• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’ibikorwaremezo James Musoni yahamagariye abaturage b’akarere ka Rwamagana kurinda no gusigasira ibikorwaremezo bahawe na Polisi y’u Rwanda no kubyubakiraho ngo bazagere ku mibereho myiza n’iterambere birambye.

Ibi Minisitiri Musoni yabivuze mu ijambo yagejeje ku bihumbi by’abaturage b’umudugudu wa Gatare, akagari ka Gatare mu murenge wa Nyakariro nyuma y’umuhango yayoboye, wo gutaha ku mugaragaro inzu 108 zahawe amashanyarazi akomoka ku zuba n’amavomero atatu y’amazi meza bitanzwe na Polisi y’u Rwanda mu rwego rw’ibikorwa byahariwe icyumweru cya Polisi cyatangiye taliki ya 16 Gicurasi.

Ni umuhango wabanjirijwe n’igikorwa cy’umuganda kandi wari witabiriwe n’umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Judith Kazayire, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana n’abandi bayobozi ku rwego rw’intara n’akarere ka Rwamagana.

Mu ijambo yagejeje ku bari aho, Minisitiri Musoni ibikorwaremezo birimo gutahwa bisanzwe biri muri gahunda ya Leta yo kugeza ku baturage imihanda, amazi n’amashanyarazi mu bice by’icyaro mu rwego rwo kuzamura iterambere ryabyo.

Minisitiri Musoni yagize ati:” Turashima Polisi y’u Rwanda ku bikorwa by’indashyikirwa yakoze muri uyu umudugudu, ariko ni mu gihe kuko ifite umutoza w’ikirenga ibikomoraho ari nawe twese uduha umurongo dukurikira.”

Yakomeje avuga ko ibikorwa byose bigendereye guha abaturage imibereho myiza kandi bigomba guhuzwa no kubaha umutekano kuko ari wo musingi wa byose, aha akaba yagize ati:” Amahoro n’umutekano ni inkingi z’iterambere ;icyo ari cyo cyose cyakorwa kugirango umutekano uboneke utworohereze kwiteza imbere.”

Yashoje ijambo yongera gushimira Polisi y’u Rwanda ku ngo 3000 yagejejeho amaashanyarazi y’izuba, aho yijeje kuzafatanya nayo muri byose aho yagize ati:” Ari Polisi y’u Rwanda n’abaturage muri rusange natwe twese, izi gahunda dukomeze kuzigira izacu biryo twishakemo ibisubizo kandi tuzagera kucyo twiyemeje.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda mu ijambo rye, yagarutse ku cyo isabukuru y’imyaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze idusigiye maze agira ati:” Mbere na mbere yashinzwe ku gitekerezo cy’umuyobozi w’ikirenga , ariko mu myaka imaze, yibanze ku bufatanye bwimbitse n’abaturage mu gukumira ibyaha ndetse n’aho bibaye tugafatanya kubirwanya.”

IGP Gasana yavuze ko nyuma y’imyaka 17, umunyarwanda agomba kubaho atekanye , adahura n’ibyaha kandi asaba ko ubwo bufatanye bwakomeza.

Mu gusoza, IGP GAsana yashimye abafatanyabikorwa bose ba Polisi y’u Rwanda ndetse n’abakomeje kugira uruhare bose mu bikorwa biranga icyumweru cya Polisi aho yagize ati:” Turasaba ko ubwo bufatanye bwakomeza maze tukazizihiza isabukuru ya 17 ibyo twiyemeje bigezweho.”

Judith Kazayire , umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yashimiye Polisi y’u Rwanda ko yarenze ibyo kurinda abantu n’ibyabo, ahubwo irimo no gufasha abaturage mu mibereho myiza yabo maze agira ati:” Ni ibikorwa by’indashyikirwa kandi ni ibyo gushimwa no gushyigikirwa.”

Hagati aho kandi, urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwahaye inka Kabalinda Consiliya w’imyaka 53 , umuturage utishoboye wo mu mudugudu wa Gatare, mu gihe Polisi yari yamwubakiye ubwiherero bugezweho kandi imushyirira mu nzu amashanyarazi y’imirasire y’izuba.

Bamwe mu bagenerwabikorwa nabo bagize icyo bavuga:

Solange Nyirabakundukize , umubyeyi w’imyaka 62 y’amavuko: “Twebwe abahawe amashanyarazi mu nzu zacu, turashima ubuyobozi bwiza buri mu gihugu cyacu, turashima Paul Kagame ku mahoro n’umutekano aduha, Polisi yacu nayo ituba hafi, si kimwe bitandukanye na Polisi zahozeho. Ndishimira ko nzajya nsoma bibiliya yanjye nijoro bitangoye.”

-6646.jpg

Minisitiri Musoni n’abafatanyabikorwa mu bikorwaremezo birimo gutahwa bisanzwe biri muri gahunda ya Leta yo kugeza ku baturage imihanda, amazi n’amashanyarazi mu bice by’icyaro mu rwego rwo kuzamura iterambere ryabyo.

Nyirandorimana Ernestine w’imyaka 43 we agira ati:” Polisi yarakoze kumpa amatara mu nzu yanjye, ubu nshobora kuzigama amafaranga natangaga ngura amabuye y’itoroshi na radiyo, ndizeza ko ntazongera kwihanganira icyo nabona kinyuranyije n’amategeko mu mudugudu ntakibwiye Polisi cyangwa ubuyobozi bwacu.”

Epimaque Muvunyi w’imyaka 47 akaba n’umubyeyi w’abana bane we yagize ati:” Ubu abana banjye bashobora gusoma no gusubiramo amasomo yabo nijoro kandi ngiye kuzigama amafaranga naguraga peteroli ngo bige nijoro, Polis ndayishimira cyane.”

Source: RNP

2017-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Gasabo: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamushyingura mu rugo

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Polisi y’u Rwanda irishimira ko umutekano wagenze neza mu gihe cy’irahira rya Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.

Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Ubwanditsi 22 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka
Amakuru

AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 01 Jul 2026
Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.
Amakuru

Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Ubwanditsi 05 Aug 2020
Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena
Amakuru

Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 04 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru