• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Ubwanditsi 02 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abantu benshi bashobora kuba baramenye Iseminari nto ya Butare kubera izina yubatse mu mikino ya Volleyball na Basketball haba mu bihe byashize kugeza n’ubu. Iri shuri ariko rizwiho no kuba igicumbi cy’abahanga mu kwandika umuziki w’amanota, barimo na Kizito Mihigo.

Kizito Mihigo ni we washinze ‘Kolari Melomane’ nanjye naririmbyemo. Igihe cyose twabaga turimo kuririmba twarizihirwaga, abantu bagakunda ubuhanga korari yacu yari ifite bushingiye kuri Kizito 100%, kuko indirimbo zose twaririmbaga ari we wabaga wazanditse. Kizito Mihigo muzi neza.

Nyuma y’imyaka 25 ingabo za RPA zihagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyihakana biracyari ikibazo gikomeye hirya no hino ku Isi, kandi ababiri inyuma ni abayigizemo uruhare bari mu bihugu binyuranye bahungiyemo. Bakoresha guhakana Jenoside mu guhunga ubutabera ku byo bakoze, bakigaragaza nk’abanyepolitiki.

Ndi umunyeshuri kuri Kaminuza ya Haifa (Israel) mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye na Jenoside, kandi gusigasira urwibutso (mémoire) rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu kurwanya kuyihakana biri mu byo nibandaho. Ntabwo nshobora guceceka mu gihe mbona urupfu rwa Kizito rurimo gukoreshwa uko rutari, bigakorwa n’abagize uruhare muri Jenoside n’abayihakana.

Mu ibaruwa yo ku wa 21 Gashyantare 2020, abiyita ko barokotse Jenoside baba mu mahanga basabye “iperereza mpuzamahanga rihuriweho ku rupfu rw’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana n’impirimbanyi y’amahoro, Kizito Mihigo.” Muri ubwo busabe bifatanyije n’abahakana Jenoside n’abandi bashakishwa ku ruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Iryo huriro ubwaryo ryerekana ko urupfu rwa Kizito rurimo gukoreshwa ku nyungu za politiki, ndetse ubwo busabe ntaho buhuriye no gushaka ubutabera.

Abarokotse Jenoside bazi neza ko umuco wo kudahana ari wo watumye Jenoside ishoboka. Hagati y’umwaka wa 1959 na 1994, abahembereye Jenoside bagiye bahemba abicanyi imitungo basahuye cyangwa bakabazamura mu ntera. Iyo bitaza kugenda gutyo amategeko agakurikizwa, Jenoside yashoboraga no kutaba.

Abicaga bagenzi babo b’Abatutsi maze bakagororerwa, bumvaga ari ishema, bikabaha imbaraga, bikanatuma abandi bitabira ibikorwa bitaha ku bwinshi.

Kubera aya amateka, abarokotse Jenoside bumva neza ingaruka zo kudakurikiza amategeko, kuko byabyaye amahano tudashobora kwibagirwa. Nagiye mbona abantu batekereza ko abacitse ku icumu bahebeye urwaje, ko byatewe n’imyaka y’igitugu cya Habyarimana n’itotezwa ridashira, tugahitamo imyitwarire yo kubaha amategeko.

Nyamara uko kubaha amategeko ntibyatubujije gutsembwa. Si ukwemera ikije cyose, ahubwo ni ugutinya ingaruka z’ukudakurikiza amategeko.

Byatumye nibuka uburyo bamwe mu barokotse Jenoside bahisemo kwirengagiza uko Kizito yifatanyije n’imitwe y’iterabwoba n’ibyaha byayo, bibwira ko kuba uwarokotse Jenoside bimushyira hejuru y’amategeko, hejuru y’ubugizi bwa nabi yashinjwaga gushaka kuzanira abanyarwanda, akaza no kubabarirwa.

Benshi mu barokotse bamaganye Kizito, bakumva bafite ikimwaro igihe cyose hagize ushaka kumuzamura ngo amushyire ku rundi rwego yakwitirirwa urwo arirwo rwose, hejuru yo kuba ari umunyabyaha wabihamijwe n’urukiko nyuma akaza guhabwa imbabazi.

Nk’uwacitse ku icumu Kizito yari umwe muri twe; ariko mu byaha ho yari wenyine. Mu gihe kandi twamagana ibyo yakoze, tunababazwa n’amahirwe yari amuri imbere ntayabyaze umusaruro ngo amuhindurire ubuzima, ngo abe umuturage wubaha amategeko nkatwe, ngo abashe kuba icyo uwarokotse bivuze: Icya mbere ni ukurengera amategeko kubera ububabare twanyuzemo butewe no kutubahiriza amategeko, byaranze ubutegetsi bw’u Rwanda rwo hambere.

Byatumye nanibuka ukuntu abagize uruhare muri bya bikorwa bishingiye ku kutubahiriza amategeko, bifatanyije n’abo bahoze batoteza ngo barashaka ‘ubutabera’. Nahise menya ko nta kindi bagamije kitari inyungu za politiki mu kwibasira Guverinoma y’u Rwanda.

Byari n’igitero kigabwe ku budaheranwa bw’abarokotse; no kunnyega abarokotse akarengane. Kuba abo bajenosideri n’inshuti zabo barafashijwe na bamwe mu biyita abarokotse, ntibikuraho amabi bakoze.

Bose bigira nk’aho bari mu kiriyo cy’urupfu rwa Kizito. Ibyo ubwabyo ni ishusho y’ubuzima bwa Kizito. Yumvaga ko gushyigikira ibitekerezo by’abahakana Jenoside ariko kuzana ubwiyunge. Abakoze Jenoside bari baramwumvishije ko ariko bimeze ndetse bamwumvisha ko kugira imyumvire nk’iyo ari ubutwari.

Muri make babyazaga umusaruro uburyo yari umuntu uba ashaka kugaragara, ibintu atashakaga kuzibukira, yirengagije impungenge z’abarokotse Jenoside ku kuba igikoresho cy’abajenosideri bishe se umubyara muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abenshi muri twe twarokowe n’ibitambo bya RPA yageragezaga kudutabara ari nako itsinda abajenosideri hirya no hino mu gihugu mu gihe gito gishoboka, twagerageje kurokora umuntu wacu; tuburira Kizito ko abanyabyaha batigeze bicuza yari agiye kwifatanya nabo, bazamugusha mu byaha.

Umwe muri twe, Ambasaderi Wellars Gasamagera muri Gicurasi 2014, yanditse inkuru agaragaza ko kwiyahura bishoboka cyane kuri uwo muhungu yahoze afata nk’uwe. Undi ni Mukagasana Yolande uherutse kwandika ku guhinduka gutunguranye kwa Kizito, kwatumye aba umuntu woroshye gushukwa n’abajenosideri n’abambari babo.

Izi nyandiko za politiki zitirirwa gusaba ubutabera, ni ikindi gihamya ko Kizito akomeje gukoreshwa na nyuma yo gupfa nk’uko byamugendekeye akiri muzima.

Noel Kambanda ni uwacitse ku icumu rya Jenoside. Arimo kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye na Jenoside, muri Kaminuza ya Haifa/Israel.

2020-03-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 21 Jun 2021
“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

Ubwanditsi 24 May 2018
Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Kinshasa (DRC): Umukuru w’inyeshyamba ukorana n’UBurundi n’inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 23 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bitunguranye Meddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya bisubika igitaramo cye i Toronto
IMIKINO

Bitunguranye Meddy yajyanywe mu bitaro igitaraganya bisubika igitaramo cye i Toronto

Ubwanditsi 08 Oct 2016
Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa

Ubwanditsi 28 Jun 2020
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  
Amakuru

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ubwanditsi 12 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru