• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017 ITOHOZA

Abadipolomate b’Abafaransa bimwe viza yo kwinjira mu Rwanda nyuma yo kugaragaza ibyangombwa biyisaba biriho ibendera rya kera ry’u Rwanda ryo ku butegetsi bwa Yuvenali Habyarimana.

Ku isonga ni Rémi Maréchaux, ushinzwe ibikorwa bya Afurika n’ibihugu bituriye inyanja y’Abahinde muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, wagomba kuba aherekejwe n’ushinzwe ibikorwa by’iterambere mu bihugu bya Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ndetse n’umujyanama mu by’ubukungu.

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru itangaza ko byari biteganijwe ko ku matariki ya 9 na 10 Nyakanga 2017, iryo tsinda ryagombaga kuba riri mu Rwanda mu butumwa bw’akazi aho ryagombaga kugirana ibiganiro na Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’u Rwanda w’ububanyi n’amahanga, nyuma rikerekeza muri Cameroun.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, ibiro bya perezidansi y’u Bufaransa (Quai d’Orsay) ngo nibwo byashyikirije ambasade y’u Rwanda i Paris, impapuro zisabira visa abo badipolomate uko ari batatu, n’inzira bazanyuramo berekeza muri Afurika yo hagati. Aho bagombaga kunyura Quai d’Orsey ikoresheje ikoranabuhanga yometseho amabendera y’ibihugu.

Intandaro yo kwimwa visa y’u Rwanda ngo ni uko ku mpapuro hometsweho ibendera rifite amabara atatu (icyatsi kibisi, umuhondo n’umutuku) hagati handitse mu nyuguti nini “R”.

-215.png

U Rwanda mu wa 2001 rwahinduye ibendera. Iriri mu bubiko bwa Repubulika y’u Bufaransa ni iryariho ku butegetsi bwa Habyarimana rifatwa ku rwego mpuzamahanga nk’ibendera by’abakoze jenoside.

Mu kiganiro na Jeune Afrique, Quai d’Orsay ivuga ko ubutumwa bwimuriwe indi tariki. Iti “Habaye uburangare mu buyobozi nibyo byatumye visa itatangirwa igihe. Gusa habaye isubikwa, nta kibazo cya dipolomasi gihari.”

Ku ruhande rw’u Rwanda si ko rubibona, ruvuga ko ari imvugo isekeje, n’ubwo ubutegetsi bw’i Kigali budakeka amababa ubutegetsi buriho ubu, ko byaba ari igikorwa by’ubushotoranyi.

Umwe mu badipolomate b’u Rwanda agira ati ”Mu bisobanuro baduhaye bagira bati ‘Ibendera ryashyizweho mu buryo bw’ikoranabuhanga, tuza kubibona impapuro zimaze gusohoka mu icapiro. N’abari bazifite mu ntoki zabo ntibigeze babona iryo kosa.”

U Rwanda ntirwiyumvisha ukuntu ikoranabuhanga rya Quai d’Orsay rikoresha ibendera ritagikoreshwa nyuma y’imyaka 16 yose u Rwanda rurihinduye, ruvuga ko byaba biteye amatsiko n’urujijo.

Ibi bibaye mu gihe nta ambasaderi uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda kuva mu 2015 ubwo Michel Flesh yavaga ku butaka bw’u Rwanda, kuva ubwo u Rwanda rwanze kwakira uwari amusimbuye, Rémi Maréchaux utifuzwa mu gihugu cy’imisozi igihumbi kubera amateka.

Uyu mugabo aheruka mu Rwanda muri Gashyantare 2010 mu ruzinduko Perezida Nicolas Zarkozy yagiriye mu Rwanda, perezida rukumbi wakandagiye ku bataka bw’u Rwanda nyuma y’ubutegetsi bwa François Mitterrand.

2017-07-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ubwanditsi 15 Jan 2024
Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Ubwanditsi 25 Sep 2018
RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

RIB yerekanye Cpt.Nsengimana Herman wa FLN watawe muri yombi mu bitero bya FARDC

Ubwanditsi 17 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda
Mu Rwanda

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017
Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru
Mu Rwanda

Murekezi Anastase asimbuye Cyanzayire kuba Umuvunyi Mukuru

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye
SHOWBIZ

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Ubwanditsi 22 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru