• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubwanditsi 07 Nov 2016 ITOHOZA

Rene Claude Mugenzi Alias Kirabiranya, n’umunyaRwanda kavukire ariko wavukiye mu Burusiya ahitwa Pyatigovski muli 1976, nubwo ubu akunda kuba Umwongereza kurusha Umwamikazi wabo.

Kuruhande rumwe ntashaka kuba Umunyarwanda ariko agashishikarizwa no kurwanya Leta y’Urwanda ubwe yifuza gutandukana nayo, ngo iyo umwise Umunyarwanda atabifitemo inyungu yaguhitana.

We ngo n’Umwongereza w’Umunyarwanda ntabwo ari Umunyarwanda w’Umwongereza.

Icyo dukwiye kumubaza gusa nuko abona aho imitekerereze nkiyo icyo izamufasha
cyane cyane ko politiki y’iburayi na Amerika isigaye yarakaze ku bantu nkawe biyomeka kumpu zabo. Batangiye gutahura no guta muri yombi abigira ba nyirigihugu kurusha ba kavukire, ikizakurikiraho ubwo muracyumva.

Ahubwo icyo dukwiye kwibaza niba umwongereza utuye Mu Rwanda nubwo yaba yarabonye ubwenegihugu bw’Urwanda, yatinyuka guhaguruka agashaka ibigambo by’ibihimbano kurwanya Leta y’Ubwongereza! Ese Leta y’Urwanda yabyemera!

Ahubwo ntiwasanga kibaye ikibazo cya Politike hashakishwa uburyo ni imfashanyo zihabwa Urwanda zafatirwa. Ntanubwo cyaba ikibazo kibihugu bibiri gusa, ahubwo cyafata intera mpuzamahanga.

Reka ibyo tube tubicumbikishije aha, Rene Mugenzi yaje kugira ibibazo bikomeye muriyi minsi biturutse kubusambo, no gukekwa ko yaba ari nkozi y’ibibi aho atuye.

Ibibazo bya Mugenzi byatangiye mbere gato aho akekwa kunyereza icyo yise infashanyo ya Foundation ya baringa yashyizeho. Ibintu byaje gukomera aho atangiye kubeshya ko afite umutekano mucye. Icyo gihe ngo yaba yarabonye abamurinda.

-4569.jpg

Rene Mugenzi

Ukuntu yiyemera rero abona biryoshye noneho ati sinaba umuntu ukomeye muriki gihugu. Ubwo atangira gushaka guhatanira umwanya w’Ubudepite. Nkuko bisanzwe iyo umuntu ashaka bene ubwo buyobozi aragenzurwa kugirango amenyekane neza.

Igenzura ryakozwe basanze hari ibyo yabeshye asaba ubwenegihugu. Yahishe icyo ise yakoraga mu Burusiya nuko yagiyeyo kuko yari azi ko byamukoraho.

Mu byukuri ise yari yaragiyeyo kuri buruse ya leta y’u Burusiya, yiga kuri Lumumba University, icyo gihe yarizwi cyane ko ari uburyo bwo gushaka abakorera urwego rw’iperereza rwaho rwari ruzwi nka KGB. Uwo muryango waje kugumayo igihe kirekire, bikaba byaramuteye impungenge ko bamukeka kuba yakorera urwo rwego rw’ubutasi bityo bikamuviramo kubura ubwenegihugu.

Hashize igihe kitari kirekire bitahuwe ko umwirondoro yatanze utari wuzuye, kandi byarakozwe kubwende bwe. Iki ni ikintu gikomeye cyane, kuko kutavugisha ukuri bituma utagirirwa ikizere, kandi ko mubyukuri hari ibyihishe inyuma.

Muzi uburyo ibihugu by’Ubwongereza n’Uburusiya bihangana cyane kubijyanye n’ubutasi hagati yabo. Abakuru bazi amateka y’ikirangirire cya sinema James Bond, byinshi ibyo byerekanarwa akora byari guhangana kw’izo nzego zabo z’ubutasi. Mwene wacu rero yakinishije ibidakinishwa, kubeshya warangiza ugashaka ubuyobozi. Ibyo arimo azabiryozwa niba bitazamukoraho.

Ibindi byamugaragayeho n’ubusambo no kunyereza umutungo w’icyo yise ishyirahamwe London Centre for Social Impact. Ngo amafaranga yose yabonye ayakuye mu bongereza yarayarigishije. Yavugaga ko agiye gufasha abatishoboye, agaharanira demokrasi. Ariko byaje kugaragaza ko mubyukuri yayakoresheje ubwe hamwe na murumuna we, ariko nawe ntiyishoboye, yarayifashishije! Icyo yaregwa n’ubutekamutwe, naho kutishobora byo n’ukuri.

Hari n’ubundi buriganya bugishakishwa gihamya kubijyanye n’amazina ye ndetse n’ayababyeyi yandikishije ageze mu Bwongereza, nabyo nibiboneka tuzabibagezaho.

Ibi byose bisobanuye ko aho bukera baramupakiza atahe iwabo, niba azajya mu burusiya ntawubizi, ariko Putin uri hariya ntiyamwemera, ubwo n’ugutaha mu Rwanda.

Ashatse yatangira gufunga utwangushye ntazabe nka Leopord Munyakazi wishinze Himbara, Rudasingwa naya nshoreke yabo Jennifer Frieberg.

Cyiza Davidson

2016-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Igisirikare cya Uganda cyafatiye M23 ibyemezo bikakaye

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Ubwanditsi 06 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi
IMIKINO

Ubugereki: Nyuma yo gutsinda igitego bakacyanga umuyobozi w’ikipe yitwa POAK yaragiye kurasa umusifuzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019
UBUKUNGU

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ubwanditsi 08 Jan 2020
“He attacked me and my family. ” Rusagara
Mu Mahanga

“He attacked me and my family. ” Rusagara

Ubwanditsi 11 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru