• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba(EAC), kuwa 30/11/2024 bateraniye Arusha muri Tanzaniya, mu nama yabo ya 24. Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo-Kinshasa na mugenzi we w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, banze kwitabira iyo nama ikomeye, abasesenguzi bakavuga ko banze kumwarira inbere ya bagenzi babo, bari kubabaza ibijyanye n’umyitwarire yabo igayitse, ituma intambara iyogoza uburasirazuba bwa Kongo itabonerwa umuti.

Nk’uko biteganywa n’amahame- shingiro z’uyu muryango, Perezida wa Kongo niwe wari utahiwe gushyikirizwa inkoni y’ubutware nk’Umuyobozi wa EAC mu gihe cy’umwaka. Kubera rero ko intebe ya Kongo nta muntu wari uyicayeho, iyo nkoni yahawe William Ruto wa Kenya.

Nubwo Tshisekedi ariko atari ahari, ndetse akaba ataranohereje umuntu n’umwe wo kumuhagararira, bagenzi be, Hassan Samia Suluhu wa Tanzaniya, Yoweri K.Museveni wa Uganda, William Ruto wa Kenya, Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, Hassan Sheikh Mohamud wa Somalia na Paul Kagame w’uRwanda, ntibyababujije kuganira birambuye kuri iyo ntambara ikomeje guhitana abantu, abandi benshi bakava mu byabo mu burasirazuba bwa Kongo, kuko abo bayobozi bakuru basanga iyo ntambara atari iya Kongo gusa, ahubwo ifite n’ingaruka ziremereye kuri aka karere kose.

Abari mu nama bababajwe no kuba Perezida Tshisekedi yifashisha iyi ntambara ngo agere ku nyungu ze za politiki, kuko bigaragara ko afite umugambi wo kugundira ubutegetsi, yitwaje ko atasiga igihugu mu ntambara!

Uretse izo nyungu za politiki, abasesenguzi bo nta gihe baterekanye ko muri iyi ntambara Perezida Tshisekedi n’abamushyigikiye bafitemo n’inyungu z’ubukungu z’umurengera. Hari nko kunyereza amamiliyoni y’amadolari yitwa ko ari ayo guhemba abasirikari cyangwa kugura ibikoresho by’intambara, no gucuruza rwihishwa umutungo kamere wa Kongo, kuko mu bihe by’ibi by’intambara utagira gikurikirana.

Abakuru b’Ibihugu bya EAC rero bafashe imyanzuro, iganisha ku gukemura ikibazo cy’iyo ntambara ya Kongo.

1. Basabye ko Perezida Tshisekedi yibutswa KUBAHA NTA MANANIZA icyemezo cy’Umuryango “EAC” cyo kohereza ingabo zawo guhagarara hagati y’impande zihanganye, kugirango habe ibiganiro by’amahoro. Twibutse ko izo ngabo za EAC zigeze koherezwa muri Kongo, ariko Perezida Tshisekedi akazirukana, kuko zari zanze gukorera mu kwaha kwe, nk’igisirikari cye bwite. Yaje kuzisimbuza iz’umuryango SADC, none aho kurangiza intambara, ibintu byarushijeho kudogera.

2. Aba Bakuru b’ibihugu bemeje ko hagomba kuba ibiganiro hagati y’ Umuryango SADC na EAC, maze amasezerano azavamo akaba ariyo azagenderwaho mu kurangiza intambara ya Kongo. Ibi bisobanuye ko ibi biganiro nibitaba, izo ngabo za SADC zizaba ziri muri Kongo mu buryo bubangamiye inyungu z’ Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba wose.

3. Mu rwego rwo kwirinda gutatanya imbaraga, hasabwe ko ibyemezo bya Nairobi n’ibya Luanda bihurizwa hamwe. Ibyemezo bya Nairobi birebana n’imishyikirano hagati ya Leta ya Kongo n’imitwe yitwaje intwaro, naho ibyemezo bya Luanda bikibanda by’umwihariko ku kurangiza ubushyamirane hagati ya Kongo n’uRwanda. Kubera ko byose bigamije kugarura amahoro muri Kongo no mu karere muri rusange, inama ya Arusha isanga guhuza ibi byemezo byombi bizihutisha ishyirwa mu bikorwa byabyo.

Ese ko hari ibimenyetso byerekana ko Perezida Tshisekedi yamaze gutera umugongo Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ni iki gitanga icyizere ko noneho azubahiriza ibi asabwa na bagenzi be baguriye muri uwo muryango?

Ni iki kizakura ku izima Tshisekedi watinyutse kwirukana nabi ingabo z’uwo muryango, umuntu utitabira inama zawo, ntatange umusanzu w’umunyamuryango, ahubwo agashinja byinshi mu bihugu biwugize(uretse uBurundi) kuba “ibyitso by’umwanzi”?

Ikiraro kizaba ikihe hagati ya Tshisekedi wamaze gutangaza ko ntacyo ibiganiro bya Nairobi bikimubwiye(ngo kuko Perezida Ruto abogamiye ku Rwanda na M23) n’imiryango mpuzamahanga, irimo Afrika Yunze Ubumwe na Loni, ndetse n’ibihugu by’ibihangange nk’Amerika, Ubwongereza n’Ubufaransa, byo bisanga amizero akwiye gushingirwa ku bushake n’imbaraga abategetsi bo mu Karere bashyira mu gushakira umuti ibibazo bya Kongo?

Mu rwego rwo kubuza Tshisekedi gukomeza gukina ku buzima bw’inzirakarengane zitikirira muri iriya ntambara, hejuru y’ibyasabwe n’Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, hagombye guteganywa n’ibihano bizahabwa Tshisekedi, mu gihe yakomeza kwima agaciro imbaraga zishyirwa mu gushakira umuti iki kibazo.

Ikindi, Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba bagombye kugira ijwi rimwe, ryamagana ibihugu n’imiryango ifite indimi nyinshi ku kibazo cya Kongo. Urugero ni nka Loni, ku ruhande rumwe ivuga ko itewe impungenge n’itotezwa rikorerwa Abatutsi bo muri Kongo, ku rundi ruhande igatera inkunga ya gisirikari ingabo za Leta ya Kongo, zica abo baturage, ndetse zikanakorana n’abajenosoderi ba FDLR.

Mu gitondo iyo Loni ndetse n’Umuryango w”Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi bizinduka bivuga ko inzira rukumbi yo kurangiza intambara ya Kongo ari ibiganiro, ku mugoroba bigaha intwaro za rutura.Leta ya Kongo, rumwe mu mpande zihanganye!

Mu by’ukuri rero, abafite inyungu muri iyi ntambara ya Kongo ni benshi, kandi kubakoma mu nkokora birasaba ubutwari tutarabona aho bwava kugeza ubu.

2024-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Ubwanditsi 14 Dec 2016
RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

RDC: Abantu batandatu bamaze kwicirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza mu minsi itatu

Ubwanditsi 14 Dec 2018
Ngoma: Ibisasu bibiri byatahuwe mu bitaro bya Kibungo

Ngoma: Ibisasu bibiri byatahuwe mu bitaro bya Kibungo

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Ubwanditsi 11 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda
Mu Rwanda

Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Ubwanditsi 08 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru