• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Ubwanditsi 10 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyikirije inkoni y’Ubuyobozi umuyobozi mushya w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ari we Abdel Fattah el-Sisi, usanzwe ari perezida wa Misiri.

Yamwijeje ubufatanye, yongeraho ko yizeye ko umuyobozi mushya azakomeza kuyobora Afurika mu nzira igana aheza.

Perezida Kagame yabigarutseho asoza ijambo yagejeje ku bitabiriye inama y’inteko rusange ya 32 isanzwe y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Perezida Kagame yatangiye iryo jambo aha ikaze ndetse ashimira by’umwihariko abayobozi bashya barimo Félix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, na Andry Rajoelina wa Madagascar. Yashimiye abo bayobozi ku bw’intsinzi baheruka kwegukana mu matora y’umukuru w’igihugu, ashimira n’abaturage b’ibyo bihugu ku bw’uruhare bagize mu matora yatumye habaho ihererekanywa ry’ubutegetsi.

Perezida Kagame yashimiye abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’abaturage b’uwo mugabane kubera icyizere bamugiriye cyo kuyobora umuryango uhuza ibyo bihugu mu gihe cy’umwaka wose.

Muri uwo mwaka, umukuru w’igihugu avuga ko ibikorwa byagendeye ku ntego yo gukomeza kubaka ubumwe bwa Afurika hagendewe ku cyerekezo cy’iterambere cya 2063 uwo mugabane wiyemeje kugeraho no kubaka Afurika ihamye mu ruhando mpuzamahanga.

Perezida Kagame avuga ko mu byagezweho harimo ibyaturutse ku migambi yari imaze igihe kirekire iri mu nzozi z’abayobozi n’abaturage ba Afurika. Muri byo harimo nk’igikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika, the African Continental Free Trade Area (CFTA), ayo masezerano kandi akaba atangira gushyirwa mu bikorwa mu byumweru bike biri imbere

Perezida Kagame ahererekanya ububasha na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah al-Sissi

Perezida Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil El-Sisi w’imyaka 64 agiye kuyobora AU mu gihe cy’umwaka

Byari ibyishimo mu guhererekanya ububasha hagati y’aba bayobozi

Perezida Kagame yahawe kuyobora AU, ifite ibibazo birimo kudashyira hamwe kw’ibihugu biyigize aho bimwe byasaga n’ibikorera mu matsinda bitewe n’aho biherereye

Faki Mahamat yashimye imikoranire ye na Perezida Kagame muri AU

Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bateraniye mu Nama y’Inteko Rusange ya AU

Perezida Kagame yashimiye ibihugu bya Guinea-Bissau, Botswana na Zambia na byo byashyiriye umukono kuri ayo masezerano muri iyo nama, ashishikariza n’ibindi bisigaye kuyasinya.

Mu bindi byagezweho mu mwaka amaze ayobora Afurika yunze Ubumwe, nk’uko Perezida Kagame yabigarutseho, harimo kwimakaza imibanire ya Afurika n’indi migabane kandi ibyo bikazakomeza.

Mu rwego rwo kwimakaza amahoro n’umutekano, Perezida Kagame yavuze ko hashyizweho Ikigega cy’Amahoro (Peace Fund) kimaze kujyamo miliyoni 89 z’amadorali ya Amerika, kikaba kandi kimaze kugira ibihugu 50 nk’abanyamuryango.

Perezida Kagame ati “ibi birerekana ubushobozi bwacu iyo dushyize hamwe ingufu. Tuzakomeza gukorana n’Umuryango w’Abibumbye mu gushyigikira no guteza imbere ibikorwa bigamije kubungabunga amahoro ku mugabane wa Afurika.”

JPEG - 190.4 kb
Inama 32 y’inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe yabereye i Addis Ababa ku cyicaro cy’uwo muryango

Perezida Kagame yashimye impande zari zimaze igihe zishyamiranye muri Repubulika ya Santrafurika, kuri ubu zikaba zaramaze gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane. Yashimiye n’inzego zose zagize uruhare mu kumvikanisha izo mpande zombi.

Ati “aya masezerano agomba gushyirwa mu bikorwa kandi akubahirizwa.”

Mu bindi perezida Kagame yavuze ko bikwiye gukomeza gushyirwamo ingufu, harimo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ku mugabane wa Afurika nk’uko bikubiye mu masezerano na yo yashyizweho umukono mu mwaka ushize.

Umukuru w’igihugu yavuze ko harimo kunozwa imiterere n’imikoreshereze ya Pasiporo Nyafurika izorohereza Abanyafurika kugenda nta nkomyi ku mugabane wa Afurika.

Mu byerekeranye n’ubuzima , perezida Kagame yavuze ko imibereho y’abanyafurika yateye imbere mu buryo budasanzwe mu myaka ibarirwa muri 20 ishize, yibutsa ibihugu bya Afurika gukomeza kongera umusanzu wabyo mu guteza imbere ibyerekeranye n’ubuzima bw’Abanyafurika.

Src: KT

2019-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

RUSHYASHYA 16 Oct 2025
Umunyauganda arahamya ko Inama ya Gatuna ari igipimo nyakuri kuri Museveni

Umunyauganda arahamya ko Inama ya Gatuna ari igipimo nyakuri kuri Museveni

Ubwanditsi 02 Mar 2020
Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Ubwanditsi 06 Jan 2023
Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 13 Sep 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Umurerwa Marie-Grace
    February 13, 20199:25 am -

    Umugongo wahetse H.E.Pauk Kagame uragahoraho.
    Ategekesha ubwenge,ubwitonzi n’ubushishozi.Afite umuhate wo kurangiza neza inshingano ze, Kandi mu gihe we ubwe yateganije atarengejeho n’umunota. Ariko igikuru muri byose nuko imvugo ye ariyo ngiro.
    Abandi bategetsi bamwigiyeho byinshi mu miyoborere.
    Mbese n’umutegetsi ugirirwa icyizere na benshi.
    Abanyarwanda twambaye ikirezi,bamwe b’ibigwari batamenya ko cyera,bakirirwa bamuvuma,naho isi yose imusingiza. Abo ba Bangamwabo ntibabura kuko igifu cyabo cyagutse kigasatira ubwonko.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada
INKURU NYAMUKURU

Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Rugema yarekuwe na Police ya Norvege  none atangiye kubwejagura
INKURU NYAMUKURU

Rugema yarekuwe na Police ya Norvege none atangiye kubwejagura

Ubwanditsi 13 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru