• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Ubwanditsi 14 Jun 2019 Mu Mahanga

Mu gihe cy’amezi atatu umupaka wa Gatuna ufunze, abacuruzi b’Abagande ngo bahombye abarirwa muri miliyari 178.6 z’amashilingi nk’uko byatangajwe n’Urwego rw’Abikorera muri Uganda (PSF-U).

Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi nshingwabikorwa wa PSF-U, Gideon Badagawa, ngo Uganda yasaruraga byibuze miliyoni zisaga 200 z’Amadolari buri mwaka avuye mu bucuruzi yakoranaga n’u Rwanda binyuze ku Mupaka wa Gatuna. Iki gihugu ngo byibuze buri kwezi kikaba kinjizaga miliyoni 16 z’amadolari zivuye muri ubu bucuruzi.

“Turi guhomba business. Nubwo politiki zaba zitari guhomba, abaturage bari guhomba imirimo yabo kandi ibi bigiye kurushaho kuba bibi niba iki kibazo kititaweho,” uyu ni Badagawa.

Uyu yongeyeho ko nyuma y’ifungwa ry’uyu mupaka kuwa 28 Gashyantare, abikorera muri Uganda bari basigaye binjiza abarirwa muri miliyoni 2 z’amadolari gusa ku kwezi.

Kuwa 28 Gashyantare nibwo u Rwanda rwafunze Umupaka wa Gatuna ruvuga ko hari imirimo yo kubaka umupaka uhuriweho na Uganda (One border Post)igiye kuhakorerwa. Ibi byagize ingaruka ku makamyo menshi yendaga kwinjira mu Rwanda bituma bayasaba gukoresha umupaka wa Kagitumba, urugendo rwiyongereyeho ibirometero 100.

Kuwa Mbere w’iki Cyumweru, Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje ko uyu Mupaka wa Gatuna wafunguwe by’agateganyo mu gihe cy’ibyumweru bibiri hasuzumwa ko imirimo y’ubwubatsi yakorwaga yagenze neza ku ruhande rw’u Rwanda.

Uyu muyobozi w’urwego rw’abikorera muri Uganda we arashinja ibihugu byombi gukina politiki ingaruka zayo zikora cyane ku bikorera.

Umuyobozi w’Akanama gashinzwe ibya Business ka EAC, Stuart Mwesigwa avuga ko ifungwa ry’umupaka ryateye Uganda igihombo gikabije kuko u Rwanda rwo rwari rusanzwe ari isoko ryiza kandi ribegereye.

Uyu ati: “Gufungura andi masoko byahenda, ni ugutangira bushya kandi bitahita bikorwa ubu. Twamaze gushora menshi mu kurema isoko rishya n’u Rwanda. Kujya gutangira bushya n’andi masoko ntabwo ari igisubizo kiza kuri ubu,”

Igihugu cya Uganda kandi cyakoreshaga u Rwanda nk’irembo rigana mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bisobanuye ko abacuruzi bagomba gushaka izindi nzira ndende kandi zihenze zo kugera kuri ayo masoko.

Ibigo bitandukanye nka Roofings, Hima Cement na Uganda Brewries Ltd n’ibindi bivuga ko byagize igihombo gikomeye kubera iki kibazo. Roofings ivuga ko ihomba miliyoni 4 z’amadolari buri kwezi, Hima Cement ihomba miliyoni 3,5$, mu gihe UBL ihomba miliyari 7 z’Amashilingi buri kwezi kwezi.

2019-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ubwanditsi 01 Jul 2021
Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Ubwanditsi 16 Nov 2022
Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Urubyiruko ruri ku rugerero rurakangurirwa kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 19 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye
POLITIKI

Uganda yashyikirije Congo bamwe mu bahoze muri M23 bari bahahungiye

Ubwanditsi 26 Feb 2019
Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC
Amakuru

Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC

Ubwanditsi 28 Apr 2023
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19
Amakuru

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Ubwanditsi 22 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru