• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 02 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Rwanda

Umunyabwenge yaciye umugani ati:”Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”, yaciraga amarenga abigira intumva, ko amaherezo bumvishwa n’iminsi.

Yvonne Idamange na Aimable Karasira ubu bari mu maboko y’ubutabera, aho bakurikiranyweho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’imvugo zishishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi.

Yvonne Idamange we yamaze kugezwa imbere y’abacamanza akaba ategereje urubanza mu mizi yarwo, naho Aimable Karasira aracyari mu maboko y’ubugenzacyaha kuko idosiye ye igitunganywa ngo ishyikirize Ubushinjacyaha . Aba bavandimwe bombi bafashwe nyuma yo kwihanangirizwa kenshi, ariko bica amatwi.

Iyo urebye imyitwarire y’aba bantu bombi, kimwe n’abameze nkabo ariko bakidegembya, ukuramo amasomo atari make, yagufasha kumenya uko wabana neza n’amategeko, aho kuba “nyir’irikirimi kibi watanze umurozi gupfa”.

1.Ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ntibivuze ubwigomeke. Nibyo, Itegeko Nshinga tugenderaho ryemerera buri wese ubwo bwisanzure, ariko abenshi ntibaha agaciro ingingo yaryo ya 34, ivuga ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo butagomba kubangamira ubw’abandi. Kubirengaho rero ni ukwiharurira inzira ikujyana i Mageragere n’ahandi hasa nka ho.

2. Bakoshya ko uri intwari rwamara kurema bakagutererana. Hari abantu bemera gushukwa, bibeshya ko amahanga, imiryango ”iharanira uburenganzira bwa muntu”, n’abandi ba gashozantambara bazabatabariza igihe ubutabera buzaba bukora akazi kabwo. Ifatwa rya Karasira na Idamange riratwereka ko ibyiza ari ukubaha amategeko y’Igihugu, kuko iyo byagukomeranye abakubeshyaga ko uri igitangaza, ntacyo baba bakikumariye.

3. Urebye umubare w’abaturage basabye inzego za Leta gukurikirana Yvonne Idamange, Aimable Karasira, n’ababaha urubuga mu bitangazamakuru ngo baroge rubanda, bikwereka ko Abanyarwanda bamaze kumenya gutandukanya ikibi n’icyiza. Ntibifuza icyabasubiza mu ntambara n’andi madidane, akuruwe n’abiyita abanyamakuru, impirimbanyi za demokarasi n’uburenganzira bwa muntu. Ni ikimenyetso cy’abaturage batifuza inyangabirama.

4. Inzego z’ubutabera mu Rwanda, cyane cyane Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha, zishyira imbere kwigisha no gufasha abaturage kwirinda guhanwa. Twese twabonye ko zidahutiraho mu guta muri yombi abitwaza ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo bagakora ibyaha, ahubwo zitanga umwanya wo kwikosora. Nka Karasira yarigishijwe, asabwa kureka gukwirakwiza uburozi, ariko arinangira. Idamange nawe yafashwe amaze gusohora video ebyiri zuzuyemo uvuvunderi busenya ubumwe bw’Abanyarwanda. Umwanya wo kwikosora ntibawukoresheje neza, none ingaruka zatangiye kubageraho.

5. Abatarafatwa bagombye guhindura ingendo, kuko byagaragaye ko kuba umunyamakuru cyangwa umunyapolitiki wo muri ”opozisiyo” bitaguha ubudahangarwa imbere y’amategeko. Abaturage banyuranye bamaze iminsi binubira ibikorwa by’abantu nka Agnès Uwimana, Niyonsenga Dieudonné, Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard n’izindi nkozi z’ibibi. Aba bantu bigize indakoreka, kugeza n’aho ibimenyetso simusiga bigaragarije ko bakorana n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN n’iyindi.

Umwanzuro.

Aya masomo rero n’andi menshi twavanye mu ifatwa rya Idamange Yvonne na Aimable Karasira, atwereka ko uRwanda rwarenze ibyo gutinya igitutu cy’abanyamahanga. Abibwira ko rukiri urwo kwa Kinani rwahabwaga amategeko y’imyitwarire, baradindiye mu myumvire. Nta rubuga rw’abangiza rukiri mu Rwanda, ahubwo buri muturage asabwa kuba itegeko, hagamijwe kubaka uRwanda twibonamo twese.

Rutagengwa Amin

Umusomyi wa Rushyashya

 

 

2021-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RNC –Ishaje yadukanye  ‘Agashya ‘ noneho igeze no mubapfakazi

RNC –Ishaje yadukanye ‘Agashya ‘ noneho igeze no mubapfakazi

Ubwanditsi 20 Feb 2017
Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Ubwanditsi 22 Jul 2017
Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Ubwanditsi 27 Nov 2021
Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Ubwanditsi 20 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agahuru k’Abajenosideri mu Bubiligi Kahiye, Batatu Batawe muri Yombi na Marcel Sebatware Dosiye ye Ishyikirizwa Ubutabera
Amakuru

Agahuru k’Abajenosideri mu Bubiligi Kahiye, Batatu Batawe muri Yombi na Marcel Sebatware Dosiye ye Ishyikirizwa Ubutabera

Ubwanditsi 03 Oct 2020
Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger
Amakuru

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021
Amakuru

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Ubwanditsi 18 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru