• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Amakuru yizewe dukesha abari mu burasirazuba bwa Kongo, aravuga ko Leta y’u Burundi yohereje “Imbonerakure” muri icyo gice cya Kongo, urwo rubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi rukaba rwaratangiye”gukora” cyane cyane muri teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Mu mvugo y’abajenosoderi, “gukora” bisobanuye kwica Abatutsi.

Ayo makuru rero aravuga ko Imbonerakure zifatanya n’abasirikari b’u Burundi basanzwe muri Kongo, bagaha imyitozo n’ibikoresho insoresore z’Abahutu, bazishishikariza kwica abaturage bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Mu bikoresho bihabwa abicanyi, harimo ya matoni y’ imipanga Leta y’u Burundi iherutse gutumiza mu mahanga, nk’uko itangazamakuru n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu byabigaragaje, ndetse n’ubutegetsi bwa Evariste Ndayishimiye ntibubashe kubihakana.

Magingo aya ubwoba bwarushijeho kwiyongera cyane cyane muri Masisi y’Amajyepfo(Masisi Sud), kuko ubwicanyi bw’Abarundi butije umurindi ubusanzwe bukorwa na Wazalendo na FDLR, nabo bamaze igihe barahagurukiye gutsemba icyitwa Umututsi muri Kongo.

Abantu batari bake baramagana imyitwarire ya Perezida Tshisekedi n’abamushyigikiye, bakomeza gushyira Kongo mu marira n’imiborogo.

Umwe mu bataripfana udasiba guteza ubwega, ni Karidinali Fridolin Ambongo, akaba na Arisheveke wa Kinshasa, ugaragaza ko abategetsi bakomeje imvugo z’urwango ari nako mu Burasirazuba bwa Kongo hanyanyagizwa intwaro mu baturage. Karidinali Ambongo avuga ko ubwicanyi ndengakamere bwo mu gihugu cye nta wundi buzabazwa uretse Tshisekedi n’agatsiko ke.

Abasesengura iby’intambara zo muri aka karere, bavuga ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bufite byinshi busangiye n’ubwa Yuvenali Habyarimana.

Hari nko guhuruza amahanga ubeshya ngo watewe n’ikindi gihugu, kandi ubizi neza ko ikibazo ari icy’abenegihugu hagati yanyu, ari namwe mukwiye kucyikemurira:

– Habyarimana yumvise ikibatsi cya RPF-INKOTANYI, Abanyarwanda bari barambiwe akarengane, ati: ” Muntabare natewe na Uganda”.
-Tshisekedi nawe ntiyumvise umurindi wa M23, abakongomani barwanira agaciro kabo, ahuruza SADC, abacanshuro, Abarundi, n’indi mitwe yitwara gisirikari itabarika, ngo baje kurwana n’u Rwanda!

Amarembera y’izo ngoma zombi kandi nayo arasa nk’intobo. Mu itsindwa ryazo zahisemo kwifashisha Interahamwe, Imbonerakure na Wazalendo mu kwica Abaturage b’inzirakarengane, aho kurwana n’abo bahanganye ku rugamba.

Amaraso arasama!

2024-04-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Ubwanditsi 11 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame
Amakuru

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024
Ingabire Victoire na Bernard Ntaganda bakomeje kwerekana uburyo bakorana hafi na hafi n’imitwe yiterabwoba irimo na MRCD iyobowe na Rusesabagina
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire na Bernard Ntaganda bakomeje kwerekana uburyo bakorana hafi na hafi n’imitwe yiterabwoba irimo na MRCD iyobowe na Rusesabagina

Ubwanditsi 28 Apr 2020
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya mbere mu 2020

Ubwanditsi 29 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru