• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Ubwanditsi 02 Jan 2017 ITOHOZA

Mu gihe ubushakashatsi mu bijyanye n’ikirere bukomeje gutera imbere hakaba hari byinshi bimaze kuvumburwa ibitari bike bikaba bikibitswe mu ibanga rikomeye kubera kwanga gutera ubwoba ikiremwamuntu, abantu benshi baracyari mugihirahiro bibaza niba mu isanzure iyi si dutuye ariyo yonyine ituwe nibiremwa bifite ubwenge cg ubuzima.

Gusa iyo usomye ubushakashatsi ibyo bwagezeho ubona ko hari amabanga menshi abashakashatsi na za leta zibakoresha badashaka kugaragaza kubera impamvu zitandukanye.

Nkuko tubikesha ikigo METI (Messaging Extra Terrestrial Intelligence) gikorera I San Francisco muri Amerika kikaba cyiga ibijyanye n’ibindi biremwa bishobora kuba bituye muyindi mibumbe itari iyi si yacu, baravuga ko ubu mugihe gito kitarenze umwaka wa 2017 cg ukurikiyeho wa 2018, ko bazatangira koherereza ubutumwa ibyo biremwa bituye kuyindi migabane.

Ubwo rero ni ukumenya ko ubu bushakashatsi bwatangiye mu myaka yaza 1980 bushobora kuba hari icyo bwagezeho kuko ntabwo baba bazatangira kuvugana n’ibiremwa baba batarigeze babona ikiranga ko bibaho kuko bagomba kugira aho bahera.

-5192.jpg

Mu gihe ubu butumwa buzatangira kohererezwa ibi biremwa bifite ubwenge nkatwe cg bibudusumbya, kandi bitaboneka kuri iyi si yacu ngo bazaba bafite intego yo gushyiraho imikoranire n’ubucuti hagati y’ikiremwa muntu nibyo biremwa bindi bibarizwa kure cyane uvuye hano turi.

Umuyobozi mukuru wa METI, Mr Douglas Vakoch yatangaje ko mbere yuko bohereza ubwo butumwa butandukanye ngo bari kwigira hamwe n’abandi bashakashatsi uko ubutumwa buzoherezwa bugomba kuba buteye kugira ngo butazateza ikibazo hagati y’ikiremwamuntu nibyo biremwa bindi.

Ikindi kibazo bafite ngo ni ukumenya indamutso bazaramutsamo ibyo biremwa mu gihe bashaka kubyimenyekanishaho ndetse n’ururimi bazavuganamo nabyo.

Ikibazo cyingorabahizi abashakashatsi bo kuri iyi si bafite ngo ni ukumenya igihe gikwiriye bishobora kwemera ko tubivugisha tutabibangamiye. Ikiriho ngo ni uko umubano ugomba kubaho hagati y’abatuye iy si nabiriya biremwa bindi. Aha umuntu yakwibaza niba koko batarabonye aho biri bakaba badashaka ko abandi bantu bagira icyo babimenyaho.

-5191.jpg

Itsinda ry’abanyabwenge rikaba riri kwigira hamwe icyakorwa ngo ibi bibazo bibonerwe igisubizo vuba byihuse bityo ikiremwamuntu gitsure umubano nibyo biremwa bindi bifite ubwenge bushobora kuba burenze ubwacu.

Ahantu abashakashatsi batekeraza ko hari ibi biremwa ni ahitwa Proxima Centauri hakaba hari umubumbe umeze nk’isi yacu ufite izuba rindi ritari iri ryacu kandi uyu mubumbe ukaba uzenguruka iryo zuba. Abashakashatzi bakoze inyigo zitandukanye basanga kuri Proxima Centauri hashobora kub ibinyabuzima nka hano ku isi.
Ubutumwa buzoherezwa ahantu hatandukanye mu isanzure, mundimi zinyuranye harimo icyongereza. Kumusozo wa buri butumwa hazajya havugwa ngo: Anyone is listening ? / Hari uwaba atwumva ? Nyuma yaho bazajya bohereza n’umuziki.

Ubu ikivugwa ni uko hari abantu batandukanye bakora mu by’umutekano bavuga ko hari ibiganiro bihuza ibihugu byibihangage mubyubushakashatsi mu kirere bakaba bavuga ko imikoranire hagati y’ikiremwamuntu n’ibindi biremwa byo kuyindi mibumbe yatangiye bakaba bashaka uburyo babimenyesha abantu muri rusange buhoro buhoro.

-5190.jpg

Tubitege amaso gusa mugihe hamaze kuvumburwa indi mibumbe igera kubihumbi ntawahakana ko itariho ibindi biremwa bifite umwimerere waho bituye kandi bikaba biturusha ubwenge.

Gusa ntibazadukoreho bahamagara ibishobora kutugira abacakara babyo.

Hakizimana Themistocle

2017-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Ubwanditsi 13 May 2017
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 03 Aug 2019
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports na Luvumbu bambukanye 2022 ibyishimo, Haruna yerekeje muri Libya mu ikipe ya ‪ Al Ta’awon SC
Amakuru

Rayon Sports na Luvumbu bambukanye 2022 ibyishimo, Haruna yerekeje muri Libya mu ikipe ya ‪ Al Ta’awon SC

Ubwanditsi 02 Jan 2023
Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga
IKORANABUHANGA

Umunyarwanda yakoze ikoranabuhanga rifasha abanduye SIDA gukurikiranwa n’abaganga

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.
Amakuru

Umuryango “IBUKA” uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi urasaba Kaminuza ya Cambridge kudaha urubuga Judi Rever ngo akomeze gupfobya iyo Jenoside.

Ubwanditsi 16 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru