• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Ubwanditsi 13 Aug 2017 Mu Rwanda

Interpol ni Umuryango mpuzamahanga uhuza Polisi zo mu bihugu bitandukanye ku isi. Intego za Interpol ni ukubaka ubushobozi bwa Polisi no guteza imbere ubufatanye hagati ya za Polisi mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha birenga imipaka y’ibihugu. Ubufatanye ni ngombwa kuko ubusanzwe ububasha bwa Polisi bugarukira aho imbibi z’ibihugu zigarukira, mu gihe abakora ibyaha bo badahura n’imbogamizi y’imipaka.

Kubera iterambere mu itumanaho, ubu isi yabaye nk’umudugudu ku buryo umuntu ashobora gukora ibyaha mu gihugu runaka yibereye ku wundi mugabane w’isi, cyangwa akaba yahuza ibikorwa by’ubugizi bwa nabi nk’iterabwoba n’ibindi yibereye kure. Ni ngombwa rero kugira umuryango nka Interpol ufite itumanaho rigezweho, ububiko bw’amakuru ku byaha n’abanyabyaha n’inzobere mu bufatanye mpuzamahanga hagati ya za Polisi z’ibihugu.

Ku bufatanye na za Polisi z’ibindi bihugu n’umuryango wa Interpol, Polisi y’u Rwanda imaze kugera kuri byinshi harimo no guta muri yombi abahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994. Si ibyo gusa kandi kuko ubwo bufatanye bugenda bugaragarira no gufata abajura n’abandi banyabyaha batandukanye, nk’abiba imodoka bakazambutsa umupaka bajya kuzigurisha mu bindi bihugu, abacuruza ibiyobyabwenge, ndetse n’abakora umwuga wo gucuruza abantu babajyana ahanini mu bindi bihugu.

Ku byerekeranye n’ubujura bw’imodoka, byagaragaye ko akenshi buburizwamo kuko hari abagiye bafatirwa muri ibyo bikorwa na Polisi y’u Rwanda, hanyuma izo modoka zikoherezwa mu bihugu zaturutsemo zigashyikirizwa ba nyirazo.

Ingero ni nyinshi, ariko rumwe twatanga ni urwo ku itariki ya 24 Ukuboza 2015, Polisi y’u Rwanda yashyikirije iya Uganda imodoka ebyiri zari zibweyo nyuma ziza gufatirwa mu Rwanda hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Polisi mpuzamahanga buzwi nka I-24/7. Ubu buryo bukaba ari ubw’ikoranabuhanga bwashyizwe ku mipaka no ku bibuga by’indenge bugamije guhanahana amakuru ku byaha ndengamipaka no gufata abanyabyaha.

-7591.jpg

Ibyo byose bikaba bikorwa ku bufatanye bwa Polisi z’ibihugu binyujijwe mu muryango wa Interpol. Abanyabyaha batandukanye bakaba bagirwa inama yo kureka ibikorwa byabo bibi kuko Polisi z’ibihugu ndetse na Interpol byahagurukiye kubarwanya no kubafata. Ibyo bikaba bivuze ko nta wakwibeshya ko yakora ibyaha runaka bityo akumva ko yahungira mu kindi gihugu.

Polisi mpuzamahanga (Interpol) yashyizweho mu mwaka 1914, akaba ari na wo muryango wa Polisi mpuzamahanga munini ku Isi ugizwe n’ibihugu 190.

Polisi mpuzamahanga (Interpol) yizihije imyaka 100 imaze ibayeho mu mwaka 2014. Twakwibutsa ko u Rwanda rwakiriye inama ya Polisi mpuzamahanga Interpol guhera ku itariki ya 2 Ugushyingo kugera ku itariki ya 4 Ugushyingo 2015.

Source : RNP

2017-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Tariki 2 Kamena 1994: Perezida Sindikubwabo yandikiye Mitterrand amusaba gukomeza gutanga inkunga

Tariki 2 Kamena 1994: Perezida Sindikubwabo yandikiye Mitterrand amusaba gukomeza gutanga inkunga

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Biro Politiki ya FOREBU: Niyombare yatorewe kuyobora umutwe w’inyeshyamba zirwanya Nkurunziza

Biro Politiki ya FOREBU: Niyombare yatorewe kuyobora umutwe w’inyeshyamba zirwanya Nkurunziza

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Clarisse Karasira yatanze ubutumwa bwo kudacika intege ndetse no guharanira imibereho myiza hagamijwe kwiteza imbere.

Clarisse Karasira yatanze ubutumwa bwo kudacika intege ndetse no guharanira imibereho myiza hagamijwe kwiteza imbere.

Ubwanditsi 27 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika
HIRYA NO HINO

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala
ITOHOZA

Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 
Amakuru

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Ubwanditsi 18 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru