• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Donald Trump Yasinye itegeko ryemerera inganda kohereza ibyuka mu kirere

Perezida Donald Trump Yasinye itegeko ryemerera inganda kohereza ibyuka mu kirere

Ubwanditsi 29 Mar 2017 POLITIKI

Perezida Donald Trump kuri uyu wa Kabiri byari biteganijwe ko asinya itegeko rihindura ibintu byinshi mubirigize. Iri tegeko ryasinywe na Obama ryategekaga ko inganda zo muri USA zigabanya ubwinshi bw’ibyuka zohereza mu kirere bigatuma kirushaho gushyuha. Trump ararihindura asinya iryorohereza inganda.

CNN ivuga ko umuvugizi wa Trump yavuze ko guhindura itegeko rigenga uko inganda zohereza ibyuka mu kirere bigamije guha abashoramari uburyo bwo gutangiza inganda nshya bityo abanyamerika bakabona akazi.

Gusinya iri tegeko ngo byerekana ko hari itandukaniro rinini hagati ya Trump na Obama ku byerekeye imicungire y’igabanyuka ry’ibyuka bihumanya ikirere bigatuma gishyuha.

Gushyuha kw’ikirere bigira ingaruka nyinshi ku isi kuko bituma urubura ruba ku mpera z’isi ruyonga bigatuma amazi aba menshi mu Nyanja bityo uturwa tumwe na tumwe tukaba twaratangiye kurengerwa.

Bituma kandi imvura igwa mu buryo budasanzwe mu duce dutandukanye tw’Isi bitewe n’imiterere idasanzwe imiyaga itembera mu kirere hirya no hino ku Isi.
Iyi miyaga hari ubwo ivamo indi ikomeye bita Ouragan isenya amazu, ikateza icyorezo mu bantu.

Umwe mu bategetsi bafatanyije na Trump yabwiye CNN ko USA ifite ubushobozi bwo kwirinda ingaruka z’ikirere kandi igaha n’abakozi bayo imirimo.

Iri tegeko Trump yasinye rizahindura byinshi kuri Politiki yo kubuza inganda mu kohereza ibyuka mu kirere(Clean Power Plant initiative), rizaburizamo kandi izindi ngamba Obama yari yarafashe mu kwirinda gucukura ibikorwamo Petelori n’ibindi bitanga ingufu zikoreshwa mu nganda n’ibindi.

Kuri Trump ngo USA ryose yakora byose, haba guha akazi abanyamerika kandi ikarinda ko abakozi bayo batakaza imirimo.

Hari abamagana ko icyemezo cya Trump bakavuga ko kizateza akaga abaturage ba USA mu bihe biri imbere.

Umwe muri bo ni Tom Steyer uyobora ikigo NexGen Climate. Avuga ko Trump ari kwangiza ibintu abireba atitaye ku ngaruka bizagira.

Ngo abikora agamije guha abashoramari nkawe akazi bityo bagakomeza kwangiza amazi n’ikirere kandi aribyo ubuzima bw’abantu bose bishingiyeho.

-6197.jpg

Kuva Perezida Donald Trump yatorwa mu Ugushyingo, 2016 hari ibyemezo yafashe bihindura ibyo Obama yari yarafashe muri ibyo icyamenyekanye cyane kikaba ari icyakumiraga abimukira bo mu bihugu bituwe n’Abasilamu.

2017-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Ubwanditsi 25 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yatsinze Congo Kinshasa
IMIKINO

Amavubi yatsinze Congo Kinshasa

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani
UBUKUNGU

Perezida Kagame yakeje iterambere ry’abikorera nk’umusaruro w’inama ihuza Afurika n’u Buyapani

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe
INKURU NYAMUKURU

Bombori Bombori muri RNC: Umwiryane mu bigarasha  bya RNC urakomeje, Benoit Umuhoza yasezerewe, Deo Nyiligira niwe utahiwe

Ubwanditsi 29 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru