• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Ubukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda hirya no hino ku baturage bugamije mu gukumira impanuka zo mu muhanda, kurwanya ibyaha bitandukanye no kwibungabungira umutekano muri rusage,bwakomereje mu karere ka Rulindo tariki ya 11 Ukwakira 2016. Ibiganiro byabereye mu murenge wa Shyorongi, aho abanyeshuri barenga 800 n’abarimu babo 23 b’urwunge rw’amashuri rwa Shyorongi bari bitabiriye ibi biganiro.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda mu karere ka Rulindo Inspector of Police (IP) Francois Ndayambaje yeretse aba banyeshuri uko bambuka umuhanda ndetse n’uko bawugendamo mu rwego rwo kwirinda impanuka. Yagize ati:” iyo mugiye kwambuka umuhanda mugomba kubanza kureba iburyo n’ibumoso ko nta kinyabiziga kiri hafi maze mukambuka mwihuta. Mugomba kandi kwirinda gukinira mu muhanda ndetse mukirinda kurira imodoka no kuzigenda hejuru kuko byagaragaye ko hari bamwe muri bagenzi banyu bake babikora iyo zigeze ahazamuka”. IP Francois Ndayambaje yasabye kandi abanyeshuri kujya bagendera mu ruhande rw’ibumoso bw’umuhanda mu gihe bava cyangwa bajya ku ishuri.

Abarimu bo ku rwunge rw’amashuri rwa Shyorongi nabo bigishijwe uburyo bambutsa abana umuhanda ndetse banasabwa kujya bambara umwambaro wabugenewe mu gihe bari muri iki gikorwa cyo kwambutsa abanyeshuri , kugira ngo abatwara ibinyabiziga ndetse n’abandi bakoresha umuhanda bamenye ibyo barimo gukora bityo bubahirize ibyo basabwa.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda mu karere ka Rulindo yavuze ko igikorwa cyo gukangurira abanyeshuri ikoreshwa neza ry’umuhanda, kizakomeza no ku bindi bigo by’amashuri byegereye umuhanda munini wa Kigali-Musanze unyura muri aka karere ka Rulindo, kuko byagaragaye ko kubera kudasobanukirwa neza n’amategeko y’umuhanda, hari bamwe mu bana bashobora kuhatakariza ubuzima abandi bakaba bakomereka bitewe n’impanuka. Urugero ni urw’impanuka yabaye mu mezi abiri ashize, aho yahitanye abana 2 undi umwe arakomereka ku kigo cy’amashuri abanza cya Buhande mu murenge Bushoki nacyo cyegereye umuhanda.

Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Shyorongi Nkundimfura Zacharie yasabye abanyeshuri kujya bubahiriza amabwiriza bahabwa n’umuntu ubifitiye ububasha bwo kwambutsa abana, akomeza avuga ko biteguye kuzashyira mu bikorwa inama bagiriwe na Polisi.

Aba banyeshuri kandi banahawe n’ikiganiro cyo kwirinda ibiyobyabwenge, uburengazira bw’umwana ndetse banasabwa kudata amashuri. Iki kiganiro bagihawe n’umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Shyorongi Inspector of Police (IP) Celestin Gasana.

RNP

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021
Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro  Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Ubwanditsi 07 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu
HIRYA NO HINO

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.
ITOHOZA

Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Ubwanditsi 03 Dec 2017
Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC
Mu Rwanda

Umurundi yasimbuye Sezibera ku bunyamabanga bwa EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru