• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibintu bitanu by’ingenzi ku ikipe ya ‘Refugee Olympic’ iri i Rio 2016

Ibintu bitanu by’ingenzi ku ikipe ya ‘Refugee Olympic’ iri i Rio 2016

Ubwanditsi 11 Aug 2016 IMIKINO

Abakinnyi 10 bari i Rio ntibahagarariye ibihugu byabo kubera ko bahunze. Bitwa “Refugee Olympic Team (ROT). Baturutse mu bihugu birimo Sudani y’Epfo, Etiyopiya, Congo na Siriya.

Ubu batuye mu Bubiligi, muri Kenya, mu Budage no muri Brezili yakiriye imikino ya Olempike.

Ariko se ni iki tubaziho cyangwa twabategerezaho iki muri aya marushanwa?

1. Barangije kuba intwari.

ROT bageze mu myanya yateguriwe abakinnyi ba Olempike ku wa Gatatu bakirwa ku buryo bukomeye n’abandi bakinnyi bari mu irushanwa.

Umukinnyi Rami Anis wo muri Siriya urushanwa mu koga yacinye akadiho mu buryo bwatangaje abandi mu njyana ya Samba mu birori byo kubakira.

Umunya Sudani y’Epfo James Nyang Chiengjiek wiruka metero 400 yavuze ijambo rikomeye asobanutra uburyo imikino ifasha kwihanganirana.

Yavuze ko kuba iyi kipe igizwe n’impunzi ubwayo iriho, byerekana ko “amahoro ashoboka”.

2. Bose bahunze intambara

Ni ikintu kibabaje cyane kuba mu gihe cy’imyaka myinshi ibice bimwe bya Afurika n’uburasirazuba bwo Hagati byarazahajwe n’intambara.

Abakinnyi ba ROT bahunze imirwano muri Kenya, Siriya, Sudani y’Epfo, repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) na Etiyopiya.

Mu muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’uburayi, EU, wonyine, impunzi 292.450 zahawe ubuhungiro muri 2015, aho benshi muri zo bagerageje guhunga intambara muri ibyo bihugu byabo. Abemerewe bavuye muri miliyoni nyinshi z’abandi bari basabye ubuhungiro.

Kubona aba bakinnyi barushanwa mu mikino ya Olempike bizereka isi ko hari ikindi kintu impunzi zishoboye nyuma y’umuhangayiko n’umubabaro.

3. Abakinnyi babiri mu ikipe bari mu rugo

Babiri mu bakinnyi bagize ikipe ya ROT, Yolande Bukasa Mabika na Popole Misenga bakina judo, baba kandi bakitoreza muri Brezili.

Ubuzima bwabo bwagizweho ingaruka zikomeye n’ibibazo by’intambara y’umwiryane mu gihugu cyabo cya DRC (1998-2003).

Bombi basabye ubuhungiro mu gihugu cyabakiriye nyuma y’amarushanwa y’isi mu mukino wa judo muri 2013.

Bisobanute ko ugomba kwitega ko abanya Brezili bazabaha urufaya rw’amashyi igihe bazaba bagiye kurushanwa.

4. Bafite abafana kuri Ssame Street

Ku wa Kane, Grover, yateguwe agakino gakunzwe cyane kazwi nka Sesame Street, kavuga inkuru z’abana, karimo ubutumwa bukora ku mutima bushyigikiye ikipe y’impunzi.

Grover yavuze ko “ikipe idasanzwe” ikeneye ubufasha bw’abana kubera umuhate ndetse n’ubutwari bwazo.

5. Ariko ntubitegeho icyizere cy’imidari..

Nta gushidikanya ko abakinnyi ba ROT bari i Rio babikwiye.

Ariko rero n’ubwo byaba ari byiza kubona umwe muri bo atwara umudari, ntutegereze ko bizaba kuko biragoye cyane.

Muri bo nta n’umwe uri no hafi yo kuba ku rutonde rw’abakinnyi 10 mu mikino bakina. Ubwo rero kubona umudari byasaba ugutungurana gukomeye cyane.

Dore urutonde rw’abakinnyi b’impunzi.

• Rami Anis (Gabo): Igihugu cy’amavuko – Siriya; Igihugu abamo- Ububiligi; umukino- koga

•Yiech Pur Biel (Gabo): Igihugu cy’amavuko – Sudani y’Epfo; Igihugu abamo – Kenya; umukino – asiganwa muri metero 800

•James Nyang Chiengjiek (Gabo): Igihugu cy’amavuko- Sudani y’Epfo; Igihugu abamo – Kenya; umukino – asiganwa muri metero 400

•Yonas Kinde (Gabo): Igihugu cy’amavuko – Eiyopiya; Igihugu abamo – Luxembourg; umukino- asiganwa muri marato, (marathon)

•Anjelina Nada Lohalith (Gore): Igihugu cy’amavuko – Sudani y’Epfo; Igihugu abamo – Kenya; umukino- asiganwa muri metero 1500

•Rose Nathike Lokonyen (Gore): Igihugu cy’amavuko – Sudani y’Epfo; Igihugu abamo- Kenya; umukino – asiganwa muri metero 800

•Paulo Amotun Lokoro (Gabo): Igihugu cy’amavuko – Sudani y’Epfo; Igihugu abamo – Kenya; umukino – asiganwa muri metero 1500

•Yolande Bukasa Mabika (Gore): Igihugu cy’amavuko- Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; Igihugu abamo – Brezili; umukino – judo, -kg70

•Yusra Mardini (Gore): Igihugu cy’amavukoo – Siriya; Igihugu abamo – Ubudage; umukino – koga

•Popole Misenga (Gabo): Igihugu cy’amavuko- Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; Igihugu abamo – Brezili; umukino – judo, -kg90

Ntakirutimana Alfred

2016-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 10 Aug 2021
Amavubi akomeje imyitozo yo kuzakina na Ethiopia

Amavubi akomeje imyitozo yo kuzakina na Ethiopia

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

RUSHYASHYA 09 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UBUSESENGUZI: Mpaga ya Libya yemejwe na CAF isobanuye iki k’u Rwanda mu kujya muri CAN 2025?
Amakuru

UBUSESENGUZI: Mpaga ya Libya yemejwe na CAF isobanuye iki k’u Rwanda mu kujya muri CAN 2025?

Ubwanditsi 29 Oct 2024
Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye
INKURU NYAMUKURU

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Tour du Rwanda: Areruya Joseph yambuye Umusuwisi Maillot Jaune
IMIKINO

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yambuye Umusuwisi Maillot Jaune

Ubwanditsi 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru