• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Korea ya Ruguru yise ‘ubucucu’ amagambo ya Visi Perezida wa Amerika

Ubwanditsi 24 May 2018 POLITIKI

Umwe mu bayobozi bakuru muri Korea ya Ruguru yamaganye amagambo ya Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pence, avuga ko ari ‘ubucucu’, bikomeza gushyira igihu ku biganiro biteganywa hagati y’abayobozi b’ibihugu byombi.

Minisitiri wungirije w’ububanyi n’amahanga, Choe Son-hui, yavuze ko Pyongyang “itingingiriza” ibiganiro hagati y’ibi bihugu ndetse avuga ko ibikorwa by’intwaro za kirimbuzi bizakomeza igihe ibya dipolomasi bizaba binaniranye.

Mu nkuru yatangajwe n’ikinyamakuru cya leta, KCNA, yavuze ko Visi Perezida Pence yavuze amagambo “atagenzuwe kandi arimo ukubahuka” mu minsi ishize, harimo aho yavuze ko Korea ya Ruguru “ishobora kurangira nka Libya.”

Aya magambo yakurikiye aheruka kuvugwa n’Umujyanama wa leta ya Amerika mu by’umutekano, John Bolton, yarakaje Korea ya Ruguru, ko icyo gihugu gishobora gukuriza uko byagenze kuri Libya ubwo cyangaga guhagarika ibikorwa by’intwaro kirimbuzi.

Uwahoze ayobora Libya, Muammar Gaddafi, mu 2003 yemeranyije n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi ko agiye guhagarika umugambi we wo kwigwizaho intwaro kugira ngo igihugu cye gikurirweho ibihano, gusa nyuma y’imyaka umunani yishwe n’inyeshyamba zishyigikiwe n’ibyo bihugu.

Choe Son-hui yikomye Visi Perezida Pence bitewe no kugereranya Korea ya Ruguru “igihugu gifite intwaro kirimbuzi, na Libya yari imaze kubaka utuntu duke ikajya idutaho umwanya.”

Yakomeje agira ati “Nk’umuntu uri kugira uruhare mu bikorwa bya Amerika, ntabwo nahisha ugutangara kwanjye kuri ayo magambo y’ubujiji n’ubucucu yaturutse mu kanwa ka Visi Perezida wa Amerika.”

Uyu mugore yavuze ko Pyongyang itari “kwingingiriza ibiganiro”, ati “niba Amerika izahura natwe mu cyumba cy’inama cyangwa mu myiyereko y’intwaro ku zindi, bizaterwa n’umwanzuro n’imyitwarire ya Leta Zunze ubumwe za Amerika.”

Mu minsi ishize impande zombi zatangaje ko ibiganiro bya Perezida Donald Trump na Kim Jong Un biteganyijwe kuwa 12 Kamena bishobora kwigizwa inyuma cyangwa bigasubikwa. Perezida Trump kuwa Kabiri we yavuze ko Korea ya Ruguru ifite ibintu igomba kuzuza kugira ngo ibiganiro bibashe gukomeza.

Ibi byatumye Minisitiri wungirije w’ububanyi n’amahanga wa Korea ya Ruguru avuga ko icyo gihugu gishobora kwivana mu nama zagombaga guhuza Trump na Kim.

Choe Son-hui ni umwe mu bantu ba hafi ba Perezida Kim Jong-un, ku buryo ayo magambo ari gufatwa nk’ayavuzwe n’uyu mugabo ubwe.

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

Ubwanditsi 17 Jul 2017
Perezida Donald Trump  Yasinye itegeko ryemerera inganda kohereza ibyuka mu kirere

Perezida Donald Trump Yasinye itegeko ryemerera inganda kohereza ibyuka mu kirere

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Ubwanditsi 04 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira
Amakuru

Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira

RUSHYASHYA 03 Dec 2025
Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina
Amakuru

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Mar 2023
Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12
Amakuru

Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Ubwanditsi 04 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru