• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Ubwanditsi 04 Nov 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nk’uko byatangajwe na Okello ORYEM, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, Perezida w’icyo gihugu Kaguta Yoweri Museveni arifuza inama y’igitaraganya y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’afrika y’ Uburasirazuba, ngo kugirango barebe icyo bafasha Ethiopia, bityo intambara hagati y’ingabo za Leta y’icyo gihugu n’abarwanyi ba TPLF ihagarare. N’ubwo bagenzi be bamwumvira bakitabira iyo nama, ariko se Museveni yaba ajyanyemo irihe jambo?

Abumvise icyifuzo cya Perezida Museveni bibajije ingano y’icyizere afitiwe mu karere no ku rwego mpuzamahanga, ku buryo bagenzi be bazaha ibitekerezo bye gufasha abanya Ethiopia kubona igisubizo cy’ibibazo barimo, mu gihe ari imvano y’ibibazo mu gihugu cye no mu karere kose.

Urugero abasesenguzi batanga, ni uko Perezida Museveni nawe ubwe yugarijwe n’ibibazo bya politiki biri muri Uganda, bishingiye ahanini ku kugundira ubutegetsi, igitugu na ruswa bikabije, byamuteranyije n’abaturage be ndetse n’ibihugu byahoze ari inshuti za Uganda.

Abanya Uganda barashinja Museveni guhindura igihugu cyabo akarima k’umuryango we, ku buryo ukigaraguza agati uko ubyifuza. Muri byinshi Abagande batishimiye, harimo kuba Museveni yasimbukishije inzego nyinshi mu gisirikari umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, akamugira Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka kandi mu by’ukuri nta bushobozi abifitiye.

Ikigamijwe ni ukugirango Muhoozi abungabunge imitungo umuryango wa Museveni n’agatsiko ko mu ishyaka NRM bigwijeho, ariko cyane cyane umugambi wa Museveni ni ugutegura umuhungu we ngo azamusimbure ku mwanya wa Perezida wa Uganda.

Nimwibaze umuperezida ufata umugore we akamugira Ministiri! Ibi byo kwikubira umutungo w’igihugu kandi ubwo biraba mu gihe abapolisi ba Uganda binubira bikomeye gutuzwa mu macumbi ameze nk’imisarani, adakwiye abantu bashinzwe umutekano w’abanyagihugu. Abaturage bavuga ko gufatwa nabi ariho abo bapolisi bakura kwitwara nk’ibyihebe, barya ruswa, banahohotera abaturage.

Ikindi gituma ababikurikiranira hafi basanga Perezida Museveni atakiri mu bavuga rikumvikana, ni uruhare rwe mu gutobera ibihugu bituranye na Uganda. Aha naho ingero zirivugira.
1. Hari imyitwarire ya Museveni mu gufasha imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kugirira nabi Abanyarwanda baba cyangwa batemberera muri Uganda. Iki ni kimwe mu bituma uyu mukambwe ushaje nabi nta jambo akwiye mu kunga abaturage bo mu bindi bihugu, mu gihe yajujubire abaturanyi.

2. Uganda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa ADF, umutwe w’iterabwoba ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Ibimenyetso bifatika bigaragaza ko murumuna wa Museveni, Salim Saleh, akorana ubucuruzi na ADF, amafaranga bishyurana akanyuzwa mu mabanki yo muri Uganda, umuryango wa Museveni ufitemo imigabane.

3. Ubu Kenya na Uganda birarebana ay’ingwe kubera Museveni ushaka kwivanga mu matora ateganyijwe muri Kenya umwaka utaha. Mu minsi ishize inzego z’umutekano muri Kenya zatagiriye Visi-Perezida w’icyo gihugu, William Ruto, washakaga kujya muri Uganda kubonana na Museveni, bagategura imigambi abayobozi ba Kenya batahuye ko yari mibisha. Ibyo kuvangira Kenya biherutse no kwemezwa n’umunyapolitiki ukomeye muri Uganda, Bobi Wine, wanahanganye na Museveni mu matora aheruka , mu kwezi gushize akaba yarasabye ku mugaragaro abaturage ba Kenya kwanga ko Museveni abagenera uko bayobora igihugu cyabo, nk’uko yabigerageje ku Rwanda bikamunanira.

Nguwo rero Yoweri K. Museveni uvuga ko yatanga umusanzu mu gufasha Ethiopia kuva mu bibazo by’intambara irimo, mu gihe nawe ubwe yakaniwe kurangiza ikibazo kimaze imyaka n’imyaniko hagati ye na LRA ya Joseph KONY. Nguko uko Perezida Museveni ashaka gusiga ibiseke bye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi!

2021-11-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 31 Dec 2021
Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Shampiyona zo ku mugabane w’i Burayi mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 zaraye zishojwe harimo impinduka ugerereanyije n’umwaka w’imikino wa 2019-2020 – ibyaranze shampiyona 5 zikunzwe.

Ubwanditsi 24 May 2021
Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Ubwanditsi 16 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.
Amakuru

Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru