• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Ubwanditsi 15 May 2018 Mu Rwanda

Umushumba mukuru w’Itorero rya Patmos of Faith Church, Prophet Bosco Nsabimana  yabwiye abayoboke b’itorero rye ku munsi wa mbere w’amateraniro yabereye muri Hoteli Umubano bakunze kwita Merdien ko yiteguye kubageza kure ndetse ko itorero rye uretse kubageza muri hoteli, rizabageza no mu ijuru.

Ibi yabitangaje kuri iki cyumweru tarili 13 Gicurasi 2018, mu materaniro ya mugitondo yabereye muri hoteli Umubano benshi bakunze kwita Hoteli Merdien, ari na bwo bwa mbere bari bateraniye muri iyi hoteli nyuma yo gufungirwa urusengero bakamara igihe kinini badaterana.

Prophet Bosco yagize ati: “Birashoboka ko ari ubwa mbere ugeze muri hoteli Merdien,…Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu, narababwiye ngo mwebwe nzagenda mbakura Nyabugogo, mbazamura Yahamaha (ku Muhima),…ubu turimo turegera ikibuga cy’indege, aho tujya ni heza.”

Prophet Bosco Nsabimana yijeje abakirisitu ko no mu ijuru bazagerayo

Ibi arabivuga mu gihe abakirisito b’iri torero bari bamaze igihe badaterana bitewe nuko urusengero bahoze basengeramo ruherereye ku Muhima mu karere ka Nyarugenge rwafunzwe n’inzego za Leta kubera ko rutujuje ibyangombwa bisabwa insengero zemewe mu Rwanda.

Ubuhanuzi bwo kubaka urusengero rudasanzwe.

Pasiteri Alice Mwiza, wari waturutse mu gihugu cya Uganda yahawe umwanya maze avuga ko akunda gukurikirana umushumba w’itorero rya Patmos of Faith, ndetse avuga ko iri torero ahamya ko rigiye kubaka urusengero rwiza cyane.  Ati: “Ndashima Imana ko muri hano, mumaze igihe mudasenga narabyumvishije, ariko iyo ikintu cyabaye mu gihugu cyangwa mu muryango hari ikindi kintu cyiza kiba kirimo kuza kiruta icyari gihari, ubu mugiye kubaka urusengero rukomeye cyane, kandi rwiza,…ubu mugiye kubaka amatorero y’imbaraga, kuburyo muzajya muparika (imodoka) hasi mugasengera hejuru.”

Pasiteri Alice Mwiza yabwiye ab’itorero rya Patmos ko Imana igiye kubafasha kubaka urusengero rudasanzwe

Prophet Fire nyuma yaje guhaguruka agaruka kuri ibi Pasiteri Alice yari amaze kuvuga ati: “Mwumvishe ubuhanuzi bwamaze kuza ko tugiye kubaka urusengero, rumeze kuriya, kandi ikiziyongeraho ruzaba ruri abantu hajyanye n’igihe, ibyo byose birimo gukorwa….

Yavuze mu ngendo agenda akorera hirya no hino ko aba agiye kurahura ubwenge. Ati:”….buriya iyo umuntu yuriye indege aba agiye kureba iby’ahandi, akareba ibyo yakigirayo, ibyo yamenyayo, ibyo yazanayo ariko cyane cyane bishingiye ku iterambere ry’umurimo w’Imana kuko njye ntabwo nshuruza, nta kindi kinjyana ni ijambo ry’Imana.”

Prophet Bosco Nsabimana (ibumoso) avuga ko yamaze gutangiza itorero muri America

Gushinga itorero muri America.

Prophet Bosco yakomeje asobanura ko mu minsi amaze atari mu rwanda yari ari mu butumwa bwiza bwo kwamamaza inkuru ya Yesu muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ndetse avuga ko gahunda zo gushingayo itorero azigeze kure.

Yagize ati: “Hashize igihe kitari gitoya ntari mu Rwanda, nari ndi mu butumwa kandi bwiza, bw’amahoro bw’ijambo rya Yesu, kuko Yesu yaravuze ngo mujye mu mahanga mwigishe ubutumwa mwiza bw’amahoro, mwigishe abantu bamenye Yesu, bave mu byaha, nahuye n’abarokore benshi kandi harimo nka batanu bavuye muri Patmos bari hariya muri America,kandi gahunda ihari nuko dutangizayo itorero ndetse byaratangiye mu rwego rw’ubuyobozi,… tuzareba igishoboka dusubireyo kugirango twimike abashumba kandi bifite imbaraga,….abatarambonye mumenye ko ari iyo gahunda nari ndimo.”

Prophet Fire yashimiye abakirisitu b’itorero rya Patimos ko bihanganye mu giha bamaze badaterana bakaba bagejeje igihe cyo kongera guterana. Yabashimiye ko bakomeje gusengera mu ngo zabo kuko gusenga ari umuco mwiza ku mukirisito.

Prophet Bosco Nsabimana yabwiye abayoboke b’Itorero rye ko no mu ijuru rizabagezayo
Abakirisito bishimiye kongera guterana nyuma y’igihe kini badaterana

 

2018-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Perezida Museveni yahagurukiye abarimu ba Makerere bigaragambije bigatuma Kaminuza ifungwa

Perezida Museveni yahagurukiye abarimu ba Makerere bigaragambije bigatuma Kaminuza ifungwa

Ubwanditsi 05 Nov 2016
Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Ubwanditsi 02 Aug 2022
Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Kenya : Umunyamerika n’Umunyacanada bagiye guhambirizwa kubera amatora

Ubwanditsi 06 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Gasogi United, Mukura VS itsinda Marines FC yuzuza imikino 5 idatsindwa
Amakuru

APR FC yanganyije na Gasogi United, Mukura VS itsinda Marines FC yuzuza imikino 5 idatsindwa

Ubwanditsi 03 Dec 2022
TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA
Mu Mahanga

TI igaragaza yuko abafana 69 % nta cyizere bafitiye FIFA

Ubwanditsi 28 Feb 2016
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye
Amakuru

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru