• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

  • Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa   |   06 Mar 2026

  • Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse   |   06 Mar 2026

  • U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026   |   05 Mar 2026

  • Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze   |   05 Mar 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Ubwanditsi 28 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe kirekire atumvikana mu itangazamakuru, Joseph Sebarenzi, wigeze kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’U Rwanda, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 26 Nzeri yatanze ikiganiro muri Kaminuza ya Elon, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agaruka ku mateka y’urugendo rwe ava mu busharirirwe agana ku kubabarira abamwiciye umuryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Muri Nyakanga 1994 nibwo Joseph Sebarenzi ngo yakiriye telephone y’umuvandimwe we yahise ihindura ubuzima bwe iteka. Ababyeyi be n’abavandimwe barindwi bari biciwe muri jenoside nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga, thetimesnews.com ikomeza ivuga.

Ni Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye muri Mata ihagarikwa muri Nyakanga, mu minsi itageze ku ijana inzirakarengane zisaga miliyoni zikaba zarishwe zizira icyo zari zo.

Joseph Sebarenzi wabaga Ontario mu gihugu cya Canada icyo gihe, ngo yashenguwe bikomeye no kumva ibyabaye bimutera umujinya ndetse uburakari butangira kumugiraho ingaruka.

Ati: “Iyo ushaririwe, mu kuri byangiza ubuzima bwawe,”

Sebarenzi yavuze ko yahoranaga umutwe udakira no kuribwa mu gifu ndetse ntabashe gusinzira buri munsi yibaza ati: “Kuki bishe umuryango wanjye?”

Sebarenzi yibukije imvugo ivuga ko iyo uheranwe n’umujinya ari nko kunywa uburozi kandi uba wifuza ko umwanzi wawe yapfa.

Ngo nyuma y’amezi yakiriye ayo makuru, Sebarenzi yafashe icyemezo cyo kugaruka mu Rwanda, asanga amazu yarasenywe, abarokotse bari ku mbago, naho ibihumbi by’abagize uruhare mu bwicanyi bifunze.

Yavuze ko iyo ashaka kwihorera byari kuba ariko yahisemo kubabarira.

Bwana Joseph Sebarenzi yavuze ko yaje gusura gereza nyinshi zuzuyemo abagize uruhare muri jenoside, akaza kubona n’uwahoze ari burugumesitiri wa komini akomokamo kandi ngo wari inshuti y’umuryango we. Uyu ngo akaba yari afunzwe ashinjwa kuba yarategetse guhiga uwitwa Umututsi wese akicwa muri ako karere.

Uyu mugabo ngo yari arwaye kandi ababaye.

Sebarenzi ati: “Ubwo twavuganaga, uburakari bwose, ubusharirirwe bwose nari narumvise mu mwaka wari ushize byaragiye ukuntu mu gihe andi marangamutima yazamukaga gahoro gahoro mugirira impuhwe kubera uko yari ameze,”

Ngo yasigiye uwo mugabo amafaranga yo kugura ibyo kurya arangije aragenda ava kuri gereza.

Sebarenzi yakomeje abaza niba ibyo yakoze akababarira hari icyo byamumariye, yisubiza avuga ko byamufashije nta gushidikanya. Ati: “Byaramfashije cyane mu buzima bwanjye. Ubuzima bwanjye bwarivuguruye bigaragara.”

Yakomeje avuga ko ubu asigaye aryama agasinzira nk’urutare, atakiribwa umutwe n’igifu bya hato na hato ndetse ngo byamuzamuyemo gukunda abana bakiri bato.

Sebarenzi yabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko kuva mu 1997 kugeza mu 2000 nyuma gato ahunga igihugu.

Kuva ubwo yafashije benshi mu buzima bwabo bagiye bumva inkuru ze. Mu 2009 yanditse memoir yise “God Sleeps in Rwanda: A Journey of Transformation” ugenekereje mu Kinyarwanda wavuga “Imana irara I Rwanda: Urugendo rw’Impinduka”. Iki gitabo cye ariko abantu bahamya ko kirimo amakabyankuru ndetse n’amarangamutima ye.

2018-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa  KM 550 n’amaguru

Canada : Kizito Musabyimana yabashije kwikiza ‘TRAUMA’ agenze urugendo rwa KM 550 n’amaguru

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 24 Feb 2020

2 Ibitekerezo

  1. Ntareyekanwa
    September 29, 20183:09 pm -

    Pole sana Papa. Bwana yu nawe

    Subiza
  2. Peres
    October 9, 20188:20 am -

    Ko mutavuze se nuko yanditsemo uko yahunze??? Nibyo mwise amarangamutima Ye?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamakuru n’ishami ry’ubugenzacyaha bashyizeho ingamba zo kunoza imikoranire mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abanyamakuru n’ishami ry’ubugenzacyaha bashyizeho ingamba zo kunoza imikoranire mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo
Mu Mahanga

Zari ari kubyinira ku rukoma kubera ibihe mukeba we Hamisa Mobetto arimo

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Gereza ya Kimironko imfungwa zikomeje gutoroka kubera uburangare
ITOHOZA

Gereza ya Kimironko imfungwa zikomeje gutoroka kubera uburangare

Ubwanditsi 27 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru