• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Nov 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rwasinyanye na Banki y’Isi amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni $125 (miliyari 110 Frw), azakoreshwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari mu gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 16 Ugushyingo 2018, hagati ya Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal.

Izakoreshwa mu gukora amashanyarazi mashya, kunoza imicungire yayo hagabanywa ingano itakara, kugabanya igiciro no kongera umusaruro w’ikigo kiyacuruza.

Minisitiri Dr Ndagijimana yagize ati “Iyi nguzanyo izafasha u Rwanda kwihutisha intego yarwo yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose mu 2024. Izanongera ahantu hazagezwa amashanyarazi ku bihumbi 154 mu gihugu.”

Mu Ukuboza 2017, u Rwanda rwakiriye izindi miliyoni $125. Yakoreshejwe mu cyiciro cya mbere cy’umushinga wo gusakaza amashanyarazi kuri bose (Development Policy Operation-DPO), ingo ibihumbi 154zigezwaho amashanyarazi zivuye ku bihumbi 74 hagati ya 2012-2016.

Uru rugendo rw’amavugurura ruzazamura umubare w’ingo zigerwaho n’amashanyarazi kuri 40.7% zigere kuri 61% mu Ukuboza 2020.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal, yavuze ko ari urugendo rushimishije ikomeje kugirana n’u Rwanda.

Ati “Dufite impamvu nyinshi zo kwishimira. U Rwanda rwazamuye urwego rw’ibijyanye n’ingufu kuva mu 2008. U Rwanda rwashoboye kureshya ibigo 20 byigenga mu by’ingufu. Aka gashobora kuba agahigo gatuma ruza mu bihugu by’imbere, mu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara (niba ntibeshye).’’

‘‘Icy’ingenzi ni uko abantu babona amashanyarazi, ubu u Rwanda rurasatira kuri 50% nk’igipimo mpuzamahanga kandi byagezweho mu gihe gito.’’

Ibigo nderabuzima 90%, amashuri 77%, 94% by’inyubako za Leta bifite amashanyarazi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG), Eng. Ron Weiss, yavuze ko iyi nguzanyo izafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo rwihaye.

Ati “Ku ruhande rwacu turi kwita ku gukoresha ibyumwa bihindura amashanyarazi mu duce akenewemo ari menshi nko mu byanya byahariwe inganda mu Bugesera, Musanze na Rwamagana. Hari imishinga ihari izazihaza. Muri Gashyantare 2020, uburyo buri gukoreshwa nibubyara umusaruro igiciro cy’amashanyarazi kizabaganuka.”

Inguzanyo u Rwanda rwahawe izishyurwa mu myaka itandatu, ku nyungu ya 0.75%.

Abanyarwanda bagerwaho n’amashanyarazi bangana na 49%, mu 2024 azaba abageraho 100%.

2018-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika  [ Yavuguruwe ]

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Perezida Kagame yitabiriye inama ku ishoramari hagati ya Afurika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ntawe ugomba kutwigisha uko umutwaro w’ubukene uremera –Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi
ITOHOZA

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Ubwanditsi 05 Oct 2016
Volleyball: Police VC na APR WVC niyo makipe yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse
Uncategorized

Volleyball: Police VC na APR WVC niyo makipe yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse

Ubwanditsi 12 Jun 2023
Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora
Mu Rwanda

Ibintu umuntu wese wemerewe gutora akwiye kumenya mbere y’uko ajya gutora

Ubwanditsi 28 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru