• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Ubwanditsi 26 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kuva tariki 25 kugeza kuya 28 Ukuboza 1987, nibwo i Kampala muri Uganda habaye Kongere ya mbere ya FPR-INKOTANYI, yanemerejwemo ishingwa ry’uwo Muryango, waje no kubera u Rwanda UMUTABAZI.

Imyaka 37 irashize rero abanyabushishozi bashinze Umuryango waje kurengera uRwanda, ubu ruka rufite ibigwi mu ruhando rw’amahanga.

Nibyo, FPR-Inkotanyi ishingwa, intego yari ukubohora Abanyarwanda ku ngoyi y’amacakubiri n’ubujiji, ariko ntawari uzi ko mu myaka 3 gusa yari igiye gutangira kurwana inkundira, maze mu mvune itagira urugero, igashyira akadomo kuri Jenoside yakorerwaga Abatutsi. N’ikimenyimenyi, mu mahame yayo “kurwanya jenoside” byongewemo nyuma, imaze gukura u Rwanda mu mikaka y’abajenosideri.

Nibyo, mu ntego za FPR-Inkotanyi harimo guca icyitwa ubuhunzi, ariko ntawatekerezaga ko mu myaka 7 yagombaga gukurikiraho, bizasaba ibitambo no guhara ubuzima ngo ibihumbi byinshi bive mu bucakara bw’ubuhunzi bari barahejejwemo imyaka hafi 40. Inzira yahyirwaga imbere yari iya politiki, impunzi zigataha bidasabye kumena amaraso ya bamwe mu bana b’uRwanda.

Ingumba z’amatwi zakomeje kunangira umutima, zihambira ku ngengabitekerezo ya parimehutu, yo kwibeshya ko hari bamwe barusha abandi uburenganzira ku bunyarwanda, ndetse ahubwo no ku buzima. Ni abo biyemeza inzira y’umupanga n’inkongi, kugirango igihugu bacyiharire.

Izo mburamutima ntizari zizi cyangwa ntiziyumvishaga ko hari abandi Banyarwanda bazira ubwiko, biyemeje guhara ubyo bafite byose, birimo n’ubuto bwabo, ariko akarengane kagacika mu Rwanda.

Nguko uko muw’1990 hatangiye urugamba rwo kwibohora, maze muw’1994, mu Rwanda hataha inkuru nziza, ko Izamarere zitsinze urugamba, ba gapanga na ” Ntampongano” bakamburwa ijambo!

Izagishiye ishyanga zasubira mu ruhongore, abari mu bihuru bararuhuka, baraseka, baraseruka, ibikomere bitangira komorwa. Muri make umwijima wimukiye umucyo mu Rwanda, urugendo rwo kwihesha agaciro rutangira ubwo!

Aha rero niho duhera twemeza ko iyo hatavuka FPR-Inkotanyi, abenshi twari kuba turi ibituro, abandi tukiri ingaruzwamuheto mu Rwanda no mu mahanga. Dore ahakomoka igihango Abanyarwanda dufitanye n’Inkotanyi.

Erega, n’abadakunda FPR bayihora gusa umutima- mutindi. Bayiziza ko yabambuye ubuhangange n’ubudahangarwa wo guhangara ubuzima bw’abandi nta nkurikizi. Abo ni ba” Uzicondico” bicaga bagakiza, igihugu barakigize ingarigari yabo.

N’abadakunda FPR-Inkotanyi bazi neza ko ibahiga mu myumvire no mu migirire. Iyo barebye uburyo muw’1994 iki gihugu bagihinduye imva n’ amatongo gusa, mu myaka 30 yonyine kikaba gihamije ibirindiro, byanze bikunze ubwenge buke bafite bubereka ikinyuranyo.

Uyu rero ni umwanya mwiza wo gushima inkomarume zatekereje gushinga Umuryango uzarengera uRwanda. Abakiriho n’abatabarutse, barimo abatanze ubuzima bwabo barengera ubwacu, tuzabavuga imyato ubudatuza. Ntibizagarukira aho ariko, tuzaharanira gutera ikirenge mu cyanyu, duharanira uRwanda rutubereye twese, kandi rufite ijabo n’ijambo mu ruhame rw’amahanga.

Ntituzatezuka ku kurwanira ubusugire n’agaciro byacu, kuko kwibohora ari uruganba rukomeza. Ubutwari bwo kwimana uRwanda bwaranze kandi bukiranga Inkotanyi, tuzaburaga ubuvivi n’ubuvivure, maze uRwanda rweme ubutadohoka.

2024-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Ubwanditsi 29 Jul 2020
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Ubwanditsi 17 Jun 2022
Mbere yo kwerekeza mu Misiri Ikipe y’Igihugu ya Handball yashyikirijwe ibendera

Mbere yo kwerekeza mu Misiri Ikipe y’Igihugu ya Handball yashyikirijwe ibendera

Ubwanditsi 09 Jan 2024
Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Burundi: Abantu Bitwaje Intwaro Batwitse Ibiro Bishinzwe Abinjira N’abasohoka N’amamodoka

Ubwanditsi 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?
INKURU NYAMUKURU

Kuki Museveni yanga u Rwanda akomokamo?

Ubwanditsi 28 Jul 2019
Afurika y’Epfo : Umwe mu bakekwaho kwica Dr. Dusabe Raymond yatawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Afurika y’Epfo : Umwe mu bakekwaho kwica Dr. Dusabe Raymond yatawe muri yombi

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda
Mu Mahanga

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru