• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara

Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara

Ubwanditsi 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Umukuru w’igihugu, Paul Kagame yatangaje Guverinoma nshya igizwe n’abaminisitiri 19 ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB; aho hagaragaye amasura mashya nka Nyirasafari Esperance wagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango na Gashumba Diane wahinduriwe imirimo akagirwa Minisitiri w’Ubuzima.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Ukwakira 2016 nibwo Guverinoma nshya ndetse n’abayobozi ku rwego rw’Intara batangajwe binyuze mu itangazo ryashyizweho Umukono na Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi.

Guverinoma nshya igizwe na:

1. Minisitiri w’Intebe: Anastase Murekezi

2. Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi: Dr Geraldine Mukeshimana

3. Minisitiri w’Umutungo Kamere ( Ubutaka, amashyamba, ibidukije n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro): Dr Vincent Biruta

4. Minisitiri w’Umuco na Siporo: Uwacu Julienne

5. Minisitiri w’Ibikorwa remezo: Musoni James

6. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu: Kaboneka Francis

7. Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi: Amb. Gatete Claver

8. Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika
y’Iburasirazuba: Kanimba François

9. Minisitiri w’Ubuzima: Dr Gashumba Diane

10. Minisitiri w’Ubutabera/ Intumwa Nkuru ya Leta: Busingye Johnston

11. Minisitiri w’Uburezi: Dr Musafili Papias Malimba

12. Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo: Uwizeye Judith

13. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane: Mushikiwabo Louise

14. Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango: Nyirasafali Esperance

15. Minisitiri w’Ingabo: Gen Kabarebe James

16. Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika: Tugireyezu Venantia

17. Minisitiri muri Primature ushinzwe Ibikorwa by’Inama y’Abaminisitiri: Mugabo Stella Ford

18. Minisitiri Ushinzwe Imicungire y’Impunzi n’Ibiza: Mukantabana Seraphine

19. Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga: Nsengimana Jean Philbert

20. Umwe mu bagize Guverinoma akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere: Gatare Francis

Abanyamabanga ba Leta

1. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro: Rwamukwaya Olivier

2. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye: Munyakazi Isaac

3. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza no kurengera abaturage: Dr Mukabaramba Alvera

4. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe iterambere ry’abaturage: Munyeshyaka Vincent

5. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe igenamigambi: Dr Ndagijimana Uzziel

6. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo ushinzwe ingufu n’amazi: Kamayirese Germaine

7. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo ushinzwe gutwara abantu n’ibintu: Dr Nzahabwanimana Alexis

8. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuzima rusange n’ubuvuzi bw’ibanze: Dr Ndimubanzi Patrick

9. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi mategeko: Uwizeyimana Evode

10. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ushinzwe ubuhinzi: Nsengiyumva Fulgence

Perezida Kagame kandi yashyizeho kandi n’abandi bayobozi bakurikira:

Abaguverineri b’Intara

Intara y’Amajyarugu: Musabyimana Claude

Intara y’Iburasirazuba: Kazayire Judith

Intara y’Iburengerazuba: Mureshyankwano Marie Rose

Intara y’Amajyepfo: Munyantwari Alphonse

Abanyamabanga bahoraho

Muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu: Uwamariya Odette

Muri Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika
n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba: Safari Innocent

Muri Ambasade y’u Rwanda i New York

1. Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye: Ambasaderi Rugwabiza Valentine

2. Umujyanama ku rwego rwa Minisitiri (Minister Counsellor): Bakuramutsa Feza

Mu zindi nzego

1. Umuhuzabikorwa w’ibikorwa byo mu Muhora wa Ruguru: Hategeka Emmanuel

2. Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB: Dr Cyubahiro Bagabe Marc

3. Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ingoro Ndangamurage z’u Rwanda: Masozera Robert

4. Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ushinzwe inganda n’ibigo bito n’ibiciriritse: Karenzi Annet

-4248.jpg

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame

2016-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari hatangijwe amahugurwa ku kurwanya inkongi z’imiriro

Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari hatangijwe amahugurwa ku kurwanya inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 10 Jan 2017
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Ubwanditsi 07 Jul 2022
Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye
HIRYA NO HINO

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Ubwanditsi 20 Apr 2019
Uganda yarekuye amakamyo y’amabuye y’agaciro yari yafashwe aturutse mu Rwanda
ITOHOZA

Uganda yarekuye amakamyo y’amabuye y’agaciro yari yafashwe aturutse mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Nov 2018
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’
ITOHOZA

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Ubwanditsi 02 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru