• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017 ITOHOZA

Abadipolomate b’Abafaransa bimwe viza yo kwinjira mu Rwanda nyuma yo kugaragaza ibyangombwa biyisaba biriho ibendera rya kera ry’u Rwanda ryo ku butegetsi bwa Yuvenali Habyarimana.

Ku isonga ni Rémi Maréchaux, ushinzwe ibikorwa bya Afurika n’ibihugu bituriye inyanja y’Abahinde muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, wagomba kuba aherekejwe n’ushinzwe ibikorwa by’iterambere mu bihugu bya Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ndetse n’umujyanama mu by’ubukungu.

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru itangaza ko byari biteganijwe ko ku matariki ya 9 na 10 Nyakanga 2017, iryo tsinda ryagombaga kuba riri mu Rwanda mu butumwa bw’akazi aho ryagombaga kugirana ibiganiro na Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’u Rwanda w’ububanyi n’amahanga, nyuma rikerekeza muri Cameroun.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, ibiro bya perezidansi y’u Bufaransa (Quai d’Orsay) ngo nibwo byashyikirije ambasade y’u Rwanda i Paris, impapuro zisabira visa abo badipolomate uko ari batatu, n’inzira bazanyuramo berekeza muri Afurika yo hagati. Aho bagombaga kunyura Quai d’Orsey ikoresheje ikoranabuhanga yometseho amabendera y’ibihugu.

Intandaro yo kwimwa visa y’u Rwanda ngo ni uko ku mpapuro hometsweho ibendera rifite amabara atatu (icyatsi kibisi, umuhondo n’umutuku) hagati handitse mu nyuguti nini “R”.

-215.png

U Rwanda mu wa 2001 rwahinduye ibendera. Iriri mu bubiko bwa Repubulika y’u Bufaransa ni iryariho ku butegetsi bwa Habyarimana rifatwa ku rwego mpuzamahanga nk’ibendera by’abakoze jenoside.

Mu kiganiro na Jeune Afrique, Quai d’Orsay ivuga ko ubutumwa bwimuriwe indi tariki. Iti “Habaye uburangare mu buyobozi nibyo byatumye visa itatangirwa igihe. Gusa habaye isubikwa, nta kibazo cya dipolomasi gihari.”

Ku ruhande rw’u Rwanda si ko rubibona, ruvuga ko ari imvugo isekeje, n’ubwo ubutegetsi bw’i Kigali budakeka amababa ubutegetsi buriho ubu, ko byaba ari igikorwa by’ubushotoranyi.

Umwe mu badipolomate b’u Rwanda agira ati ”Mu bisobanuro baduhaye bagira bati ‘Ibendera ryashyizweho mu buryo bw’ikoranabuhanga, tuza kubibona impapuro zimaze gusohoka mu icapiro. N’abari bazifite mu ntoki zabo ntibigeze babona iryo kosa.”

U Rwanda ntirwiyumvisha ukuntu ikoranabuhanga rya Quai d’Orsay rikoresha ibendera ritagikoreshwa nyuma y’imyaka 16 yose u Rwanda rurihinduye, ruvuga ko byaba biteye amatsiko n’urujijo.

Ibi bibaye mu gihe nta ambasaderi uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda kuva mu 2015 ubwo Michel Flesh yavaga ku butaka bw’u Rwanda, kuva ubwo u Rwanda rwanze kwakira uwari amusimbuye, Rémi Maréchaux utifuzwa mu gihugu cy’imisozi igihumbi kubera amateka.

Uyu mugabo aheruka mu Rwanda muri Gashyantare 2010 mu ruzinduko Perezida Nicolas Zarkozy yagiriye mu Rwanda, perezida rukumbi wakandagiye ku bataka bw’u Rwanda nyuma y’ubutegetsi bwa François Mitterrand.

2017-07-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Ibitekerezo kurubanza Ingabire yarezemo Leta y’u Rwanda Arusha

Ibitekerezo kurubanza Ingabire yarezemo Leta y’u Rwanda Arusha

Ubwanditsi 16 Jun 2016
FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Ubwanditsi 23 May 2023
Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we

Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we

Ubwanditsi 27 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe
Mu Mahanga

Abapolisi 448 b’u Rwanda bari muri Centrafrica bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Ferguson wahoze atoza Manchester United yajyanywe mu bitaro igitaraganya
IMIKINO

Ferguson wahoze atoza Manchester United yajyanywe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 06 May 2018
Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga
Amakuru

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ubwanditsi 27 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru