• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush
Julius Hakiza Umuvugizi wa Polisi muri Hoima

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush

Ubwanditsi 08 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Polisi mu gace ka Hoima yataye muri yombi umugabo w’imyaka 50 watekeye umutwe abo mu muryango we ababwira ko yashimuswe bityo abamushimuse bakaba bashaka ingurane y’amashiligi ya Uganda miliyoni 2.Uyu mugabo ni uwo ahitwa Bwikya, mu gace ka Mparo muri Hoima yavuye iwe ku wa kane w’icyumweru gishize, bukeye ku wa gatanu afata telefoni ye ahamagara umugore we amubwira ko yashimuswe n’abagizi ba nabi bifuza ingwate kugira ngo bamurekure.

Polisi ya Uganda mu gace kabereyemo ibi itangaza ko uyu mugabo yabeshyaga ko abamushimuse bashaka miliyoni ebyiri z’amashilingi ya Uganda.

Umugore we yahise agira ubwoba akimara kumva iyo nkuru. Umuvugizi wa Polisi muri kariya gace Julius Hakiza avuga ko abavandimwe b’uriya mugabo n’inshuti bahise bishyira hamwe bakusanya miliyoni ebyiri z’amashilingi bayohereza kuri nomero ya telefoni ya wa mugabo.

Gusa abo mu muryango we bakomeje gushakisha amakuru ye nubwo bari bamaze gutanga amafaranga ngo arekurwe.

Inzego za Polisi zafashije gushakisha uyu mugabo utatangajwe amazina ye zivuga ko byageraga nijoro cyangwa mu rukerera akava ahitwa Hoima akajya Kyankwanzi akoresheje ipikipiki yari yakodesheje.

Ku cyumweru nijoro, uyu mugabo yafatiwe mu gace kitwa Butebere, ahitwa Buhanika muri Hoima.

Polisi yaje gusanga we n’anshuti bari mu birori bishimiye ko abamushimuse bamurekuye.

Umuvugizi wa Polisi, Hakiza yatangaje ko uyu mugabo yasanganywe miliyoni 1,5 z’amashilingi muri ya mafaranga yari yohererejwe n’abavandimwe n’inshuti.

Bivugwa ko yishyuye igice kimwe cy’ariya mafaranga umumotari wamuzengurukanaga muri ziriya ngendo ava aha ajya hariya muri turiya duce twavuze.

Polisi yatangaje ko uriya mugabo yahisemo guteka umutwe ko yashimuswe n’abagizi ba nabi kugira ngo abashe kubona amafaranga yo kwishyura umwenda yari afite mu kigo k’imari mu gace akomokamo ka Hoima.

Ubu afungiye kuri Polisi y’aho akomoka muri Hoima ashinjwa gushakisha amafaranga akayabona mu buryo budahwitse.

Inzego z’umutekano muri Uganda zihangayikishijwe n’ubwicanyi bwiyongera ku bantu bashimutwa n’abagizi ba nabi basaba amafaranga ngo babarekure.

Mu cyumweru gishize, umukobwa w’imyaka 28 witwa Susan Magara, yashyinguwe n’abo mu muryango bamusanze yapfuye nyuma yo gushimutwa n’abagizi ba nabi basabaga amafaranga tariki ya 7 Gashyantare 2018.

Uyu mukobwa yishwe n’abagizi ba nabi bamujugunya ku muhanda wa Entebbe nyuma yo kumumarana iminsi 20 yaraburiwe irengero.

2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FIBA Africa U-16 Zone V:  U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Urusaku rw’abafana ba Mwiseneza Josiane rwajegeje ahaberaga Miss Rwanda 2019 (Video)

Ubwanditsi 06 Jan 2019
CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 82

Umubare w’abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 82

Ubwanditsi 02 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere
UBUKUNGU

Perezida Kagame yavuze ko ubucuruzi hagati ya Afurika n’u Burusiya butanga icyizere

Ubwanditsi 25 Oct 2019
‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu
Mu Mahanga

‘Kiliziya Gatolika igiye gusabwa indishyi’ -Prof. Jean Pierre Dusingizemungu

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)
Amakuru

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Ubwanditsi 17 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru