• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda hirya no hino ku baturage bugamije mu gukumira impanuka zo mu muhanda, kurwanya ibyaha bitandukanye no kwibungabungira umutekano muri rusage,bwakomereje mu karere ka Rulindo tariki ya 11 Ukwakira 2016. Ibiganiro byabereye mu murenge wa Shyorongi, aho abanyeshuri barenga 800 n’abarimu babo 23 b’urwunge rw’amashuri rwa Shyorongi bari bitabiriye ibi biganiro.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda mu karere ka Rulindo Inspector of Police (IP) Francois Ndayambaje yeretse aba banyeshuri uko bambuka umuhanda ndetse n’uko bawugendamo mu rwego rwo kwirinda impanuka. Yagize ati:” iyo mugiye kwambuka umuhanda mugomba kubanza kureba iburyo n’ibumoso ko nta kinyabiziga kiri hafi maze mukambuka mwihuta. Mugomba kandi kwirinda gukinira mu muhanda ndetse mukirinda kurira imodoka no kuzigenda hejuru kuko byagaragaye ko hari bamwe muri bagenzi banyu bake babikora iyo zigeze ahazamuka”. IP Francois Ndayambaje yasabye kandi abanyeshuri kujya bagendera mu ruhande rw’ibumoso bw’umuhanda mu gihe bava cyangwa bajya ku ishuri.

Abarimu bo ku rwunge rw’amashuri rwa Shyorongi nabo bigishijwe uburyo bambutsa abana umuhanda ndetse banasabwa kujya bambara umwambaro wabugenewe mu gihe bari muri iki gikorwa cyo kwambutsa abanyeshuri , kugira ngo abatwara ibinyabiziga ndetse n’abandi bakoresha umuhanda bamenye ibyo barimo gukora bityo bubahirize ibyo basabwa.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda mu karere ka Rulindo yavuze ko igikorwa cyo gukangurira abanyeshuri ikoreshwa neza ry’umuhanda, kizakomeza no ku bindi bigo by’amashuri byegereye umuhanda munini wa Kigali-Musanze unyura muri aka karere ka Rulindo, kuko byagaragaye ko kubera kudasobanukirwa neza n’amategeko y’umuhanda, hari bamwe mu bana bashobora kuhatakariza ubuzima abandi bakaba bakomereka bitewe n’impanuka. Urugero ni urw’impanuka yabaye mu mezi abiri ashize, aho yahitanye abana 2 undi umwe arakomereka ku kigo cy’amashuri abanza cya Buhande mu murenge Bushoki nacyo cyegereye umuhanda.

Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Shyorongi Nkundimfura Zacharie yasabye abanyeshuri kujya bubahiriza amabwiriza bahabwa n’umuntu ubifitiye ububasha bwo kwambutsa abana, akomeza avuga ko biteguye kuzashyira mu bikorwa inama bagiriwe na Polisi.

Aba banyeshuri kandi banahawe n’ikiganiro cyo kwirinda ibiyobyabwenge, uburengazira bw’umwana ndetse banasabwa kudata amashuri. Iki kiganiro bagihawe n’umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Shyorongi Inspector of Police (IP) Celestin Gasana.

RNP

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?

Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Dec 2022
Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Ubwanditsi 12 May 2016
Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ubwanditsi 03 Mar 2025
.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo
POLITIKI

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Ubwanditsi 16 Dec 2018
FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga
Amakuru

FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije
ITOHOZA

Mu Bubiligi hari insengero z’abahutu n’iz’abatutsi- Umukobwa wa Col. Nsekarije

Ubwanditsi 05 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru