• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 06 Jun 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Clarisse Kayisire ni mwene Innocent Sharangabo wo mu karere ka Nyaruguru, mu Ntara y’amajyepfo. Ubu uwo mugore atuye Ottawa muri Canada, aho asigaye yiyita Ariane Mukundente, kugirango ajijishe abamubona ku mbuga nkoranyambaga, atuka Igihugu cyamubyaye, ari nako ashyigikira abajenosideri, kandi bitari bikwiye.

Ubwasama bwa Clarisse Kayisire yabutangiye akiri muto, dore ko yari yaranze kubana n’ababyeyi be, arabihakana kubera ko bari abakene. Ibi byatumye akurira kwa nyinawabo w’umubikila muri”Petites soeurs de Jesus”, ari nawe wamwishyuriye amashuri, ariko no mu biruhuko ntiyashoboraga kujya gusura iwabo muri Nyaruguru.

Benshi mu bavandimwe ba Clarisse Kayisire”Mukundente” barishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ari naho bitangariza abamuzi neza, bamubona mu bikorwa bishyigikira abajenosideri n’abayihakana bakanayipfobya, kandi yarahitanye abo mu muryango we. Ni akamaramaza wa mugani w’abaturanyi b’Abarundi!

Uyu mugore ugira isoni nke, ni umwe mu bakunda kwitabira ibiganiro bya Ingabire Victoire kuri “Zoom”, ndetse akanatangaza ko ashimishwa cyane no kuganira na Ingabire Victoire, ukibaza ikindi azamukomoraho uretse guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi uretse ubugome n’uburozi yirirwa atamika Abanyarwanda. Kuba Ingabire Victoire yarabaswe n’ingengabitekerezo ya jenoside, ntibibuza Clarisse Kayisire alias Ariane Mukundente, kumubyinirira ”Tantine”.

Ubwo uwitwa René Mugenzi, inkiko zo mu Bwongereza zamukatiraga urumukwiye amaze guhamwa n’ubujura, Clarisse Kayisire yabaye ku isonga mu gukusanya amafaranga yo kwishyura abanyamategeko ba René Mugenzi, atitaye ku kuba uyu Mugenzi nta kindi arisha uretse guharabika u Rwanda n’abayobozi barwo, akirirwa akwiza ko mu Rwanda habaye jenoside ebyiri.

Clarisse Kayisire ni umufana n’umufatanyabikorwa ukomeye wa Aimable Karasira, uyu utinyuka kuvuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi itateguwe, iyamamazamatwara iboze asangiye n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Aho Karasira afatiwe ngo aryozwe ayo mahano, Clarisse Kayisire yasimbukiye ku isunzu ry’inzu, ateza ubwega avuga ko Karasira ari “impirimbanyi ya demokarasi n’uburenganzira bwa muntu.”

Hari amakuru yizewe avuga ko Clarisse Kayisire ari umwe mu bohererezaga Aimable Karasira amafaranga kugirango akomeze yangize, dore ko ubwo RIB yasakaga urugo rwa Karasira yahasanze akavagari k’amadolari n’andi mafaranga akoreshwa mu mahanga, atashoboye gusobanura inkomoko yayo.

Ikibabaje nyamara, abavandimwe 2 ba Clarisse Kayisire barokotse, ntawavuga ko bihagije n’ubwo birwanaho. Nyamara mushiki wabo ntabareba n’irihumye, ahubwo amafaranga akayihera ababagize imfubyi. Umwe muri bo ubu aba i Kiziguro mu Ntara y’Uburasirazuba, akaba inyangamugayo cyane, ku buryo utamenya ko avukana n’uyu mugore gito. Ni bya bindi bavuga ngo”inda ibyara mweru na muhima”.

Iyo urebye imigirire ya Clarisse Kayisire n’iya musaza we, uhita ubona ari nka Robert Kajuga wari shefu w’Interahamwe zamaze Abatutsi, n’umuvandimwe we Wycliff Kajuga wahizwe n’izo nterahamwe, kubw’amahirwe akazirokoka!!

Rulinda Edmond Michel.
Umusomyi wa Rushyashya.

2021-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Ubwanditsi 02 Mar 2020
Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ubwanditsi 19 Feb 2022
Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho
ITOHOZA

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubwanditsi 07 Nov 2016
Abanyamahanga baba muri Afurika  y’Epfo barahigwa bukware
ITOHOZA

Abanyamahanga baba muri Afurika y’Epfo barahigwa bukware

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside
HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Ubwanditsi 28 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru