• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 02 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Rwanda

Umunyabwenge yaciye umugani ati:”Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”, yaciraga amarenga abigira intumva, ko amaherezo bumvishwa n’iminsi.

Yvonne Idamange na Aimable Karasira ubu bari mu maboko y’ubutabera, aho bakurikiranyweho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’imvugo zishishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi.

Yvonne Idamange we yamaze kugezwa imbere y’abacamanza akaba ategereje urubanza mu mizi yarwo, naho Aimable Karasira aracyari mu maboko y’ubugenzacyaha kuko idosiye ye igitunganywa ngo ishyikirize Ubushinjacyaha . Aba bavandimwe bombi bafashwe nyuma yo kwihanangirizwa kenshi, ariko bica amatwi.

Iyo urebye imyitwarire y’aba bantu bombi, kimwe n’abameze nkabo ariko bakidegembya, ukuramo amasomo atari make, yagufasha kumenya uko wabana neza n’amategeko, aho kuba “nyir’irikirimi kibi watanze umurozi gupfa”.

1.Ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ntibivuze ubwigomeke. Nibyo, Itegeko Nshinga tugenderaho ryemerera buri wese ubwo bwisanzure, ariko abenshi ntibaha agaciro ingingo yaryo ya 34, ivuga ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo butagomba kubangamira ubw’abandi. Kubirengaho rero ni ukwiharurira inzira ikujyana i Mageragere n’ahandi hasa nka ho.

2. Bakoshya ko uri intwari rwamara kurema bakagutererana. Hari abantu bemera gushukwa, bibeshya ko amahanga, imiryango ”iharanira uburenganzira bwa muntu”, n’abandi ba gashozantambara bazabatabariza igihe ubutabera buzaba bukora akazi kabwo. Ifatwa rya Karasira na Idamange riratwereka ko ibyiza ari ukubaha amategeko y’Igihugu, kuko iyo byagukomeranye abakubeshyaga ko uri igitangaza, ntacyo baba bakikumariye.

3. Urebye umubare w’abaturage basabye inzego za Leta gukurikirana Yvonne Idamange, Aimable Karasira, n’ababaha urubuga mu bitangazamakuru ngo baroge rubanda, bikwereka ko Abanyarwanda bamaze kumenya gutandukanya ikibi n’icyiza. Ntibifuza icyabasubiza mu ntambara n’andi madidane, akuruwe n’abiyita abanyamakuru, impirimbanyi za demokarasi n’uburenganzira bwa muntu. Ni ikimenyetso cy’abaturage batifuza inyangabirama.

4. Inzego z’ubutabera mu Rwanda, cyane cyane Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha, zishyira imbere kwigisha no gufasha abaturage kwirinda guhanwa. Twese twabonye ko zidahutiraho mu guta muri yombi abitwaza ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo bagakora ibyaha, ahubwo zitanga umwanya wo kwikosora. Nka Karasira yarigishijwe, asabwa kureka gukwirakwiza uburozi, ariko arinangira. Idamange nawe yafashwe amaze gusohora video ebyiri zuzuyemo uvuvunderi busenya ubumwe bw’Abanyarwanda. Umwanya wo kwikosora ntibawukoresheje neza, none ingaruka zatangiye kubageraho.

5. Abatarafatwa bagombye guhindura ingendo, kuko byagaragaye ko kuba umunyamakuru cyangwa umunyapolitiki wo muri ”opozisiyo” bitaguha ubudahangarwa imbere y’amategeko. Abaturage banyuranye bamaze iminsi binubira ibikorwa by’abantu nka Agnès Uwimana, Niyonsenga Dieudonné, Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard n’izindi nkozi z’ibibi. Aba bantu bigize indakoreka, kugeza n’aho ibimenyetso simusiga bigaragarije ko bakorana n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN n’iyindi.

Umwanzuro.

Aya masomo rero n’andi menshi twavanye mu ifatwa rya Idamange Yvonne na Aimable Karasira, atwereka ko uRwanda rwarenze ibyo gutinya igitutu cy’abanyamahanga. Abibwira ko rukiri urwo kwa Kinani rwahabwaga amategeko y’imyitwarire, baradindiye mu myumvire. Nta rubuga rw’abangiza rukiri mu Rwanda, ahubwo buri muturage asabwa kuba itegeko, hagamijwe kubaka uRwanda twibonamo twese.

Rutagengwa Amin

Umusomyi wa Rushyashya

 

 

2021-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi

Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Urubanza rwabishe Col Karegeya  ntakirimo n’ubwo rugiye gutangira i Randburg muri Afurika y’Epfo

Urubanza rwabishe Col Karegeya ntakirimo n’ubwo rugiye gutangira i Randburg muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Philippe MPAYIMANA, Utavuga Rumwe na Leta y’U Rwanda,Aramagana Abiyita Abanyapolitiki Bafite Virusi y’Ubugome bwo Gushora Abanyarwanda mu Ntambara.

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Umuherwe Howard Buffet,   Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Umuherwe Howard Buffet, Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Ubwanditsi 30 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Amakuru

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Indege ya Habyarimana :  Iturufu rya Kayumba  ryo  kubona ubuhungiro mu Bufaransa
ITOHOZA

Indege ya Habyarimana : Iturufu rya Kayumba ryo kubona ubuhungiro mu Bufaransa

Ubwanditsi 13 Oct 2016
U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022
Amakuru

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 10 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru