• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018 ITOHOZA

Uwahoze ari umukuru w’igipolisi cya Uganda, Gen Kale kayihura, yahakanye amakuru yise ay’ibinyoma amaze iminsi avuga ko yaba yarabujijwe gusohoka igihugu ngo ajye kwivuza.

Yabihakanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ubwo yegerwaga n’ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru abazwa kuri aya makuru maze asubiza agira ati: “Birumvikana ni ibinyoma, Sinigeze nsaba uwo ari we wese uruhushya rwo kujya hanze y’igihugu kwivuza.”

Mu kwezi kwa Werurwe uyu mwaka nibwo uyu musirikare wo ku rwego rwa general w’inyenyeri enye (Four-star General) yakuwe ku mirimo ye yo kuyobora igipolisi na perezida Museveni wa Uganda.

Nyuma yo gukurwa kuri uyu mwanya, hakurikiyeho inkuru nyinshi zitandukanye havugwa ko kumukura kuri uyu mwanya byari bikwiye, mu gihe abashyigikiye Kayihura bavugaga ko yagambaniwe n’abatari bamwishimiye.

Iyi nkuru ikaba ivuga ko kuva yakurwa mu mirimo ye, Gen Kale Kayihura aba ku ifamu ye iherereye Lyantonde aho yahise ajya mu mirimo y’ubuhinzi.

Mu minsi ishize ariko, hari hagiye hasohoka inkuru zivuga ko Kayihura yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Entebbe n’abashinzwe umutekano bakabanza kubaza ubuyobozi bwo hejuru niba bareka Kayihura akurira indege.

Mu kiganiro yahaye Chimpreports, Gen Kayihura yavuze ko hashize amezi menshi adakandagira ku kibuga cy’indege ndetse ngo no kujya kampala abikora gacye. Yongeyeho ko abatangaza aya makuru ari abagizi ba nabi.

Ahatiwe gusobanura niba koko nta burwayi afite, Gen Kayihura yasubije ko yiruka ibirometero 10 buri munsi. Ati: “Niruka ibirometero 10 buri munsi. Ndahinyuza abo bari kuvuga ko ndwaye bazaze mbereke ukuntu ndi fit.”

Yakomeje agira ati: “Mfite ubuzima buzira umuze.”

Abajijwe ikintu cyaba kimuhugije muri iyi minsi, yasubije ko ubu yibanze ku buhinzi agira ati: “Ndi mu buhinzi, nta gihe mfite cyo kugira aho njya”.

Yahatiwe kandi kugira icyo avuga ku kuba bamuretse agasohoka igihugu yahita atoroka, maze agaragara nk’utunguwe agira ati: “Ncika iki? N’iyo nshaka kugenda, kubera iki hagira umpagarika? Ayo makuru ava mu bantu bafite ibitekerezo by’ikibi. Uganda yahoze igira abantu beza. Aba bo barimo guturuka he?”

Ubuyobozi bw’ibibuga bw’indege nabwo bwagize icyo buvuga

Umuvugizi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe indege za gisivili (CAA), Vianney Luggya, nawe yahakanye ko Kayihura yabujijwe gufata urugendo rwo hanze y’igihugu.

Vianney Luggya  akaba yagize ati: “Inkuru yo kumwitambika ni ikinyoma. Ntabwo ari ukuri na gato,”

Mu minsi ishize ngo perezida Museveni yatangaje ko Kayihura ari umukada w’umwizerwa, bituma benshi bibaza aho uyu musirikare w’imyaka 62 yaba agiye koherezwa gukomereza akazi mu minsi iri imbere.

Gen Kale kayihura yize amasomo yo kuyobora ingabo muri Army Commander College y’ahitwa Nanjing mu Bushinwa, ayakomatanya n’amasomo yo kuyobora za brigade na batayo n’ibijyanye no gukemura amakimbirane muri Nasser Military Academy I Cairo mu Misiri.

Yanize kandi ibijyanye na Command and Staff Course muri Maxwell Air Force Base, I Montgomery muri Alabama ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2000 kugeza mu 2001.

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi

Gitifu w’Akarere ka Gasabo yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 May 2018
Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Ubwanditsi 11 Aug 2016
CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Ubwanditsi 12 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine
POLITIKI

Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na New African Magazine

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi
POLITIKI

Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Police FC yasinyishije abakinnyi 3 bashya barimo Migi, inongerera amasezerano Rutanga Eric na Patrick Sibomana, abarimo Tuyisenge Jeacques barategerejwe
Amakuru

Police FC yasinyishije abakinnyi 3 bashya barimo Migi, inongerera amasezerano Rutanga Eric na Patrick Sibomana, abarimo Tuyisenge Jeacques barategerejwe

Ubwanditsi 26 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru