• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Ubwanditsi 03 Oct 2017 Mu Mahanga

Depite uhagarariye agace ka Kyadodondo East muri Uganda, Robert Kyagulanyi [Bobi Wine] yatangaje ko mu rugo rwe ruri mu gace ka Wakiso hatewe za grenade ntizagira uwo zihitana kuri uyu wa kabiri tariki ya 3 Ukwakira 2017.

Izo gerenade zatewe no mu rugo rwa depite uhagarariye agace ka Makindye, Allan Ssewanyana usanzwe atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni, uyu kandi afitanye ubufatanye na Bobi Wine.

Abinyujije kuri Twitter, Bobi Wine yagize ati “Gerenade zatewe ku nshuro ya kabiri mu minsi ibiri. Urugo rwangiritse ariko nta wabiguyemo! Ariko se iki gihugu turimo ni bwoko ki?”

Yakomeje avuga ko buri munsi hari abamutera ubwoba ko bazamwica, ariko ntasobanura niba yarabimenyesheje polisi.

Yagize ati “Nanagiriwe inama muri bamwe mu nshuti zanjye bazi byinshi kundusha ko nkwiye kwitondera ibyo ndya cyangwa nywa, nkamenya aho ngenda, abo mpura nabo, yewe nkamenya n’unkozeho igihe ngiye mu nteko.”

“Uko bigaragara nshobora kugirirwa nabi mu gihe habaye imirwano nk’iyabaye ubushize ubwo nasohorwaga mu nteko! Kubera iki? […] Hari abahamagara umuryango wanjye bababwira ko ninkomeza kwitambika ihindurwa ry’imyaka perezida agomba kuba atarengeje nzicwa cyangwa ngahindurwa igisenzegeri.”

Izi grenade zitewe mu rugo rwa Bobi Wine nyuma y’iminsi mike avuye mu gihome, yari yafunzwe aryozwa kuba muri bamwe bateje imvururu mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda. Nyuma y’ifungwa rya Bobi Wine, umugore we yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko abapolisi bakambitse ku rugo rwabo ndetse ngo barara barujagajaga.

Mu cyumweru gishize nibwo Bobi Wine n’abandi badepite 25 bahagaritswe mu nteko kubera bari bitambitse ko ingingo y’imyaka Perezida wa Uganda agomba kuba atarengeje iganirwaho.

Icyo gihe banze gusohoka havuka imirwano, baterana imigeri n’ibipfunsi, abandi bitabaza intebe, imirwano ibura gica kugeza basohowe n’inzego z’umutekano ku ngufu.

-8192.jpg

-8193.jpg

Igisigazwa cy’igisasu cyatewe kwa Bobi Wine

-8194.jpg

Depite Bobi Wine mu mirwano mu nteko

2017-10-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ubwanditsi 17 Sep 2024
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017
UBUKUNGU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom
INKURU NYAMUKURU

Kwemerera Ingabire gukora politiki ye ni uguhembera Jenoside- Tom

Ubwanditsi 20 Sep 2018
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye
ITOHOZA

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ubwanditsi 29 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru