• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Rayon Sports inganyije na As Kigali 1-1 itakaza umwanya wa Kabiri wafashwe na Kiyovu SC

Ubwanditsi 12 Mar 2023 Amakuru, IMIKINO

Ubwo hakinwaga umunsi wa 23 wa Shampiona y’u Rwanda mu kiciro cya mbere, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na As Kigali 1-1, bityo itakaza umwanya wa Kabiri wahise ufatwa na Kiyovu SC yo yatsinze Etincelles FC 2-1.

Mu mukino wabereye mu karere ka Bugesera, ikipe ya As Kigali niyo yari yakiriye uyu mukino w’umunsi wa 23 wa Primus National League, warangiye amakipe yombi aguye miswi ku gitego kimwe kuri kimwe.

Rayon Sports izwi nka Gikundiro niyo yafunguye amazamu ubwo hari ku munota wa  22 w’umukino, ni igitego cyatsinzwe na Rutahizamu wayo ukomoka mu gihugu cga Uganda, Joackiam Ojera.

As Kigali yari yakiriye uyu mukino yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe n’umunya Kenya Laurence Djuma ubwo hari ku munota wa 68, bityo umukino urangira amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe.

Kunganya kw’aya makipe yombi byatumye ikipe ya Rayon Sports itakaza umwanya wa Kabiri wahise ufatwa na Kiyovu SC yo yatsinze ikipe ya Etincelles FC ibitego 2-1.

Hari mu mukino wabereye kuri Sitade Umuganda aho ikipe ya Kiyovu SC yari yasuye yinjiye mu mukino neza ibana igitego cyatsinzwe na Muhozi Fred naho icyatanze intsinzi gitsindwa na Iradukunda Bertrand.

Mu wundi mukino wabaye kuri uyu munsi, Musanze FC ibifashijwemo na Ntijyinama Patrick uzwi nka Mbogamizi watsinze igitego kimwe cyabonetse mu mukino iyi kipe yo mu majyaruguru y’u Rwanda yatsinze Gorilla FC.

Kugeza ubu urutonde rwa Shampiona ruyobowe na APR FC ifite amanota 49, irakurikirwa na Kiyovu SC yo ifite amanota 46 naho As Kigali iri ku mwanya wa kane n’amanota 45.

Ikipe ya Marine FC iri ku mwanya wa 15 naho ikipe ihagarariye akarere ka Rusizi ariyo ya Espoir FC irisanga ku mwanya wa nyuma wa 16 n’amanota 14.

Uko imikino y’umunsi wa 23  yagenze:

Rutsiro FC 4-0 Espoir FC

Gasogi United 2-2 Rwamagana City

Marine FC 2-3 APR FC

Mukura VS 2-1 Sunrise FC

Bugesera FC 2-1 Police FC

AS Kigali 1-1 Rayon Sports

Etincelles FC 1-2 Kiyovu SC

Musanze FC 1-0 Gorilla FC

2023-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Ubwanditsi 24 May 2021
1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Ubwanditsi 24 Dec 2024
U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge

U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge

RUSHYASHYA 21 Apr 2026
U Rwanda rugiye kwakira ibihugu 11 mu irushanwa rya Tennis ryiswe “Billie Jean Cup2023” mu Bagore

U Rwanda rugiye kwakira ibihugu 11 mu irushanwa rya Tennis ryiswe “Billie Jean Cup2023” mu Bagore

Ubwanditsi 02 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania
POLITIKI

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye
Mu Mahanga

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA
Amakuru

Rwamagana: abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro mu rugamba rwo guhangana na Virusi itera SIDA

Ubwanditsi 07 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru