• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Editorial 27 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’umusirikari mukuru mu ngabo za Uganda UPDF, aherutse gutangaza kurubuga rwa Twitter ko Papa we umubyara ariwe muntu ukomeye mu mateka yo kwibohora kw’Afurika, yongeraho ko ababariye abumva ko bamutsinda. Ibi yabivuze nyuma yuko nanone asubirije ikinyamakuru cya New Vision (cya Leta ya Uganda) ko kidakwiye kugira ikindi gihugu kivuga neza uretse Uganda kuko ariyo ikomeye muri Afurika.

Ni nyuma yuko New Vision yari imaze gutangaza ingama zikomeye u Rwanda rwafashe zo ku rwanya Virus ya Corona. Nyuma aho bigaragariye ko Muhoozi yohereje ubwo butumwa mu masaha akuze kandi abantu benshi cyane cyane abagande baziko akunda kwandika yahaze ka manyinya, bamushubije bamubwirako atagomba gufatanya gusoma agacupa no gutanga ubutumwa. Abantu kandi bibukije ko Muhoozi ko buri mwana afata Se nk’igihangange uko yaba ameze kose. Ibi bituma umuntu yibaza niba Muhoozi abivuga nk’umusirikari cyangwa afite izindi nshingano mu gihugu cya Uganda zirenze.  Ese ibi Muhoozi abiterwa ni iki?

Ku isi yose, inshingano y’umusirikari w’igihugu icyo aricyo cyose ni ukurinda umutekano w’abaturage bicyo gihugu, ni muri urwo rwego umusirikari intego ye yambere ari ikinyabupfura ndetse no kwitanga. Kurengera umuturage ntabwo ari intambara y’amasasu gusa; ni ukumurinda icyatuma ubuzima bwe budahungabanwa n’icyo aricyo cyose yaba Ibiza bishingiye ku kirere cyangwa se nka Virus ya Corona imeze nabi muri iki gihe.

Kuba rero umusikari akwiye kurangwa n’ikinyabupfura ndetse no kubera urugero abandi, bituma inshingano ze azuzuza neza; ariko siko bimeze muri Uganda, aho umuhungu wa Perezida Museveni ndetse na Janet Museveni, Lt Gen Muhhozi Kainerugaba avanga ubuzima bw’iraha ndetse n’igisirikari bikaba bigira ingaruka ku buzima bw’igihugu ariko by’umwihariko no ku karere kubera ibyo yandika cyane cyane iyo amaze gufata kuri ka manyinya nkuko twabivuze hejuru.

Muhoozi ni wa mwana wavukiye mu biryo mu mvugo yubu; dore ko n’igihe abandi bana bo mukigero cye bari kurugamba, Muhoozi yari muri Sweden aho yagiye avuye muri Tanzania. Museveni kuri ubu ndetse na murumuna we Salim Saleh bakaba bari mu baherwe ba mbere muri Uganda bityo imitungo ya Museveni ikazaharirwa Muhoozi. Ibi byatumye Muhoozi nk’izina riba rirerire kurusha inshingano; nyuma yo kuba mu maraha akabije yo gukunda agatama n’abagore, Museveni yahinduriye inshingano ze umuhungu we, amugira umujyanama nk’uburyo bwo kumwicaza. Museveni afite umubare w’abajyanama atazi, dore ko benshi banavugako iyo Museveni ahuye n’abajyanama be, niwe ubagira inama kurusha uko bamugirana inama. Ku bijyanye n’igitotsi kirangwa mu mubano w’u Rwanda na Uganda, Muhoozi atangaza byinshi umuntu akibaza abivuga nkande: arata amashuri ye akayitirira igisirikari cya UPDF ndetse akamera nk’umuntu ushaka intambara hagati y’u Rwanda ariko akaba yayibera umufana kurusha kuyirwana.

Kuzamurwa mu ntera bijyana n’inshingano za gisirikari kubera uburambe n’ubushobozi uba wagaragaje. Kuri Muhoozi Kainerugaba siko byagenze kuko yazamuwe mu ntera nkuko wohereza icyogajuru mu kirere. Yatangiye igisirikari afite ipeti rya Sous Lieutenant nyuma yo kurangiza amashuri mu bwongereza no mu Misiri mu  mwaka wa 2000. Nyuma y’umwaka umwe yahise azamurwa mu ntera aba Major. Yabaye Ofisiye mutoya umwaka umwe asimbuka amapeti abiri ahita aba Major. Mu mwaka wa 2008 yazamuwe mu ntera agirwa Lieutant Colonel ndetse akurira ingabo zizshinzwe kurinda Perezida Museveni ari na Se umubyara maze mu mwaka wa 2016 agirwa Major General asimbutse amapeti ya Colonel na Brigadier General. Mu kwezi kwa kabiri 2019, Muhoozi yabaye Lieutenant General.

Muhoozi ubu aravuga rikijyana; ntiwamenya niba avuga nk’umusirikari wa UPDF cyangwa umuhungu wa Museveni. Ibyo yavuze yanyoye agatama, biba imitwe y’inkuru mu binyamakuru bya Uganda. Ubu hagiyeho n’itsinda ry’abakunzi be, baba bishakira amaramuko dore ko abanyanyagizamo amafaranga. Umuryango mugari wa Museveni niwe wikubiye ubukungu bunini bwa Uganda, bityo Muhoozi akaba ari wa mwana uvuna umuheha akongezwa undi; kuba ari umuhungu rukumbi wa Perezida Museveni, akaba ari Lt Gen mu gisirikari afite ijambo hose, akaba ari umuherwe muri Uganda nicyo gituma yitwara nk’umwami ushagawe.

Reka tubanyuriremo aho imitungo ya Perezida Museveni, murumuna we Salim Saleh ndetse na Muhoozi ituruka bitewe n’imigabane bafite mu bigo bikomeye by’ubucuruzi muri Uganda:

  • 46% By’ubutunzi bwa Sudhir muri Uganda, East Africa, South Africa, Europe n’ America nibya Perezida Museveni. Umutungo wa Sudhir/Museveni ubarizwa mu gushora imari mu mabanki, sosiyite z’ubwishingi, kubaka amazu n’ibindi…….
  • 72% by’umutungo witiriwe Karim Hirji’s ubarizwa mu bijyanye n’amahoteli nuwa Perezida Museveni harimo 10% bya Janet Kataha.
  • 44% by’umutungo wa Mukwano nuwa Perezida Museveni. Mukwano azwi cyane gutunganya no gucuruza ibikomoka ku buhinzi.
  • 42% by’umutungo wa Madhivan nuwa Janet Museveni Kataha
  • 67% by’umutungo wa Bidco ubarizwa mu gutunganya no gucuruza ibikomoka ku buhinzi ni uwa Perezida Museveni
  • 61% by’umutungo wa Patrick Bitature ubarizwa mucyitwa Simba Group nuwa Janet Museveni
  • 66% by’umutungo wa Ham Kiggundu nuwa Muhoozi harimo n’imigabane ibarizwa muri UK, US na South Africa.
  • 55% By’imitungo ya Lubega niya Karugire na Natasha Museveni
  • 68% ya John Bosco niya Muhoozi harimo na Shamba Complex and Freedom City
  • 41% by’imitungo ya Aponyens niya Muhoozi harimo na Mega Standard Supermarket
  • 37% ya Shoprite niya Sam Kutesa
  • 66% y’imitungo ya Mandela niya Salim Saleh harimo City Oils na Café Javas
  • 46% ya Movit investments niya Salim Saleh na Muhoozi
  • 49% ya Samona niya Perezida Museveni
  • 71% ya Roofings Limited niya Janet Museveni

Ibi byonyine ni 5% by’imitungo yabo kuko buri company yose ibarizwa mu gihugu cya Uganda umuryango mugari wa Perezida Museveni na Janet Museveni bayifitemo imigabane. Ngicyo igituma Muhoozi wamaze kwishyira ku myanya y’umukuru w’igihugu yitwara uko ashatse akumva ko Museveni ariwe ukomeye ku isi.  Ntampamvu yuko Muhoozi atavuga ko Se umubyara ari umuntu ukomeye ku isi urebye uburyo yamuzamuye mu gisirikari n’uburyo yamuhaye imitungo. Urutonde rw’imitungo ya Muhoozi tuzarugarukaho.

2020-03-27
Editorial

IZINDI NKURU

Imyaka itatu nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko ageze kuki?

Imyaka itatu nk’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Liberat Mfumukeko ageze kuki?

Editorial 28 Jun 2019
Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri

Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri

Editorial 24 Feb 2019
DONALD TRUMP  abaye Perezida wambere urahiriye  gutegeka Amerika adakunzwe

DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

Editorial 24 Jan 2017
Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Editorial 19 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru