• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri

Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri

Ubwanditsi 01 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Dr Rudasingwa Théogene uri mu mutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda ku wa 31 Nyakanga 2019 yatambukije igitekerezo muri ChimpReports kivuga ngo ‘Kagame ntiyari gufata ubutegetsi iyo adahabwa ubufasha na Museveni.’

Igitekerezo cye nta shingiro gifite ndetse si ukuri. Nta shingiro kuko nta buryo bwo kugenzura ibyo avuga, ni ikinyoma kandi kuko amateka amunyomoza. Mu by’ukuri ibi bihabanye n’ukuri.

Abanyarwanda benshi babize icyuya ndetse bamena amaraso yabo mu rugamba rwo kubohora Uganda.

Mu gihe cyo kubaka igisirikare cya Uganda, National Resistant Army (NRA), impunzi z’Abanyarwanda zari inkingi ikomeye.

Nyamara nyuma y’intsinzi ya NRA, Abanyarwanda ntibadamarariye muri Uganda ndetse ngo bashake guhabwa icyubahiro cyangwa ibihembo by’intambara batsinze, batashye mu rugo.

Abanyarwanda bagiye mu rugo mu Rwanda ndetse ntibigeze basubirayo na rimwe.

Mu by’ukuri hari inkuru zitandukanye zigaragaza ko Abanya-Uganda bakurikiye Abanyarwanda ndetse nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu bagerageza gushaka no guhumba ibyo kurya ku butaka bw’u Rwanda ariko barakumirwa.

Nta Munya-Uganda waguye mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Si inshuro nke abaturage ba Uganda bamenyereye ko abofisiye ba Uganda, baba abakiri mu kazi n’abashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru bavugira mu ruhame ku burenganzira bwabo bwo kwigwizaho imitungo, mu buryo bunyuranye n’amategeko kubera imbaraga zabo mu ntambara yabaye mu myaka 50 ishize.

Ibi ntibitangaje kuba umuntu nka Rudasingwa yakwandika ibi. Impirimbanyi zaharaniye amahoro zambwiye ko muri izo ntambara zombi uwo mugabo atigeze ahakandagiza ikirenge.

Ntiyari umunyamuryango w’Ishyaka rya Perezida Museveni, NRM [National Resistance Movement] ndetse ntiyigeze agira uruhare mu rugamba rwo mu ishyamba muri Uganda.

Ubwo Abanyarwanda bafataga icyemezo cyo kujya kubohora igihugu cyabo, uwo mugabo ntaho yagaragaraga kuko atashoboraga guhara amagara ngo yitangire igihugu nk’izindi ndwanyi z’ukuri.

Abanyarwanda ntibashinjwa ubutindi mu gihe nta gikorwa kigeze gikorerwa abaturage ba Uganda baba n’abashakira ubuzima mu Rwanda nk’uburyo bwo kwihorera ku bikorwa byo guta muri yombi n’iyicarubozo Guverinoma ya Uganda ikorera Abanyarwanda.

Bitandukanye n’umuturanyi wabo, nta mwanzi wa Uganda wigeze ahabwa ubuhungiro mu Rwanda nkuko ya mvugo ibigaragaza ko nta nkota bacuriye kurwanya Uganda yigeze ityarizwa ku butaka bw’u Rwanda.

Mu nkuru irimo kuyobya cyane, hari amazina menshi y’Abanyarwanda bashinjwa kurenganywa na Guverinoma y’u Rwanda ariko nta Munya-Uganda n’umwe rutoki ubarizwa kuri urwo rutonde.

Byerekana agasuzuguro k’umwimerere aho umwanditsi avuga ku bitutsi biva ku bantu ku giti cyabo bigamije guharabika abategetsi ba Uganda ariko akirengagiza nkana iyicarubozo ry’inkazi n’amakuba yo kwamburwa imitungo Abanyarwanda bahurira nay o mu biganza by’ibigo byo muri Uganda birimo Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI).

Inshuro nyinshi, umwanditsi yakoresheje uburyo budahwitse bwo gushaka kwikuraho ibintu akabitwerera uwo agamije guharabika.

Nyuma y’ifungwa ry’umupaka, abayobozi ba Uganda bakunze kumvikana bashyira mu majwi, bananenga isoko ry’u Rwanda n’Abanyarwanda.

Nyamara nta muyobozi w’u Rwanda wigeze wumvikana avuga nabi Uganda. Ku rundi ruhande ahubwo abayobozi b’u Rwanda bagaragaje umuhate wo gukorana na bagenzi babo mu gushyira iherezo ku ihohoterwa rikorerwa Abanyarwanda muri Uganda.

Mu magambo avunaguye, iri niryo zingiro ry’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, birimo ubusumbane, imigambi yo guhungabanya u Rwanda, ibinyoma aho Abanya-Uganda bavuga ku ifungwa ry’umupaka ariko batagamije gukemura ikibazo bagihereye mu mizi; ihohoterwa, ifungwa n’itotezwa ry’Abanyarwanda baba n’abakorera ingendo muri Uganda.

Umuntu yakwibaza, iyo biba nta Munyarwanda watoterejwe muri Uganda, ese umupaka wari guhita ufungwa ku ikubitiro?

Abaturage b’ibihugu byombi bizahora bituranye kugeza iteka ryose, ntacyo bungukiye muri ayo makimbirane.

Ndifata ku gukoresha imvugo itesha agaciro nk’iyo umwanditsi yifashishije muri ChimpReports. Kuba yaragerageje umugambi mubisha wo gushaka guca ibice mu gisirikare gihuje umugambi bigaragaza indangagaciro z’uwo mugabo ndetse bikanashimangira ingingo z’inkuru ye.

Ni ikimenyetso ko umwanditsi afatira icyitegererezo cy’ukuri kuri Perezida Habyarimana Juvénal, umugabo wateguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ingunguru irimo ubusa niyo ibomborana! Umugabo wahisemo gukomeza kuba hanze mu gihe RPF yari mu rugamba rwo kubohora igihugu, yabaye mu ba mbere bashatse guhemberwa intsinzi atagizemo uruhare.

Imico ye idahwitse ntiyari gutuma atera kabiri. Ntibitunguranye rero kuba uyu munsi yarahindutse umuntu uvuga nabi RPF ndetse bikaba bibabaje kuba umuntu wagaruwe mu Rwanda n’abahagaritse Jenoside yariyunze n’abicanyi bayikoze bibumbiye muri FDLR.

Umusomyi

2019-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

Urukundo Interahamwe zize gukunda Kizito, zitamukunze zica abe muri Jenoside zakoreye Abatutsi zirukura he?

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Ubwanditsi 10 Jul 2020
Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Uganda: Umunyarwandakazi n’uwari umuherekeje barasiwe Entebbe bahita bashiramo umwuka

Ubwanditsi 06 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri
IMIKINO

Mu mafoto 30: Irebere abayobozi bakuru b’igihugu bari mu myitozo ngororamubiri

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi  mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016
‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda  yabonye mu Rwanda ngo niyo  yatumye ajya gutabara muri Congo
ITOHOZA

‘ Jenoside ‘Jeneral Bosco Ntaganda yabonye mu Rwanda ngo niyo yatumye ajya gutabara muri Congo

Ubwanditsi 15 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru