• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Nov 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rwasinyanye na Banki y’Isi amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni $125 (miliyari 110 Frw), azakoreshwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari mu gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 16 Ugushyingo 2018, hagati ya Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal.

Izakoreshwa mu gukora amashanyarazi mashya, kunoza imicungire yayo hagabanywa ingano itakara, kugabanya igiciro no kongera umusaruro w’ikigo kiyacuruza.

Minisitiri Dr Ndagijimana yagize ati “Iyi nguzanyo izafasha u Rwanda kwihutisha intego yarwo yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose mu 2024. Izanongera ahantu hazagezwa amashanyarazi ku bihumbi 154 mu gihugu.”

Mu Ukuboza 2017, u Rwanda rwakiriye izindi miliyoni $125. Yakoreshejwe mu cyiciro cya mbere cy’umushinga wo gusakaza amashanyarazi kuri bose (Development Policy Operation-DPO), ingo ibihumbi 154zigezwaho amashanyarazi zivuye ku bihumbi 74 hagati ya 2012-2016.

Uru rugendo rw’amavugurura ruzazamura umubare w’ingo zigerwaho n’amashanyarazi kuri 40.7% zigere kuri 61% mu Ukuboza 2020.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal, yavuze ko ari urugendo rushimishije ikomeje kugirana n’u Rwanda.

Ati “Dufite impamvu nyinshi zo kwishimira. U Rwanda rwazamuye urwego rw’ibijyanye n’ingufu kuva mu 2008. U Rwanda rwashoboye kureshya ibigo 20 byigenga mu by’ingufu. Aka gashobora kuba agahigo gatuma ruza mu bihugu by’imbere, mu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara (niba ntibeshye).’’

‘‘Icy’ingenzi ni uko abantu babona amashanyarazi, ubu u Rwanda rurasatira kuri 50% nk’igipimo mpuzamahanga kandi byagezweho mu gihe gito.’’

Ibigo nderabuzima 90%, amashuri 77%, 94% by’inyubako za Leta bifite amashanyarazi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG), Eng. Ron Weiss, yavuze ko iyi nguzanyo izafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo rwihaye.

Ati “Ku ruhande rwacu turi kwita ku gukoresha ibyumwa bihindura amashanyarazi mu duce akenewemo ari menshi nko mu byanya byahariwe inganda mu Bugesera, Musanze na Rwamagana. Hari imishinga ihari izazihaza. Muri Gashyantare 2020, uburyo buri gukoreshwa nibubyara umusaruro igiciro cy’amashanyarazi kizabaganuka.”

Inguzanyo u Rwanda rwahawe izishyurwa mu myaka itandatu, ku nyungu ya 0.75%.

Abanyarwanda bagerwaho n’amashanyarazi bangana na 49%, mu 2024 azaba abageraho 100%.

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Feb 2019
IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

IMF yatanze ihumure ku myenda u Rwanda rumaze gufata

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Ubwanditsi 06 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 May 2024
FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball
Amakuru

FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 26 May 2022
Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari
Amakuru

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Ubwanditsi 05 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru