• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Ubwanditsi 21 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru dukesha inzego zinyuranye, zirimo n’ingabo za Loni ziri muri Kongo, arahamya ko abarwanyi ba AFC/M23, umutwe uharanira uburenganzira bw’Abakongomani, by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 21 Mutarama 2025, bigaruriye umujyi wa Minova, wo muri Teritwari ya Kalehe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ayo makuru kandi yanemejwe na Guverineri w’iyo ntara, Jean-Jacques Purusi.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga arerekana ibihumbi byinshi by’abaturage ba Minova bakirana ubwuzu abo barwanyi ba M23, dore ko umwe mu bayoboye imirwano yafashe Minova, Col Nsabimana, anakomoka muri ako gace.

Si muri Minova bishimiye abo bise “abatabazi”, kuko no mu mujyi wa Goma humvikanye abaturage basaba ko M23 yabanguka nabo ikabamururaho ingabo za Leta, zifatanya n’iza SADC, iz’Abarundi, abacancuro, Wazalendo na FDLR, kubahohotera. Ni amajwi n’amashusho byatambutse mu bitangazamakuru bikorera mu burasirazuba bwa Kongo no ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

Minova ni umujyi munini w’ubucuruzi uri ku Kiyaga cya Kivu, ukaba wari urinzwe cyane n’abasirikari b’Abarundi ndetse n’abajenosideri ba FDLR.

Ifatwa rya Minova rero rirushijeho gushyira mu kato Goma, iherereye mu bilometero 40 gusa uvuye Minova. Kugeza ubu umuhanda Minova-Sake-Goma niwo gusa wahuzaga intara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, ukaba ariwo wari usigaye wifashishwaga cyane mu kugemurira Goma ibiribwa, ndetse no kugeza ibikoresho n’abasirikari mu duce Leta ikigenzura muri Kivu y’Amajyaruguru.

Kuva Minova igiye mu maboko ya M23, bivuze mu ngendo hagati ya Bukavu na Goma, uruhande rwa Leta rusigaranye gusa inzira y’ikirere n’iy’amazi, ariko rukaba rutakwizera neza umutekano cyane cyane mu gukoresha amazi y’ikiyaga cya Kivu, kuko M23 ubu igenzura igice kinini cy’ icyo kiyaga.

Ifatwa rya Minova kandi rishobora guhindura isura y’intambara hagati ya Leta ya Kongo na M23, kuko nk’ikibuga cy’indege cya Kavumu cyagurukirwagaho indege zijya kurwanya M23, nacyo gishobora gufatwa mu gihe gito cyangwa kikabuzwa gukora cyisanzuye

Ikindi, ni ubwa mbere uyu mutwe ufashe agace ko muri Kivu y’Amajyepfo, ahasanzwe havugwa imirwano ishyamiranyije igisirikari cya Leta n’umutwe wa “TWIRWANEHO” wa Gen. Makanika, uvuga ko urengera ubuzima bw’Abanyamulenge. Biroroshye rero ko M23 na Twirwaneho byahuza imbaraga bikarwanya umwanzi umwe, aribwo butegetsi bwa Tshisekedi n’ababushyigikiye.

Ikidashidikanywaho ni uko kwinjira kwa M23 muri Kivu y’Amajyepfo bizakoma mu nkokora igihugu cy’uBurundi, cyahanyuzaga abasirikari n’intwaro mu kujya kurwanirira Tshisekedi. Kuba M23 kandi igenda isatira umupaka w’uBurundi, birumvikana ko bitazaha umutuzo ubutegetsi bwa Gen. NEVA, ugiye guhora yikanga ko M23 yamuha isomo ryo kutivanga mu bibazo bitamureba.

Hagati aho, amakuru dukesha Reuters na BBC aravuga ko, kuri uyu wa kabiri, urusaku rw’imbunda ziremereye rwumvikanye mu misozi ikikije umujyi wa Sake, ndetse no mu gace ka Mugunga kari mu burengerazuba bw’umujyi wa Goma, bigakekwa ko naho M23 yaba ihagera amajanja. Ibyo ndetse ngo byatumye ibigo by’amashuri byo muri ako gace ka Mugunga bifungwa hutihuti, mu rwego rw’umutekano wabyo.

Mu gihe umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira uduce twinshi, dore ko mu byumweru bitageze kuri bibiri yafashe Masisi-Centre, Katale, Ngungu, Lumbishi, Minova, Bweremana n’ahandi, Perezida Tshisekedi we n’ubu aracyarahira ko atazigera na rimwe ashyikirana n’uwo mutwe yita uw’iterabwoba. Ngo” UGUHIGA UBUTWARI MURATABARANA”.

2025-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Ubwanditsi 05 May 2022
Itangira ry’umwaka w’imikino wa 2022-2023 rizabanzirizwa n’umukino wa Super Cup uzahuza APR FC na As Kigali

Itangira ry’umwaka w’imikino wa 2022-2023 rizabanzirizwa n’umukino wa Super Cup uzahuza APR FC na As Kigali

Ubwanditsi 14 Jul 2022
Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2016
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Ubwanditsi 28 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016
POLITIKI

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Ubwanditsi 06 Mar 2017
Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye
Amakuru

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Ubwanditsi 14 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru