• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Perezida Kagame yashyikirije ubuyobozi Abdel Fattah el-Sisi, anashimira Félix Tshisekedi wa RD-Congo

Ubwanditsi 10 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashyikirije inkoni y’Ubuyobozi umuyobozi mushya w’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ari we Abdel Fattah el-Sisi, usanzwe ari perezida wa Misiri.

Yamwijeje ubufatanye, yongeraho ko yizeye ko umuyobozi mushya azakomeza kuyobora Afurika mu nzira igana aheza.

Perezida Kagame yabigarutseho asoza ijambo yagejeje ku bitabiriye inama y’inteko rusange ya 32 isanzwe y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Perezida Kagame yatangiye iryo jambo aha ikaze ndetse ashimira by’umwihariko abayobozi bashya barimo Félix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, na Andry Rajoelina wa Madagascar. Yashimiye abo bayobozi ku bw’intsinzi baheruka kwegukana mu matora y’umukuru w’igihugu, ashimira n’abaturage b’ibyo bihugu ku bw’uruhare bagize mu matora yatumye habaho ihererekanywa ry’ubutegetsi.

Perezida Kagame yashimiye abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’abaturage b’uwo mugabane kubera icyizere bamugiriye cyo kuyobora umuryango uhuza ibyo bihugu mu gihe cy’umwaka wose.

Muri uwo mwaka, umukuru w’igihugu avuga ko ibikorwa byagendeye ku ntego yo gukomeza kubaka ubumwe bwa Afurika hagendewe ku cyerekezo cy’iterambere cya 2063 uwo mugabane wiyemeje kugeraho no kubaka Afurika ihamye mu ruhando mpuzamahanga.

Perezida Kagame avuga ko mu byagezweho harimo ibyaturutse ku migambi yari imaze igihe kirekire iri mu nzozi z’abayobozi n’abaturage ba Afurika. Muri byo harimo nk’igikorwa cyo gushyira umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika, the African Continental Free Trade Area (CFTA), ayo masezerano kandi akaba atangira gushyirwa mu bikorwa mu byumweru bike biri imbere

Perezida Kagame ahererekanya ububasha na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah al-Sissi

Perezida Abdel Fattah Saeed Hussein Khalil El-Sisi w’imyaka 64 agiye kuyobora AU mu gihe cy’umwaka

Byari ibyishimo mu guhererekanya ububasha hagati y’aba bayobozi

Perezida Kagame yahawe kuyobora AU, ifite ibibazo birimo kudashyira hamwe kw’ibihugu biyigize aho bimwe byasaga n’ibikorera mu matsinda bitewe n’aho biherereye

Faki Mahamat yashimye imikoranire ye na Perezida Kagame muri AU

Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bateraniye mu Nama y’Inteko Rusange ya AU

Perezida Kagame yashimiye ibihugu bya Guinea-Bissau, Botswana na Zambia na byo byashyiriye umukono kuri ayo masezerano muri iyo nama, ashishikariza n’ibindi bisigaye kuyasinya.

Mu bindi byagezweho mu mwaka amaze ayobora Afurika yunze Ubumwe, nk’uko Perezida Kagame yabigarutseho, harimo kwimakaza imibanire ya Afurika n’indi migabane kandi ibyo bikazakomeza.

Mu rwego rwo kwimakaza amahoro n’umutekano, Perezida Kagame yavuze ko hashyizweho Ikigega cy’Amahoro (Peace Fund) kimaze kujyamo miliyoni 89 z’amadorali ya Amerika, kikaba kandi kimaze kugira ibihugu 50 nk’abanyamuryango.

Perezida Kagame ati “ibi birerekana ubushobozi bwacu iyo dushyize hamwe ingufu. Tuzakomeza gukorana n’Umuryango w’Abibumbye mu gushyigikira no guteza imbere ibikorwa bigamije kubungabunga amahoro ku mugabane wa Afurika.”

JPEG - 190.4 kb
Inama 32 y’inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe yabereye i Addis Ababa ku cyicaro cy’uwo muryango

Perezida Kagame yashimye impande zari zimaze igihe zishyamiranye muri Repubulika ya Santrafurika, kuri ubu zikaba zaramaze gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane. Yashimiye n’inzego zose zagize uruhare mu kumvikanisha izo mpande zombi.

Ati “aya masezerano agomba gushyirwa mu bikorwa kandi akubahirizwa.”

Mu bindi perezida Kagame yavuze ko bikwiye gukomeza gushyirwamo ingufu, harimo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ku mugabane wa Afurika nk’uko bikubiye mu masezerano na yo yashyizweho umukono mu mwaka ushize.

Umukuru w’igihugu yavuze ko harimo kunozwa imiterere n’imikoreshereze ya Pasiporo Nyafurika izorohereza Abanyafurika kugenda nta nkomyi ku mugabane wa Afurika.

Mu byerekeranye n’ubuzima , perezida Kagame yavuze ko imibereho y’abanyafurika yateye imbere mu buryo budasanzwe mu myaka ibarirwa muri 20 ishize, yibutsa ibihugu bya Afurika gukomeza kongera umusanzu wabyo mu guteza imbere ibyerekeranye n’ubuzima bw’Abanyafurika.

Src: KT

2019-02-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Ntibikiri Ibanga Petero Nkurunziza Akorana Na RNC Ya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 05 Jul 2018
U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

U Rwanda na UCI batangije ibikorwa byo kwakira Shampiona y’isi y’amagare izabera i Kigali

Ubwanditsi 21 Sep 2023
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Ubwanditsi 11 Sep 2024
Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ukuri kwa Corneille Nangaaa kuba FDLR isigaye irinda Tshisekedi gushobora kumusiga inyuma y’igihome nkuko byatangajwe na Muyaya

Ubwanditsi 18 Aug 2023

Igitekerezo kimwe

  1. Umurerwa Marie-Grace
    February 13, 20199:25 am -

    Umugongo wahetse H.E.Pauk Kagame uragahoraho.
    Ategekesha ubwenge,ubwitonzi n’ubushishozi.Afite umuhate wo kurangiza neza inshingano ze, Kandi mu gihe we ubwe yateganije atarengejeho n’umunota. Ariko igikuru muri byose nuko imvugo ye ariyo ngiro.
    Abandi bategetsi bamwigiyeho byinshi mu miyoborere.
    Mbese n’umutegetsi ugirirwa icyizere na benshi.
    Abanyarwanda twambaye ikirezi,bamwe b’ibigwari batamenya ko cyera,bakirirwa bamuvuma,naho isi yose imusingiza. Abo ba Bangamwabo ntibabura kuko igifu cyabo cyagutse kigasatira ubwonko.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 23 Feb 2023
Padiri Nahimana Thomas yiyumvamo kuba Umufaransa kurusha kuba Umunyarwanda
ITOHOZA

Padiri Nahimana Thomas yiyumvamo kuba Umufaransa kurusha kuba Umunyarwanda

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika
Amakuru

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru