• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

  • P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi   |   26 Jun 2026

  • Afhamia Lotfi wahoze atoza Rayon Sports na Mukura yasinye muri Gicumbi FC, ahabwa inshingano zo kugeza iyi kipe mu myana 6 ya mbere   |   25 Jun 2026

  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush
Julius Hakiza Umuvugizi wa Polisi muri Hoima

Uganda: Umugabo yabeshye abo mu muryango we ko yashimuswe abasaba miliyoni 2Ush

Ubwanditsi 08 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Polisi mu gace ka Hoima yataye muri yombi umugabo w’imyaka 50 watekeye umutwe abo mu muryango we ababwira ko yashimuswe bityo abamushimuse bakaba bashaka ingurane y’amashiligi ya Uganda miliyoni 2.Uyu mugabo ni uwo ahitwa Bwikya, mu gace ka Mparo muri Hoima yavuye iwe ku wa kane w’icyumweru gishize, bukeye ku wa gatanu afata telefoni ye ahamagara umugore we amubwira ko yashimuswe n’abagizi ba nabi bifuza ingwate kugira ngo bamurekure.

Polisi ya Uganda mu gace kabereyemo ibi itangaza ko uyu mugabo yabeshyaga ko abamushimuse bashaka miliyoni ebyiri z’amashilingi ya Uganda.

Umugore we yahise agira ubwoba akimara kumva iyo nkuru. Umuvugizi wa Polisi muri kariya gace Julius Hakiza avuga ko abavandimwe b’uriya mugabo n’inshuti bahise bishyira hamwe bakusanya miliyoni ebyiri z’amashilingi bayohereza kuri nomero ya telefoni ya wa mugabo.

Gusa abo mu muryango we bakomeje gushakisha amakuru ye nubwo bari bamaze gutanga amafaranga ngo arekurwe.

Inzego za Polisi zafashije gushakisha uyu mugabo utatangajwe amazina ye zivuga ko byageraga nijoro cyangwa mu rukerera akava ahitwa Hoima akajya Kyankwanzi akoresheje ipikipiki yari yakodesheje.

Ku cyumweru nijoro, uyu mugabo yafatiwe mu gace kitwa Butebere, ahitwa Buhanika muri Hoima.

Polisi yaje gusanga we n’anshuti bari mu birori bishimiye ko abamushimuse bamurekuye.

Umuvugizi wa Polisi, Hakiza yatangaje ko uyu mugabo yasanganywe miliyoni 1,5 z’amashilingi muri ya mafaranga yari yohererejwe n’abavandimwe n’inshuti.

Bivugwa ko yishyuye igice kimwe cy’ariya mafaranga umumotari wamuzengurukanaga muri ziriya ngendo ava aha ajya hariya muri turiya duce twavuze.

Polisi yatangaje ko uriya mugabo yahisemo guteka umutwe ko yashimuswe n’abagizi ba nabi kugira ngo abashe kubona amafaranga yo kwishyura umwenda yari afite mu kigo k’imari mu gace akomokamo ka Hoima.

Ubu afungiye kuri Polisi y’aho akomoka muri Hoima ashinjwa gushakisha amafaranga akayabona mu buryo budahwitse.

Inzego z’umutekano muri Uganda zihangayikishijwe n’ubwicanyi bwiyongera ku bantu bashimutwa n’abagizi ba nabi basaba amafaranga ngo babarekure.

Mu cyumweru gishize, umukobwa w’imyaka 28 witwa Susan Magara, yashyinguwe n’abo mu muryango bamusanze yapfuye nyuma yo gushimutwa n’abagizi ba nabi basabaga amafaranga tariki ya 7 Gashyantare 2018.

Uyu mukobwa yishwe n’abagizi ba nabi bamujugunya ku muhanda wa Entebbe nyuma yo kumumarana iminsi 20 yaraburiwe irengero.

2018-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Uganda : Umunyarwanda ufungiweyo  adafite amafaranga abyishyura gukubitwa

Ubwanditsi 19 Aug 2019
FDLR: Col Nizeyimana Evariste yahambaga abantu ari bazima

FDLR: Col Nizeyimana Evariste yahambaga abantu ari bazima

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Ubwanditsi 05 Apr 2018
RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Ni nde uzazibukira hagati y’ubutegetsi na Kiliziya gatolika?
POLITIKI

RDC: Ni nde uzazibukira hagati y’ubutegetsi na Kiliziya gatolika?

Ubwanditsi 26 Jan 2018
AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023
Amakuru

AMAFOTO – Nk’umutoza mukuru, Haringingo Francis yatangije imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports yitegura umwaka w’imikino wa 2022-2023

Ubwanditsi 23 Jul 2022
Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe  mu mujyi wa Kigali
IMIKINO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru