• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ubwo yomonganiraga kuri radiyo Itahuka, umumotsi w’ibigarasha bya RNC, Serge Ndayizeye yeruye ati iyo”: Iyo nsubije amaso inyuma, nsanga uwaturoze atarakarabye”.

Ibi ngo Ndayizeye yabihereye ku bo babana mu buyobobe badasiba kumuhamagara, bamugaragarariza ko imigambi bagiye kumaramo 12 ntaho izabageza. Yavuze ko nawe yasesenguye ngo asanga koko we na bagenzi be ari inkorabusa zujuje ibyangombwa.

Aya magambo y’umumotsi mukuru aje ashimangira ibyo abasesenguzi mu bya politiki bakomeje kuvuga, berekana ko Kayumba Nyamwasa n’abagaragu be nta cyerekezo bagira, ko ahubwo ibyo barimo ari ukwishakira ikibatunga mu bihugu babundabundamo.

Ubusanzwe Serge Ndayizeye ni imandwa ikomeye ya Kayumba Nyamwasa. Gutinyuka rero akavuga ko ”uwabaroze atakarabye”, ubanza amazi yarenze inkombe. Ndayizeye ashyize ahabona umwuka mubi cyane umaze iminsi uvugwa muri uwo mutwe w’iterabwoba wa RNC, dore ko ibigarasha biwugize byirirwa ku maradiyo no ku mbuga nkoranyambaga biterana amagambo y’urukozasoni. Uwaherukaga kumvikana yibasiye Kayumba Nyamwasa ni uwitwa Noble Marara wita Nyamwasa umujura, umuswa, umugambanyi n’ izindi nyito zimutesha agaciro.

Abakurikiye aya magambo ya Serge Ndayizeye, barahamya ko RNC iri mu marembera, niba noneho na ba nyirayo biyemerera ko batayanjwa.

Kuva RNC yashingwa mu mwaka wa 2010, nta gihe hatabayemo ubushyamirane, bwanaviriyemo kwicwa benshi mu bagaragaje imikorere mibi ya Nyamwasa n’abambari be, abarokotse bakajya gushinga ibindi biryabarezi. Icyakora ibintu byarushijeho kudogera ubwo Uganda yamenyeshaga RNC ko itazongera guhabwa ubufasha yagenerwaga n’icyo gihugu.

Haje no kuvugwa inkuru y’intumwa za Uganda zagiye muri Afrika y’Epfo gushishikariza Kayumba Nyamwasa kuva mu manjwe amaze igihe yivurugutamo, ahubwo agataha mu Rwanda. Iyi nama Nyamwasa ngo yaba yaranayakiriye neza, maze birakaza bikomeye ibigarasha, kuko byumva abitaye mu bibazo yabiroshyemo.

Imyitwarire ya Kayumba Nyamwasa n’ibigarasha bye iributsa za senene zimaranira mu icupa bazishyiramo mbere yo kuzikaranga. Bigarasha rero, niba mwumvise ibyo umuzindaro wanyu Serge Ndayizeye yababwiye, agatima gake musigaranye kagombye kubavana mu bikorwa bibi mwishoyemo, naho ubundi aho mugana ni habi cyane, birenze uko mubitekereza.

2022-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Ubwanditsi 17 Jun 2019
TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

Ubwanditsi 18 Apr 2024
Umukino wa APR FC na RSB Berkane uzayoborwa n’abasifuzi bakomoka mu gihugu cya Djibouti mu irushanwa rya CAF Confederations Cup

Umukino wa APR FC na RSB Berkane uzayoborwa n’abasifuzi bakomoka mu gihugu cya Djibouti mu irushanwa rya CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 25 Nov 2021
Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Rulindo: Hangijwe ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 16 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye
IKORANABUHANGA

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame
POLITIKI

Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe
ITOHOZA

Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe

Ubwanditsi 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru