• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves   |   01 Mar 2021

  • Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange   |   28 Feb 2021

  • Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi   |   26 Feb 2021

  • Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.   |   26 Feb 2021

  • Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.   |   24 Feb 2021

  • Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi   |   23 Feb 2021

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Editorial 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda hirya no hino ku baturage bugamije mu gukumira impanuka zo mu muhanda, kurwanya ibyaha bitandukanye no kwibungabungira umutekano muri rusage,bwakomereje mu karere ka Rulindo tariki ya 11 Ukwakira 2016. Ibiganiro byabereye mu murenge wa Shyorongi, aho abanyeshuri barenga 800 n’abarimu babo 23 b’urwunge rw’amashuri rwa Shyorongi bari bitabiriye ibi biganiro.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda mu karere ka Rulindo Inspector of Police (IP) Francois Ndayambaje yeretse aba banyeshuri uko bambuka umuhanda ndetse n’uko bawugendamo mu rwego rwo kwirinda impanuka. Yagize ati:” iyo mugiye kwambuka umuhanda mugomba kubanza kureba iburyo n’ibumoso ko nta kinyabiziga kiri hafi maze mukambuka mwihuta. Mugomba kandi kwirinda gukinira mu muhanda ndetse mukirinda kurira imodoka no kuzigenda hejuru kuko byagaragaye ko hari bamwe muri bagenzi banyu bake babikora iyo zigeze ahazamuka”. IP Francois Ndayambaje yasabye kandi abanyeshuri kujya bagendera mu ruhande rw’ibumoso bw’umuhanda mu gihe bava cyangwa bajya ku ishuri.

Abarimu bo ku rwunge rw’amashuri rwa Shyorongi nabo bigishijwe uburyo bambutsa abana umuhanda ndetse banasabwa kujya bambara umwambaro wabugenewe mu gihe bari muri iki gikorwa cyo kwambutsa abanyeshuri , kugira ngo abatwara ibinyabiziga ndetse n’abandi bakoresha umuhanda bamenye ibyo barimo gukora bityo bubahirize ibyo basabwa.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda mu karere ka Rulindo yavuze ko igikorwa cyo gukangurira abanyeshuri ikoreshwa neza ry’umuhanda, kizakomeza no ku bindi bigo by’amashuri byegereye umuhanda munini wa Kigali-Musanze unyura muri aka karere ka Rulindo, kuko byagaragaye ko kubera kudasobanukirwa neza n’amategeko y’umuhanda, hari bamwe mu bana bashobora kuhatakariza ubuzima abandi bakaba bakomereka bitewe n’impanuka. Urugero ni urw’impanuka yabaye mu mezi abiri ashize, aho yahitanye abana 2 undi umwe arakomereka ku kigo cy’amashuri abanza cya Buhande mu murenge Bushoki nacyo cyegereye umuhanda.

Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Shyorongi Nkundimfura Zacharie yasabye abanyeshuri kujya bubahiriza amabwiriza bahabwa n’umuntu ubifitiye ububasha bwo kwambutsa abana, akomeza avuga ko biteguye kuzashyira mu bikorwa inama bagiriwe na Polisi.

Aba banyeshuri kandi banahawe n’ikiganiro cyo kwirinda ibiyobyabwenge, uburengazira bw’umwana ndetse banasabwa kudata amashuri. Iki kiganiro bagihawe n’umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Shyorongi Inspector of Police (IP) Celestin Gasana.

RNP

2016-10-13
Editorial

IZINDI NKURU

Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu

Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu

Editorial 29 Dec 2016
Uganda: Umusore w’imyaka 19 afunzwe akurikiranyweho gutuka Perezida Museveni

Uganda: Umusore w’imyaka 19 afunzwe akurikiranyweho gutuka Perezida Museveni

Editorial 06 Jan 2019
Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Editorial 20 Mar 2016
Hon Makuza Bernard,  yasobanuye uko urupfu rwa Mucyo Jean De Dieu rwagenze

Hon Makuza Bernard, yasobanuye uko urupfu rwa Mucyo Jean De Dieu rwagenze

Editorial 06 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru