• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017 ITOHOZA

Abadipolomate b’Abafaransa bimwe viza yo kwinjira mu Rwanda nyuma yo kugaragaza ibyangombwa biyisaba biriho ibendera rya kera ry’u Rwanda ryo ku butegetsi bwa Yuvenali Habyarimana.

Ku isonga ni Rémi Maréchaux, ushinzwe ibikorwa bya Afurika n’ibihugu bituriye inyanja y’Abahinde muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, wagomba kuba aherekejwe n’ushinzwe ibikorwa by’iterambere mu bihugu bya Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ndetse n’umujyanama mu by’ubukungu.

Jeune Afrique dukesha iyi nkuru itangaza ko byari biteganijwe ko ku matariki ya 9 na 10 Nyakanga 2017, iryo tsinda ryagombaga kuba riri mu Rwanda mu butumwa bw’akazi aho ryagombaga kugirana ibiganiro na Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’u Rwanda w’ububanyi n’amahanga, nyuma rikerekeza muri Cameroun.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, ibiro bya perezidansi y’u Bufaransa (Quai d’Orsay) ngo nibwo byashyikirije ambasade y’u Rwanda i Paris, impapuro zisabira visa abo badipolomate uko ari batatu, n’inzira bazanyuramo berekeza muri Afurika yo hagati. Aho bagombaga kunyura Quai d’Orsey ikoresheje ikoranabuhanga yometseho amabendera y’ibihugu.

Intandaro yo kwimwa visa y’u Rwanda ngo ni uko ku mpapuro hometsweho ibendera rifite amabara atatu (icyatsi kibisi, umuhondo n’umutuku) hagati handitse mu nyuguti nini “R”.

-215.png

U Rwanda mu wa 2001 rwahinduye ibendera. Iriri mu bubiko bwa Repubulika y’u Bufaransa ni iryariho ku butegetsi bwa Habyarimana rifatwa ku rwego mpuzamahanga nk’ibendera by’abakoze jenoside.

Mu kiganiro na Jeune Afrique, Quai d’Orsay ivuga ko ubutumwa bwimuriwe indi tariki. Iti “Habaye uburangare mu buyobozi nibyo byatumye visa itatangirwa igihe. Gusa habaye isubikwa, nta kibazo cya dipolomasi gihari.”

Ku ruhande rw’u Rwanda si ko rubibona, ruvuga ko ari imvugo isekeje, n’ubwo ubutegetsi bw’i Kigali budakeka amababa ubutegetsi buriho ubu, ko byaba ari igikorwa by’ubushotoranyi.

Umwe mu badipolomate b’u Rwanda agira ati ”Mu bisobanuro baduhaye bagira bati ‘Ibendera ryashyizweho mu buryo bw’ikoranabuhanga, tuza kubibona impapuro zimaze gusohoka mu icapiro. N’abari bazifite mu ntoki zabo ntibigeze babona iryo kosa.”

U Rwanda ntirwiyumvisha ukuntu ikoranabuhanga rya Quai d’Orsay rikoresha ibendera ritagikoreshwa nyuma y’imyaka 16 yose u Rwanda rurihinduye, ruvuga ko byaba biteye amatsiko n’urujijo.

Ibi bibaye mu gihe nta ambasaderi uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda kuva mu 2015 ubwo Michel Flesh yavaga ku butaka bw’u Rwanda, kuva ubwo u Rwanda rwanze kwakira uwari amusimbuye, Rémi Maréchaux utifuzwa mu gihugu cy’imisozi igihumbi kubera amateka.

Uyu mugabo aheruka mu Rwanda muri Gashyantare 2010 mu ruzinduko Perezida Nicolas Zarkozy yagiriye mu Rwanda, perezida rukumbi wakandagiye ku bataka bw’u Rwanda nyuma y’ubutegetsi bwa François Mitterrand.

2017-07-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jan 2019
Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 17 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani
IMIKINO

CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere
Amakuru

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

RUSHYASHYA 03 Mar 2026
Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Ubwanditsi 07 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru