• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibintu bitanu by’ingenzi ku ikipe ya ‘Refugee Olympic’ iri i Rio 2016

Ibintu bitanu by’ingenzi ku ikipe ya ‘Refugee Olympic’ iri i Rio 2016

Ubwanditsi 11 Aug 2016 IMIKINO

Abakinnyi 10 bari i Rio ntibahagarariye ibihugu byabo kubera ko bahunze. Bitwa “Refugee Olympic Team (ROT). Baturutse mu bihugu birimo Sudani y’Epfo, Etiyopiya, Congo na Siriya.

Ubu batuye mu Bubiligi, muri Kenya, mu Budage no muri Brezili yakiriye imikino ya Olempike.

Ariko se ni iki tubaziho cyangwa twabategerezaho iki muri aya marushanwa?

1. Barangije kuba intwari.

ROT bageze mu myanya yateguriwe abakinnyi ba Olempike ku wa Gatatu bakirwa ku buryo bukomeye n’abandi bakinnyi bari mu irushanwa.

Umukinnyi Rami Anis wo muri Siriya urushanwa mu koga yacinye akadiho mu buryo bwatangaje abandi mu njyana ya Samba mu birori byo kubakira.

Umunya Sudani y’Epfo James Nyang Chiengjiek wiruka metero 400 yavuze ijambo rikomeye asobanutra uburyo imikino ifasha kwihanganirana.

Yavuze ko kuba iyi kipe igizwe n’impunzi ubwayo iriho, byerekana ko “amahoro ashoboka”.

2. Bose bahunze intambara

Ni ikintu kibabaje cyane kuba mu gihe cy’imyaka myinshi ibice bimwe bya Afurika n’uburasirazuba bwo Hagati byarazahajwe n’intambara.

Abakinnyi ba ROT bahunze imirwano muri Kenya, Siriya, Sudani y’Epfo, repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) na Etiyopiya.

Mu muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’uburayi, EU, wonyine, impunzi 292.450 zahawe ubuhungiro muri 2015, aho benshi muri zo bagerageje guhunga intambara muri ibyo bihugu byabo. Abemerewe bavuye muri miliyoni nyinshi z’abandi bari basabye ubuhungiro.

Kubona aba bakinnyi barushanwa mu mikino ya Olempike bizereka isi ko hari ikindi kintu impunzi zishoboye nyuma y’umuhangayiko n’umubabaro.

3. Abakinnyi babiri mu ikipe bari mu rugo

Babiri mu bakinnyi bagize ikipe ya ROT, Yolande Bukasa Mabika na Popole Misenga bakina judo, baba kandi bakitoreza muri Brezili.

Ubuzima bwabo bwagizweho ingaruka zikomeye n’ibibazo by’intambara y’umwiryane mu gihugu cyabo cya DRC (1998-2003).

Bombi basabye ubuhungiro mu gihugu cyabakiriye nyuma y’amarushanwa y’isi mu mukino wa judo muri 2013.

Bisobanute ko ugomba kwitega ko abanya Brezili bazabaha urufaya rw’amashyi igihe bazaba bagiye kurushanwa.

4. Bafite abafana kuri Ssame Street

Ku wa Kane, Grover, yateguwe agakino gakunzwe cyane kazwi nka Sesame Street, kavuga inkuru z’abana, karimo ubutumwa bukora ku mutima bushyigikiye ikipe y’impunzi.

Grover yavuze ko “ikipe idasanzwe” ikeneye ubufasha bw’abana kubera umuhate ndetse n’ubutwari bwazo.

5. Ariko ntubitegeho icyizere cy’imidari..

Nta gushidikanya ko abakinnyi ba ROT bari i Rio babikwiye.

Ariko rero n’ubwo byaba ari byiza kubona umwe muri bo atwara umudari, ntutegereze ko bizaba kuko biragoye cyane.

Muri bo nta n’umwe uri no hafi yo kuba ku rutonde rw’abakinnyi 10 mu mikino bakina. Ubwo rero kubona umudari byasaba ugutungurana gukomeye cyane.

Dore urutonde rw’abakinnyi b’impunzi.

• Rami Anis (Gabo): Igihugu cy’amavuko – Siriya; Igihugu abamo- Ububiligi; umukino- koga

•Yiech Pur Biel (Gabo): Igihugu cy’amavuko – Sudani y’Epfo; Igihugu abamo – Kenya; umukino – asiganwa muri metero 800

•James Nyang Chiengjiek (Gabo): Igihugu cy’amavuko- Sudani y’Epfo; Igihugu abamo – Kenya; umukino – asiganwa muri metero 400

•Yonas Kinde (Gabo): Igihugu cy’amavuko – Eiyopiya; Igihugu abamo – Luxembourg; umukino- asiganwa muri marato, (marathon)

•Anjelina Nada Lohalith (Gore): Igihugu cy’amavuko – Sudani y’Epfo; Igihugu abamo – Kenya; umukino- asiganwa muri metero 1500

•Rose Nathike Lokonyen (Gore): Igihugu cy’amavuko – Sudani y’Epfo; Igihugu abamo- Kenya; umukino – asiganwa muri metero 800

•Paulo Amotun Lokoro (Gabo): Igihugu cy’amavuko – Sudani y’Epfo; Igihugu abamo – Kenya; umukino – asiganwa muri metero 1500

•Yolande Bukasa Mabika (Gore): Igihugu cy’amavuko- Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; Igihugu abamo – Brezili; umukino – judo, -kg70

•Yusra Mardini (Gore): Igihugu cy’amavukoo – Siriya; Igihugu abamo – Ubudage; umukino – koga

•Popole Misenga (Gabo): Igihugu cy’amavuko- Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; Igihugu abamo – Brezili; umukino – judo, -kg90

Ntakirutimana Alfred

2016-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igikombe cy’Isi 2022: U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Kenya

Igikombe cy’Isi 2022: U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Kenya

Ubwanditsi 22 Jan 2020
CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

Ubwanditsi 05 Jul 2019
Umutoza w’Amavubi  amaze kwirukanwa (yavuguruwe)

Umutoza w’Amavubi amaze kwirukanwa (yavuguruwe)

Ubwanditsi 18 Aug 2016
AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Ubwanditsi 09 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame
Amakuru

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

Ubwanditsi 31 Oct 2022
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika
Amakuru

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani
UBUKUNGU

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru