• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda hirya no hino ku baturage bugamije mu gukumira impanuka zo mu muhanda, kurwanya ibyaha bitandukanye no kwibungabungira umutekano muri rusage,bwakomereje mu karere ka Rulindo tariki ya 11 Ukwakira 2016. Ibiganiro byabereye mu murenge wa Shyorongi, aho abanyeshuri barenga 800 n’abarimu babo 23 b’urwunge rw’amashuri rwa Shyorongi bari bitabiriye ibi biganiro.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda mu karere ka Rulindo Inspector of Police (IP) Francois Ndayambaje yeretse aba banyeshuri uko bambuka umuhanda ndetse n’uko bawugendamo mu rwego rwo kwirinda impanuka. Yagize ati:” iyo mugiye kwambuka umuhanda mugomba kubanza kureba iburyo n’ibumoso ko nta kinyabiziga kiri hafi maze mukambuka mwihuta. Mugomba kandi kwirinda gukinira mu muhanda ndetse mukirinda kurira imodoka no kuzigenda hejuru kuko byagaragaye ko hari bamwe muri bagenzi banyu bake babikora iyo zigeze ahazamuka”. IP Francois Ndayambaje yasabye kandi abanyeshuri kujya bagendera mu ruhande rw’ibumoso bw’umuhanda mu gihe bava cyangwa bajya ku ishuri.

Abarimu bo ku rwunge rw’amashuri rwa Shyorongi nabo bigishijwe uburyo bambutsa abana umuhanda ndetse banasabwa kujya bambara umwambaro wabugenewe mu gihe bari muri iki gikorwa cyo kwambutsa abanyeshuri , kugira ngo abatwara ibinyabiziga ndetse n’abandi bakoresha umuhanda bamenye ibyo barimo gukora bityo bubahirize ibyo basabwa.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda mu karere ka Rulindo yavuze ko igikorwa cyo gukangurira abanyeshuri ikoreshwa neza ry’umuhanda, kizakomeza no ku bindi bigo by’amashuri byegereye umuhanda munini wa Kigali-Musanze unyura muri aka karere ka Rulindo, kuko byagaragaye ko kubera kudasobanukirwa neza n’amategeko y’umuhanda, hari bamwe mu bana bashobora kuhatakariza ubuzima abandi bakaba bakomereka bitewe n’impanuka. Urugero ni urw’impanuka yabaye mu mezi abiri ashize, aho yahitanye abana 2 undi umwe arakomereka ku kigo cy’amashuri abanza cya Buhande mu murenge Bushoki nacyo cyegereye umuhanda.

Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Shyorongi Nkundimfura Zacharie yasabye abanyeshuri kujya bubahiriza amabwiriza bahabwa n’umuntu ubifitiye ububasha bwo kwambutsa abana, akomeza avuga ko biteguye kuzashyira mu bikorwa inama bagiriwe na Polisi.

Aba banyeshuri kandi banahawe n’ikiganiro cyo kwirinda ibiyobyabwenge, uburengazira bw’umwana ndetse banasabwa kudata amashuri. Iki kiganiro bagihawe n’umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Shyorongi Inspector of Police (IP) Celestin Gasana.

RNP

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka 25: RIB irasaba abaturarwanda kwitwararika ibyaha by’ingengabitekerezo ya jenoside n’ibifitanye isano nayo

Kwibuka 25: RIB irasaba abaturarwanda kwitwararika ibyaha by’ingengabitekerezo ya jenoside n’ibifitanye isano nayo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Ben Rutabana aremeza ko RNC izi aho umugabo we ari
INKURU NYAMUKURU

Umugore wa Ben Rutabana aremeza ko RNC izi aho umugabo we ari

Ubwanditsi 08 Oct 2019
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside
ITOHOZA

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru