhao Houlin, UMunyamabanga Mukuru wa ITU bafashe ijambo muri iyi nama.

Ati “Hatari internet yihuta kandi ihendutse, haba hari uburyo buke bwafasha abantu ngo bivane mu bukene bagere ku burumbuke mu kinyejana cya 21.”

Aha Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rufite intego ko mu 2020 igihugu cyose kizaba cyarakwijwe umurongo mugari wa internet, hagamijwe ko ikoranabuhanga riba ku izingiro ry’ibikorwa byose na serivisi zizaba zitangwa.

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko iterambere mu Rwanda kimwe n’ibindi bihugu kuri uyu mugabane rigomba gushingira kuri gahunda nziza kandi hagakorwa ishoramari mu nzego zikenewe.

Perezida Kagame ni umwe mu bayobozi ba komisiyo yo guteza imbere umurongo mugari wa internet ishingiye ku muryango mpuzamahanga w’itumanaho, ITU.

Iyo komisiyo igaragaza ko internet ifite uruhare rukomeye mu guhindura imibereho y’abaturage mu nzego zinyuranye, zaba iz’ubuzima, uburezi, serivisi z’imari, ubwikorezi, ingufu, ubuhinzi n’izindi.

Gusa haza imbogamizi yihariye ko nibura 53% by’abatuye Isi batagerwagaho na internet, igice kinini cyabo kibaka kiri muri Afurika na Asia-Pacific.

Mu guhangana n’icyo kibazo, ITU muri gahunda yayo yise ‘Connect 2020’, yiyemeje ko 60% by’abatuye Isi bazaba bamaze kugerwaho na internet mu 2020, ariko hakabamo imbogamizi z’uburyo bwakoreshwa mu kugeza internet ku baturage kandi ku giciro gito, ndetse hakazibwa icyuho mu bayikoresha ku buryo nta cyiciro na kimwe kimwe cy’abaturage gisigara inyuma.

Ahari kubera inama mpuzamahanga yiga ku bukungu, World Economic Forum, i Davos mu Busuwisi, kuri uyu wa 17 Mutarama abayobozi banaganiriye uburyo bwo kugera ku ntego zigamije iterambere rirambye, hagamijwe ko ibihugu byose byungukira mu mpinduramatwara ishingiye ku ikoranabuhanga.

Ni inama yahuje abayobozi muri za guverinoma, abikorera, imiryango itari iya leta n’abarimu muri za kaminuza, hasuzumwa imbaraga ziri gushyirwa mu kugeza internet ku baturage miliyaru 3.9 itarageraho ku Isi, zigizwe ahanini n’abagore, abatuye mu cyaro, abakene, abantu batize n’abasheshe akanguhe.

Nubwo hari umubare munini w’abataragerwaho na internet, ITU ivuga ko 57% by’abatuye Isi badashobora kwigondera ibiciro byayo habariwe ku kiguzi iriho uyu munsi.

-5427.jpg

Perezida Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa ITU, Zhao Houlin

2017-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Ibigo by’ubwishingizi byigenga byatangiye gushora imari mu bindi kubera ibihombo

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Standard & Poor’s yazamuye igipimo cy’ubukungu bw’u Rwanda ikigeza kuri “B+”

Ubwanditsi 13 Aug 2019
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Perezida Kagame yahamagariye abashoramari bo mu bihugu 20 bikize ku Isi kuza gushora mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite
POLITIKI

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye
Amakuru

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Ubwanditsi 11 Jan 2022
Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.
Amakuru

Ikipe ya Chelsea yasezereye Manchester City igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup aho izahura na Leicester City yo yasezereye ikipe ya Southampton.

Ubwanditsi 19 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru