• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ubwo yomonganiraga kuri radiyo Itahuka, umumotsi w’ibigarasha bya RNC, Serge Ndayizeye yeruye ati iyo”: Iyo nsubije amaso inyuma, nsanga uwaturoze atarakarabye”.

Ibi ngo Ndayizeye yabihereye ku bo babana mu buyobobe badasiba kumuhamagara, bamugaragarariza ko imigambi bagiye kumaramo 12 ntaho izabageza. Yavuze ko nawe yasesenguye ngo asanga koko we na bagenzi be ari inkorabusa zujuje ibyangombwa.

Aya magambo y’umumotsi mukuru aje ashimangira ibyo abasesenguzi mu bya politiki bakomeje kuvuga, berekana ko Kayumba Nyamwasa n’abagaragu be nta cyerekezo bagira, ko ahubwo ibyo barimo ari ukwishakira ikibatunga mu bihugu babundabundamo.

Ubusanzwe Serge Ndayizeye ni imandwa ikomeye ya Kayumba Nyamwasa. Gutinyuka rero akavuga ko ”uwabaroze atakarabye”, ubanza amazi yarenze inkombe. Ndayizeye ashyize ahabona umwuka mubi cyane umaze iminsi uvugwa muri uwo mutwe w’iterabwoba wa RNC, dore ko ibigarasha biwugize byirirwa ku maradiyo no ku mbuga nkoranyambaga biterana amagambo y’urukozasoni. Uwaherukaga kumvikana yibasiye Kayumba Nyamwasa ni uwitwa Noble Marara wita Nyamwasa umujura, umuswa, umugambanyi n’ izindi nyito zimutesha agaciro.

Abakurikiye aya magambo ya Serge Ndayizeye, barahamya ko RNC iri mu marembera, niba noneho na ba nyirayo biyemerera ko batayanjwa.

Kuva RNC yashingwa mu mwaka wa 2010, nta gihe hatabayemo ubushyamirane, bwanaviriyemo kwicwa benshi mu bagaragaje imikorere mibi ya Nyamwasa n’abambari be, abarokotse bakajya gushinga ibindi biryabarezi. Icyakora ibintu byarushijeho kudogera ubwo Uganda yamenyeshaga RNC ko itazongera guhabwa ubufasha yagenerwaga n’icyo gihugu.

Haje no kuvugwa inkuru y’intumwa za Uganda zagiye muri Afrika y’Epfo gushishikariza Kayumba Nyamwasa kuva mu manjwe amaze igihe yivurugutamo, ahubwo agataha mu Rwanda. Iyi nama Nyamwasa ngo yaba yaranayakiriye neza, maze birakaza bikomeye ibigarasha, kuko byumva abitaye mu bibazo yabiroshyemo.

Imyitwarire ya Kayumba Nyamwasa n’ibigarasha bye iributsa za senene zimaranira mu icupa bazishyiramo mbere yo kuzikaranga. Bigarasha rero, niba mwumvise ibyo umuzindaro wanyu Serge Ndayizeye yababwiye, agatima gake musigaranye kagombye kubavana mu bikorwa bibi mwishoyemo, naho ubundi aho mugana ni habi cyane, birenze uko mubitekereza.

2022-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025
Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

RUSHYASHYA 15 Apr 2026
Amafoto – Amavubi U23 isezereye ikipe ya Libya mu mukino rutsinzemo 3-0 ikomeza mu kindi kiciro ku giteranyo cy’ibitego 4-4

Amafoto – Amavubi U23 isezereye ikipe ya Libya mu mukino rutsinzemo 3-0 ikomeza mu kindi kiciro ku giteranyo cy’ibitego 4-4

Ubwanditsi 27 Sep 2022
Umuyobozi muri RSSB arahamya ko yibwe n’abana b’abakobwa nyuma yo gushaka kubafasha

Umuyobozi muri RSSB arahamya ko yibwe n’abana b’abakobwa nyuma yo gushaka kubafasha

Ubwanditsi 09 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views
Amakuru

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Ubwanditsi 06 Sep 2023
Perezida Kagame yahaye imbabazi  Kizito Mihigo na Ingabire Victoire
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahaye imbabazi Kizito Mihigo na Ingabire Victoire

Ubwanditsi 15 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru