• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Ubwanditsi 26 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Kuva tariki 25 kugeza kuya 28 Ukuboza 1987, nibwo i Kampala muri Uganda habaye Kongere ya mbere ya FPR-INKOTANYI, yanemerejwemo ishingwa ry’uwo Muryango, waje no kubera u Rwanda UMUTABAZI.

Imyaka 37 irashize rero abanyabushishozi bashinze Umuryango waje kurengera uRwanda, ubu ruka rufite ibigwi mu ruhando rw’amahanga.

Nibyo, FPR-Inkotanyi ishingwa, intego yari ukubohora Abanyarwanda ku ngoyi y’amacakubiri n’ubujiji, ariko ntawari uzi ko mu myaka 3 gusa yari igiye gutangira kurwana inkundira, maze mu mvune itagira urugero, igashyira akadomo kuri Jenoside yakorerwaga Abatutsi. N’ikimenyimenyi, mu mahame yayo “kurwanya jenoside” byongewemo nyuma, imaze gukura u Rwanda mu mikaka y’abajenosideri.

Nibyo, mu ntego za FPR-Inkotanyi harimo guca icyitwa ubuhunzi, ariko ntawatekerezaga ko mu myaka 7 yagombaga gukurikiraho, bizasaba ibitambo no guhara ubuzima ngo ibihumbi byinshi bive mu bucakara bw’ubuhunzi bari barahejejwemo imyaka hafi 40. Inzira yahyirwaga imbere yari iya politiki, impunzi zigataha bidasabye kumena amaraso ya bamwe mu bana b’uRwanda.

Ingumba z’amatwi zakomeje kunangira umutima, zihambira ku ngengabitekerezo ya parimehutu, yo kwibeshya ko hari bamwe barusha abandi uburenganzira ku bunyarwanda, ndetse ahubwo no ku buzima. Ni abo biyemeza inzira y’umupanga n’inkongi, kugirango igihugu bacyiharire.

Izo mburamutima ntizari zizi cyangwa ntiziyumvishaga ko hari abandi Banyarwanda bazira ubwiko, biyemeje guhara ubyo bafite byose, birimo n’ubuto bwabo, ariko akarengane kagacika mu Rwanda.

Nguko uko muw’1990 hatangiye urugamba rwo kwibohora, maze muw’1994, mu Rwanda hataha inkuru nziza, ko Izamarere zitsinze urugamba, ba gapanga na ” Ntampongano” bakamburwa ijambo!

Izagishiye ishyanga zasubira mu ruhongore, abari mu bihuru bararuhuka, baraseka, baraseruka, ibikomere bitangira komorwa. Muri make umwijima wimukiye umucyo mu Rwanda, urugendo rwo kwihesha agaciro rutangira ubwo!

Aha rero niho duhera twemeza ko iyo hatavuka FPR-Inkotanyi, abenshi twari kuba turi ibituro, abandi tukiri ingaruzwamuheto mu Rwanda no mu mahanga. Dore ahakomoka igihango Abanyarwanda dufitanye n’Inkotanyi.

Erega, n’abadakunda FPR bayihora gusa umutima- mutindi. Bayiziza ko yabambuye ubuhangange n’ubudahangarwa wo guhangara ubuzima bw’abandi nta nkurikizi. Abo ni ba” Uzicondico” bicaga bagakiza, igihugu barakigize ingarigari yabo.

N’abadakunda FPR-Inkotanyi bazi neza ko ibahiga mu myumvire no mu migirire. Iyo barebye uburyo muw’1994 iki gihugu bagihinduye imva n’ amatongo gusa, mu myaka 30 yonyine kikaba gihamije ibirindiro, byanze bikunze ubwenge buke bafite bubereka ikinyuranyo.

Uyu rero ni umwanya mwiza wo gushima inkomarume zatekereje gushinga Umuryango uzarengera uRwanda. Abakiriho n’abatabarutse, barimo abatanze ubuzima bwabo barengera ubwacu, tuzabavuga imyato ubudatuza. Ntibizagarukira aho ariko, tuzaharanira gutera ikirenge mu cyanyu, duharanira uRwanda rutubereye twese, kandi rufite ijabo n’ijambo mu ruhame rw’amahanga.

Ntituzatezuka ku kurwanira ubusugire n’agaciro byacu, kuko kwibohora ari uruganba rukomeza. Ubutwari bwo kwimana uRwanda bwaranze kandi bukiranga Inkotanyi, tuzaburaga ubuvivi n’ubuvivure, maze uRwanda rweme ubutadohoka.

2024-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Ubwanditsi 21 Aug 2019
Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ubwanditsi 03 Nov 2021
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora
Mu Mahanga

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ubwanditsi 20 Mar 2016
Amavubi yitegura guhura na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, akomeje imyiteguro n’abakinnyi bose bahamagawe
Amakuru

Amavubi yitegura guhura na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, akomeje imyiteguro n’abakinnyi bose bahamagawe

Ubwanditsi 18 Mar 2025
Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr Louis Butare wari Umuyobozi wa RAB yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru