• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Editorial 20 Jun 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu Burundi umuriro wongeye kwaka nyuma  y’aho Perezida Petero Nkurunziza uyoboye Uburundi waherukaga gutangaza ko atazigera yiyemeza kwiyamamaza,ngo yavuye ku izima atangariza abayoboke b’ishyaka rye CNDD FDD ko ashaka kwisubiraho bamwe barabyishimira abandi barabirwanya cyane byatumye bamwe biyemeza gushinga ishyaka ryabo bakaryita PPD.

Nkuko amakuru dukesha Urunani rw’ibimenyeshamakuru abitangaza, Perezida Nkurunziza yavuze ko yafashe umwanzuro wo kongera kwiyamamariza kuyobora Uburundi kugira ngo ahangane n’ishyaka CNL rya Agathon Rwasa rifite abayoboke benshi cyane.

Abayoboke ba CNDD FDD bamwe batunguwe n’iki cyemezo cya Nkurunziza gusa ngo abenshi babyishimiye bakoma amashyi abandi bake barababara niko guhita bashaka uko bakwigobotora CNDD FDD bagashinga ishyaka ryabo rya PPD.

Mu mwaka wa 2015,benshi mu Barundi baturuka mu mashyaka atandukanye, amadini n’abari mu mashyirahamwe adafite aho yegamiye muri politiki, barimo n’abo mu ishyaka rya CNDD-FDD, bamaganye umugambi wa Nkurunziza wo kwica amasezerano ya Arusha,akitoza manda ya 3 gusa byarangiye ayoboye.

Amatora y’umukuru w’igihugu mu Burundi ateganyijwe mu mwaka utaha  wa 2020 aho mu minsi ishize byavuzwe ko Nkurunziza yashakaga ko umugore we Denise Bucumi ariwe wamusimbura ku butegetsi, abandi bavuga Hon. Révérien Ndikuriyo ukuriye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Burundi FFB.

Muri Werurwe 2018 , ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Pierre Nkurunziza ryatangaje ko rimugize Umuyobozi waryo w’Ikirenga w’Iteka (Guide Permanet).

Uyu mwanzuro wafatiwe mu nama y’iminsi ibiri y’abayobozi bakuru b’ishyaka CNDD-FDD yabaye kuwa 09 -10 Werurwe, 2018, ibera ku ivuko rya Perezida Nkurunziza mu majyaruguru y’u Burundi, ho muntara ya Ngozi .

Mu itangazo ryasohowe nabagize ubuyobozi bukuru bwa CNDD-FDD, rigashyirwaho umukono na General Evariste Ndayishimiye rivuga ko “Hagendewe ku intambwe ishimishije Perezida Nkurunziza yagejeje k’u Burundi, Ubuyobozi bw’ishyaka bwafashe umwanzuro w’uko Perezida Pierre Nkurunziza ari Umuyobozi w’Ikirenge w’Iteka w’ishyaka ryacu. Ni mukuru wacu (imfura), akaba Papa wacu, umujyanama wacu, nta muntu n’umwe wakwigereranya nawe mu ishyaka CNDD-FDD.”

Hari umwe mu bayobozi bo hejuru b’ishyaka CNDD-FDD wabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa “AFP” ko ibyo bakoze atari ukwigana Kim Il Sung muri Koreya y’Amajyaruguru.

Ku rundi ruhande ariko hari ababibonaga nk’intambwe yo kugira Perezida Nkurunziza nk’umwami w’u Burundi none imvugo ibaye ingiro.

2019-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

Imfura z’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Gishari (GIP) 161 zahawe Impamyabumenyi

Imfura z’Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Gishari (GIP) 161 zahawe Impamyabumenyi

Editorial 22 Feb 2017
Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Editorial 12 Mar 2016
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Editorial 06 Jan 2021
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Editorial 03 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. MBARUBUKEYE Jean Claude
    June 20, 20194:02 pm -

    Mbega byendagusetsa!Peter NKURUNZIZA ndumva abaye RUDASUMBWA w’abarundi!!!

    Subiza

Leave a Reply to MBARUBUKEYE Jean Claude Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Editorial 13 Jan 2019
Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda
Mu Mahanga

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Editorial 13 Oct 2016
Abakinnyi ba Rayon Sports bacitsemo ibice, hari abadashaka umutoza
IMIKINO

Abakinnyi ba Rayon Sports bacitsemo ibice, hari abadashaka umutoza

Editorial 06 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru