• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Ubwanditsi 03 Mar 2019 POLITIKI

Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Mali, Ibrahim Boubacar Keïta bambitswe imidali y’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré, igihugu barimo aho bitabiriye iserukiramuco nyafurika rya sinema, FESPACO.

Perezida Kagame yageze i Ouagadougou kuri uyu wa Gatanu mu ruzinduko rw’amasaha 48, yitabiriye isozwa rya FESPACO, iserukiramuco u Rwanda rwitabiriye nk’umutumirwa w’icyubahiro.

Perezida Kaboré yashimye uruzinduko rwa Kagame, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ati “ruduteye ishema kandi rushimangira urwego rukomeye rw’umubano hagati ya Burkina Faso n’u Rwanda.”

Yakomeje ati “Muvandimwe Paul Kagame, tunejejwe no kuba wabibashije. Wakoze gusura igihugu cyacu cyiza. Wisange mu rugo i Ouagadougou.”

Mu izina ry’abaturage ba Burkina Faso, Perezida Paul Kagame na Ibrahim Boubacar Keïta, bambitswe umudali w’icyubahiro uzwi nka ‘Grand Croix de l’Ordre de l’Etalon.’

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye isangira ryatangiwemo iyi midali, Perezida Kagame yashimiye Kaboré, avuga ko uyu mudali awutuye abanyarwanda barimo kuzirikana urugendo rw’imyaka 25 yo kwiyubaka no kubaka igihugu, anawushingira ku bucuti burangwa hagati y’abaturage ba Burkina Faso n’u Rwanda.

Yagaragaje ko u Rwanda na Burkina Faso bifite byinshi bihuriyeho uhereye ku kudaheranwa n’ibibazo abaturage b’ibihugu byombi baciyemo n’uburyo biyemeje guharanira agaciro ka Afurika binyuze mu guteza imbere ibihugu n’umugabane.

Kagame yanashimiye Burkina Faso kuba yaratumiye u Rwanda nk’umushyitsi w’icyubahiro muri Fespaco, mu gihe iri serukiramuco ryizihiza imyaka 50 rimaze ritegurwa.

Yakomeje ati “Ndabyumva ko abanyarwanda bashobora kuba barikubye kabiri muri Ouagadougou mu cyumweru gishize mu kwifatanya n’abavandimwe baturutse mu bindi bihugu bya Afurika mu bikorwa bitandukanye bya Fespaco. Turi hano mu gusangira, kwiga no gufatanya n’abahanga muri sinema ku mugabane wacu. Nta hantu haba heza ho gusangirira ibyiza by’imico nyafurika nko muri FESPACO na hano muri Ouagadougou.”

Yagaragaje ko binyuze muri sinema, Afurika ifite imbaraga zo kuyobora imitekerereze y’Isi no kugaragaza ahari imbaraga cyangwa intege nke kandi bigahabwa agaciro bikwiye.

Yakomeje ati “Ntabwo dukwiye kunanirwa kubyaza umusaruro aya mahirwe. Mu gukorera hamwe, tuzakomeza gushyigikira uruganda rw’ubuhanzi, mu gukora ibihangano bifatika kandi bisobanuye byinshi mu bugeni, binahange imirimo myiza n’uburumbuke ku mugabane wacu.”

Perezida Kagame yavuze ko ibyo bizagirwamo uruhare na Perezida Ibrahim Boubacar Keïta, ufasha Afurika Yunze Ubumwe mu gukurikiranira hafi ibijyanye n’umuco n’umurage.

Perezida Kagame yanashimiye Kabore na Keïta, ko igihe ijwi ryabo ryari rikenewe mu gutoranya Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, bagize uruhare mu gushyigikira Louise Mushikiwabo, bikagaragaza ko Afurika ishyize hamwe ntacyo itageraho.

Yavuze ko hakenewe ko ubucuti hagati y’u Rwanda, Mali na Burkina Faso burenga abayobozi bukagera ku baturage babyo ndetse bugakwira umugabane wose.

FESPACO isozwa kuri uyu wa 2 Werurwe 2019, ni rimwe mu maserukiramuco ya sinema akomeye muri Afurika. Riba rimwe mu myaka ibiri, kuri iyi nshuro rikaba ryaratangiye tariki 23 Gashyantare 2019.

Muri iri serukiramuco u Rwanda rwagaragaje filime eshatu, Icyasha ya Clementine Dusabejambo nka filime ngufi; Mercy of the Jungle ya Joel Karekezi nka filime ndende n’Inanga, Keepers of the Tradition ya Jean-Claude Uwiringiyimana nka filime mbarankuru.

U Rwanda kandi rwaserukiwe n’Itorero ry’Igihugu Urukerereza, runitabira imurika ry’ibikorwa bya sinema, ubukerarugendo n’ishoramari. Muri iryo murika habayemo kwerekana filime zitandukanye n’ibiganiro mpaka ku iterambere rya sinema mu Rwanda.

Src : IGIHE

 

2019-03-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Icyizere ni cyose ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo ushobora gufata isura nshya

Icyizere ni cyose ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo ushobora gufata isura nshya

Ubwanditsi 27 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byari amarira menshi kuri Zari ndetse n’ Abana be mwishyingurwa ry’ uwahoze ari Umufasha we Ivan Ssemwanga
Mu Rwanda

Byari amarira menshi kuri Zari ndetse n’ Abana be mwishyingurwa ry’ uwahoze ari Umufasha we Ivan Ssemwanga

Ubwanditsi 30 May 2017
Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa   
INKURU NYAMUKURU

Muri 2010, Ingabire Victoire yemeje ko Joseph Ntawangundi yari muri Kenya mu gihe cya Jenoside nyuma Nyirubwite yemera ibyaha byose bya Jenoside aregwa  

Ubwanditsi 25 Jun 2020
CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8
IMIKINO

CAN 2019: Cameroun ifite igikombe giheruka na Misiri yakiriye irushanwa byasezerewe muri 1/8

Ubwanditsi 07 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru