• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Ubwanditsi 06 Apr 2018 ITOHOZA

Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) rwataye muri yombi umucungamutungo  witwa Gerald Yashaba ukekwaho kuba afite aho ahuriye n’ibikorwa byo gutera inkunga inyeshyamba zirimo iz’Abanyarwanda.

Gerald Yashaba ni umucungamutungo wa Lamba Enterprise Ltd, ikigo cy’uwitwa Christopher Obey, wahoze ari umucungamutungo mukuru muri minisiteri y’imirimo ya leta, kuri ubu ufunzwe, akaba yaratawe muri yombi mu ijoro ryo kuwa gatatu akuwe muri Best Price Supermarket iri ahitwa Namuwongo n’abashinzwe umutekano batanu.

Umugore wa Yashaba akaba avuga ko umugabo we yahagaritswe n’imodoka ya pick-up y’ubururu ubwo yari asohotse mu isoko, aho yashakaga gusubira iwe gutwara abana ku ishuri akabanza guca mu isoko kugira ibyo abanza kugura.

Iyi nkuru dukesha urubuga spyreports ikaba ivuga ko abamufashe, bari barimo umupolisi, ngo bari bafite imbunda za machine gun.

Yashaba bivugwa ko ari umukozi w’akadasohoka wa Obey, yari ari kumwe na none n’uwo bafite icyo bapfana wamenyesheje aya makuru umuryango we.

Amakuru aturuka mu nzego zo hejuru agera kuri uru rubuga, avuga ko Yashaba akekwaho gutera inkunga igizwe n’ibyo kurya agatsiko k’inyeshyamba z’Abanyarwanda cyangwa inyeshyamba za ADF muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru akaba akomeza avuga ko Yashaba ucunga imitungo ya Obey irimo ubutaka, yahaye igice kinini cy’ubutaka abakekwaho kuba inyeshyamba ndetse ngo zikaba zinjiraga rwihishwa mu gihugu zigatera imyaka zigasarura zikajyana mu mashyamba.

Biravugwa ko ubwo butaka yatanze bungana na hegitari 8 bukaba buherereye ahitwa Mubende, aho Obey afite amagana n’amagana y’amahegitari y’ubutaka ndetse n’ibihumbi by’amatungo.

Bikomeza bivugwa ko mu minsi ishize perezida Museveni yabonye amakuru y’uko hari agatsiko k’Abanyarwanda bataba muri Uganda bambuka bakinjira muri Uganda bagahinga ibigori muri Mubende bagasubira inyuma bakazagaruka baje gusarura.

Bikavugwa ko ako gatsiko kazaga gusarura kakaburirwa irengero bigatuma hakekwa ko ibyo kurya basaruraga babishyiraga inyeshyamba z’Abanyarwanda cyangwa inyeshyamba za ADF muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Nyuma y’aho abashinzwe iperereza bahereye Museveni aya makuru, ngo yashyizeho itsinda ngo rikore iperereza kuri iki kibazo ndetse abakekwa batabwe muri yombi.

Amakuru yatanzwe n’umuntu ariko utari mu bashinzwe iri perereza akaba avuga ko uyu mugabo Yashaba yananacumbikiye umugore w’Umunyarwandakazi iwe mu rugo igihe kirekire bikekwa ko ari we wamuhuzaga n’inyeshyamba kandi ngo ntiyasohokaga hanze cyangwa ngo yigaragaze ku mugaragaro.

Gusa, amakuru akomeza avuga ko ubwo Yashaba yatabwaga muri yombi uyu mugore yari yaramaze kuhava akajya ahantu hatazwi.

Uru rubuga rukaba rusoza inkuru yarwo ruvuga ko rwanamenye ko uwitwa Kazoora, umwe mu nshuti za hafi za Yashaba, nawe arimo guhigwa bukware ku birego bisa nk’ibye.

 

 

2018-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Perezida Museveni yirukanye Minisitiri Gen.Tumukunde na  IGP Kale Kayihura

Perezida Museveni yirukanye Minisitiri Gen.Tumukunde na  IGP Kale Kayihura

Ubwanditsi 04 Mar 2018
Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Kinazi : Uwarokotse Jenoside  yohererejwe Ubutumwa bugufi buvuga ko we na bagenzi be bazicwa

Kinazi : Uwarokotse Jenoside yohererejwe Ubutumwa bugufi buvuga ko we na bagenzi be bazicwa

Ubwanditsi 01 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara
Mu Rwanda

Amerika yagize icyo ivuga ku rupfu rwa Bihozagara

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?
POLITIKI

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Ubwanditsi 31 May 2017
Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel
Amakuru

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Ubwanditsi 11 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru