• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Police Handball Club yatangiye imyiteguro y’imikino ya nyuma ya Shampiyona

Police Handball Club yatangiye imyiteguro y’imikino ya nyuma ya Shampiyona

Ubwanditsi 15 Aug 2016 IMIKINO

Ikipe y’Umukino w’Intoki ya Polisi y’u Rwanda (Police Handball Club) yasubukuye imyitozo kugira ngo yitegure neza imikino ya Shampiyona isigaje gukina.

Irushanwa ryahagaritswe kubera imikino yitabiriwe na APR Handball Club ihuza amakipe y’igisirikare yo mu bihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC Military Games).

Umutoza wa Police Handball Club, Assistant Inspector of Police (AIP) Antoine Ntabanganyimana yavuze ko basubukuye imyitozo kugira ngo bitegure neza umukino uzabahuza mu kwezi gutaha n’Ikipe ya College Inyemeramihigo, iri shuri ryisumbuye rikaba riri mu karere ka Rubavu.

Police Handball Club isigaje gukina imikino itanu harino uwa nyuma uzayihuza n’iyirya isataburenge ari yo APR Handball Club.

Indi mikino harimo uzayihuza n’Ishuri ryisumbuye ry’Urumuri riri mu karere ka Karongi n’uzayihuza na Kaminuza y’u Rwanda – Ishami ryayo ry’Uburezi (UR-College of Education) n’Ishami ryayo rya Huye (UR-CASS).

Mu mikino 13 imaze gukina, Police Handball Club ifite amanota 39, ikaba irusha APR Handball Club amanota abiri.

AIP Ntabanganyimana yagize ati:” Duha agaciro buri mukino. Ni yo mpamvu dukina dufite intego yo gutsinda buri mukino ku buryo tuzigama amanota menshi; kandi ibyo tuzabiharanira kugeza ku mukino wa nyuma.”

Yakomeje agira ati:” Twatangiye imyitozo hakiri kare kugira ngo twitegure neza umukino uzaduhuza na APR Handball Club itugwa mu ntege ndetse n’indi izawubanziriza.”

Mu cyiciro cya mbere Police Handball Club yatsinze APR Handball Club ibitego 23 kuri 21.

-3681.jpg

Shampiyona enye zishize zatwawe na Police Handbal Club, naho mu ya 2015-2016 imaze gutwara ibikombe bitandatu birimo icy’ Umunsi Mukuru wo kwibohora (Heroes Day Cup), icy’Irushanwa Mpuzamahanga ryo Kwibuka abakinnyi, abafana n’abakunzi b’uyu mukino bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (International Genocide Memorial Cup), icy’amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byo mu karere ka Afurika yo Hagati no mu Burasirazuba, (East and Central African Handball Federation Cup), n’icy’amarushanwa abera ku , z’amazi -ku mucanga (Beach Tournament).

RNP

2016-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 17 Oct 2021
APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

Ubwanditsi 19 Jul 2024
AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

AS Kigali WFC yatsinze Inyemera WFC ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Ubwanditsi 16 Mar 2024
APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Ubwanditsi 06 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame mu bitabiriye ’Car free Day’ kuri iki cyumweru tariki ya 5/5
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame mu bitabiriye ’Car free Day’ kuri iki cyumweru tariki ya 5/5

Ubwanditsi 05 May 2019
M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri
Amakuru

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Ubwanditsi 10 Feb 2024
Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana
Mu Rwanda

Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Ubwanditsi 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru