• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Ubwanditsi 20 Jun 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu Burundi umuriro wongeye kwaka nyuma  y’aho Perezida Petero Nkurunziza uyoboye Uburundi waherukaga gutangaza ko atazigera yiyemeza kwiyamamaza,ngo yavuye ku izima atangariza abayoboke b’ishyaka rye CNDD FDD ko ashaka kwisubiraho bamwe barabyishimira abandi barabirwanya cyane byatumye bamwe biyemeza gushinga ishyaka ryabo bakaryita PPD.

Nkuko amakuru dukesha Urunani rw’ibimenyeshamakuru abitangaza, Perezida Nkurunziza yavuze ko yafashe umwanzuro wo kongera kwiyamamariza kuyobora Uburundi kugira ngo ahangane n’ishyaka CNL rya Agathon Rwasa rifite abayoboke benshi cyane.

Abayoboke ba CNDD FDD bamwe batunguwe n’iki cyemezo cya Nkurunziza gusa ngo abenshi babyishimiye bakoma amashyi abandi bake barababara niko guhita bashaka uko bakwigobotora CNDD FDD bagashinga ishyaka ryabo rya PPD.

Mu mwaka wa 2015,benshi mu Barundi baturuka mu mashyaka atandukanye, amadini n’abari mu mashyirahamwe adafite aho yegamiye muri politiki, barimo n’abo mu ishyaka rya CNDD-FDD, bamaganye umugambi wa Nkurunziza wo kwica amasezerano ya Arusha,akitoza manda ya 3 gusa byarangiye ayoboye.

Amatora y’umukuru w’igihugu mu Burundi ateganyijwe mu mwaka utaha  wa 2020 aho mu minsi ishize byavuzwe ko Nkurunziza yashakaga ko umugore we Denise Bucumi ariwe wamusimbura ku butegetsi, abandi bavuga Hon. Révérien Ndikuriyo ukuriye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Burundi FFB.

Muri Werurwe 2018 , ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Pierre Nkurunziza ryatangaje ko rimugize Umuyobozi waryo w’Ikirenga w’Iteka (Guide Permanet).

Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama y’iminsi ibiri y’abayobozi bakuru b’ishyaka CNDD-FDD yabaye kuwa 09 -10 Werurwe, 2018, ibera ku ivuko rya Perezida Nkurunziza mu majyaruguru y’u Burundi, ho muntara ya Ngozi .

Mu itangazo ryasohowe nabagize ubuyobozi bukuru bwa CNDD-FDD, rigashyirwaho umukono na General Evariste Ndayishimiye rivuga ko “Hagendewe ku intambwe ishimishije Perezida Nkurunziza yagejeje k’u Burundi, Ubuyobozi bw’ishyaka bwafashe umwanzuro w’uko Perezida Pierre Nkurunziza ari Umuyobozi w’Ikirenge w’Iteka w’ishyaka ryacu. Ni mukuru wacu (imfura), akaba Papa wacu, umujyanama wacu, nta muntu n’umwe wakwigereranya nawe mu ishyaka CNDD-FDD.”

Hari umwe mu bayobozi bo hejuru b’ishyaka CNDD-FDD wabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa “AFP” ko ibyo bakoze atari ukwigana Kim Il Sung muri Koreya y’Amajyaruguru.

Ku rundi ruhande ariko hari ababibonaga nk’intambwe yo kugira Perezida Nkurunziza nk’umwami w’u Burundi none imvugo ibaye ingiro.

2019-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026
Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Ubwanditsi 29 Apr 2018
“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

RUSHYASHYA 01 Jun 2026

Igitekerezo kimwe

  1. MBARUBUKEYE Jean Claude
    June 20, 20194:02 pm -

    Mbega byendagusetsa!Peter NKURUNZIZA ndumva abaye RUDASUMBWA w’abarundi!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana
ITOHOZA

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Ubwanditsi 06 Oct 2018
Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye  muri Uganda  bagaruwe mu Rwanda
Mu Rwanda

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Jul 2016
Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari,  anaganira n’abacuruzi
Mu Rwanda

Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari, anaganira n’abacuruzi

Ubwanditsi 25 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru