• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kayonza Abayobozi b’ibigo by’amashuri 2 bamaze guhunga igihugu kubera Bank Lamberi

Kayonza Abayobozi b’ibigo by’amashuri 2 bamaze guhunga igihugu kubera Bank Lamberi

Ubwanditsi 08 Mar 2019 ITOHOZA

Uburiganya no kurya ibya rubanda bimaze gufata indi ntera  muri iki gihe havugwa ubukene bw’amafaranga mu mujyi  wa Kigali . Abaturage bakaba basaba Abayobozi bakuru bagiye mu mwiherero  i Gabiro gukemura iki kibazo   cya [ Bank Lambert ] mu maguru mashya kuko  none ubu  cyageze no mubigo  by’amashuri.  Amakuru agezweho akaba ari ay’umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Ebenezer Academy ndetse akaba ariwe wayoboraga Itorero rya Assembles of God Kayonza yamaze guhungira muri Uganda, ibye bikaba birimo gutezwa cyamunara.

Umwe mu bakozi bamukoreraga kuri icyo kigo utashatse ko amazina ye atangazwa yatangarije Ikinyamakuru Umusingi dukesha iyi nkuru ko Pasiteri Butera Augustin wayoboraga Itorero Assembled of God Kayonza ndetse n’ikigo cy’amashuri cya Ebenezer yamaze guhunga kubera Bank lamberi ndetse n’inguzanyo ya Bank yari yarananiwe kwishyura bityo ibye bikaba birimo gutezwa cyamunara.

Yagize ati “Twumvise ko yahunze ndetse hari abantu bashakaga kugurisha ishuri rye kugirango Bank yiyishyure n’abandi bantu twumva ngo bari baramuhaye Bank Lamberi ananirwa kwishyura”.

Ntago ari we wenyine umaze guhunga muri Kayonza mu mpera z’umwaka ushize wa 2018 nabwo  hari inkuru y’umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya St.Theresa Kayonza nawe wahunze igihugu kubera Bank Lamberi ndetse n’inguzanyo ya Bank yananiwe kwishyura.

Amakuru avuga ko impamvu bafata Bank Lamberi ari uko ubu ibigo by’amashuri bitacyunguka nyuma y’uko Leta ishyizeho amashuri ya nayini(9) na 12 aho abana benshi ariho bajya kwiga kubera ahendutse ariho ababyeyi bajyana abana babo kwiga kubera ubukene.

Pasiteri Butera Augustin

Uwahaye amakuru iki kinyamakuru, yavuze ko hari n’abandi bakigerageza gukora bafite ibigo by’amashuri ariko nabo bafite Bank Lamberi ibamereye nabi akongeraho ko bayifata bashaka kwishyura umwenda baba barafashe muri Bank ugasanga bishyizeho ibibazo byo kwishyura [2] kandi inyungu nyinshi badashobora kubona bikabaviramo guhunga ibyabo bigatwarwa n’ababa babahaye Bank Lamberi.

Yakomeje asobanura  ko uburyo Bank Lamberi itangwa aho muri Kayonza avuga ko yumvikana n’ugiye kuyimuha bakagirana amasezerano ko amuhaye ibiryo by’ishuri bihwanye n’amafaranga amuhaye bikitirirwa ko agemurira ikigo ibiryo by’abanyeshuri.

Ibi byo umuyobozi w’ishuri rya St.Theresa Kayonza akaba  yarabyemereye itangazamakuru  ko asezerana n’uwa Bank Lamberi ko amugemuriye ibiryo by’abanyeshuri akamuha amafaranga azamwungukira buri kwezi ku buryo niba azayamarana amezi [6 ] akabara inyungu zayo wenda urugero nka Miliyoni eshatu akandika ko amuhaye ibiryo bya Miliyoni 6.

Iki kinyamakuru  cyavuganye n’umwe washakaga kugura ikigo cya Ebenezer cya Pasiteri Butera avuga ko amafaranga bashakaga kukigura bayanze bityo barakireka, ariko avuga ko Pasiteri Butera yahungiye Uganda.

Amakuru avuga ko Pasiteri Butera Augustin yari afite  n’ umwenda wa Miliyoni 200 ya Unguka Bank.

Src: Umusingi

2019-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Perezida Trump na Perezida Bashir batumiwe mu nama izabera muri Arabia Soudite

Ubwanditsi 18 May 2017
Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Ubwanditsi 08 Sep 2019
Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Ubwanditsi 25 Nov 2017

Igitekerezo kimwe

  1. John
    March 11, 20197:44 am -

    Si Lambert gusa, yanakoresheje ibyangombwa byibihimbano agenda agurisha imitungo ye iri mungwate kubantu benshi batandukanye abifashijwemo na Notaire w ubutaka witwa Moses Orikiriza ndetse nabandi batandukanye bakora mubigo byubutaka na bank.Augustin Butera byumwihariko akwiye gukurikiranwa agafatwa agahanwa.Ndetse numugore we Mukabaramba Joyce bafatanyije gusinya kubugure kandi baziko bari kwiba rubanda

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu bakiriwe n’Umwami w’Abami w’u Buyapani

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Iby’Umunyamakuru  Ndahayo Obed  wahunze Igihugu byamenyekanye
ITOHOZA

Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Ubwanditsi 31 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru