• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018 ITOHOZA

Uwahoze ari umukuru w’igipolisi cya Uganda, Gen Kale kayihura, yahakanye amakuru yise ay’ibinyoma amaze iminsi avuga ko yaba yarabujijwe gusohoka igihugu ngo ajye kwivuza.

Yabihakanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ubwo yegerwaga n’ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru abazwa kuri aya makuru maze asubiza agira ati: “Birumvikana ni ibinyoma, Sinigeze nsaba uwo ari we wese uruhushya rwo kujya hanze y’igihugu kwivuza.”

Mu kwezi kwa Werurwe uyu mwaka nibwo uyu musirikare wo ku rwego rwa general w’inyenyeri enye (Four-star General) yakuwe ku mirimo ye yo kuyobora igipolisi na perezida Museveni wa Uganda.

Nyuma yo gukurwa kuri uyu mwanya, hakurikiyeho inkuru nyinshi zitandukanye havugwa ko kumukura kuri uyu mwanya byari bikwiye, mu gihe abashyigikiye Kayihura bavugaga ko yagambaniwe n’abatari bamwishimiye.

Iyi nkuru ikaba ivuga ko kuva yakurwa mu mirimo ye, Gen Kale Kayihura aba ku ifamu ye iherereye Lyantonde aho yahise ajya mu mirimo y’ubuhinzi.

Mu minsi ishize ariko, hari hagiye hasohoka inkuru zivuga ko Kayihura yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Entebbe n’abashinzwe umutekano bakabanza kubaza ubuyobozi bwo hejuru niba bareka Kayihura akurira indege.

Mu kiganiro yahaye Chimpreports, Gen Kayihura yavuze ko hashize amezi menshi adakandagira ku kibuga cy’indege ndetse ngo no kujya kampala abikora gacye. Yongeyeho ko abatangaza aya makuru ari abagizi ba nabi.

Ahatiwe gusobanura niba koko nta burwayi afite, Gen Kayihura yasubije ko yiruka ibirometero 10 buri munsi. Ati: “Niruka ibirometero 10 buri munsi. Ndahinyuza abo bari kuvuga ko ndwaye bazaze mbereke ukuntu ndi fit.”

Yakomeje agira ati: “Mfite ubuzima buzira umuze.”

Abajijwe ikintu cyaba kimuhugije muri iyi minsi, yasubije ko ubu yibanze ku buhinzi agira ati: “Ndi mu buhinzi, nta gihe mfite cyo kugira aho njya”.

Yahatiwe kandi kugira icyo avuga ku kuba bamuretse agasohoka igihugu yahita atoroka, maze agaragara nk’utunguwe agira ati: “Ncika iki? N’iyo nshaka kugenda, kubera iki hagira umpagarika? Ayo makuru ava mu bantu bafite ibitekerezo by’ikibi. Uganda yahoze igira abantu beza. Aba bo barimo guturuka he?”

Ubuyobozi bw’ibibuga bw’indege nabwo bwagize icyo buvuga

Umuvugizi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe indege za gisivili (CAA), Vianney Luggya, nawe yahakanye ko Kayihura yabujijwe gufata urugendo rwo hanze y’igihugu.

Vianney Luggya  akaba yagize ati: “Inkuru yo kumwitambika ni ikinyoma. Ntabwo ari ukuri na gato,”

Mu minsi ishize ngo perezida Museveni yatangaje ko Kayihura ari umukada w’umwizerwa, bituma benshi bibaza aho uyu musirikare w’imyaka 62 yaba agiye koherezwa gukomereza akazi mu minsi iri imbere.

Gen Kale kayihura yize amasomo yo kuyobora ingabo muri Army Commander College y’ahitwa Nanjing mu Bushinwa, ayakomatanya n’amasomo yo kuyobora za brigade na batayo n’ibijyanye no gukemura amakimbirane muri Nasser Military Academy I Cairo mu Misiri.

Yanize kandi ibijyanye na Command and Staff Course muri Maxwell Air Force Base, I Montgomery muri Alabama ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2000 kugeza mu 2001.

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Ubwanditsi 09 May 2016
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi biyamamarizaga ubudepite Iburayi no mu Bubiligi batashye amaramasa

Ubwanditsi 10 Jun 2024
Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Ubwanditsi 21 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni  n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda
Mu Rwanda

Perezida Museveni n’Umuhungu we Kainerugaba bashimiye Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi
Mu Mahanga

Uganda: Abantu Bambaye Imyambaro Ya FARDC Barashe Abantu 3 Bashimuta Undi

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe
POLITIKI

Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe

Ubwanditsi 25 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru