• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe kitageze no ku mezi abiri ayoboye African Union, Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yamaze gushyira uyu muryango mu bibazo bikomeye bya dipolomasi, bigaragaza intege nke mu miyoborere no kutubahiriza amategeko agenga uyu muryango.

Ku itariki ya 2 Werurwe 2026, u Burundi bwatangaje ku mugaragaro ko bushyigikiye kandidatire ya Macky Sall ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa United Nations. Icyakora, iki cyemezo cyafashwe nta nama ibanje guhuza ibihugu bigize AU, ibintu byahise bitera impaka zikomeye.

Igitangaje kurushaho ni uko n’igihugu cya Senegal ubwayo cyavuze ko kitigeze gitanga uburenganzira kuri iyo kandidatire. Ibi byahise bigaragaza ko iki gikorwa cyakozwe mu buryo bwihuse kandi budafite ishingiro rya dipolomasi.

Ikibazo gikomeye kuruta ibindi si izina rya Macky Sall, ahubwo ni uburyo bwakoreshejwe. Perezida Ndayishimiye yashatse kwemeza iki cyemezo akoresheje uburyo bwiswe “silence procedure” bw’amasaha 24, aho ibihugu byasabwaga kutavuga niba byemera, bikavuga gusa niba byanze. Ibi byafashwe n’ibihugu byinshi nk’igitutu no kutubaha inzego z’umuryango. Mu masaha make, ibihugu birenga 20 byahise byamaganye icyo cyemezo, birimo South Africa na Nigeria, byerekana ko nta bwumvikane bwari bwabayeho mbere.

Ubusanzwe, kandidatire z’Afurika ku myanya mpuzamahanga zinyura mu kanama k’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga kagena abakandida (AU Candidatures Committee), kagamije kubaka ubwumvikane mbere yo gutanga izina.

Ariko muri iki gihe, iyi nzira yose yarirengagijwe. Ibi byatumye habaho kwibaza niba koko ubuyobozi bwa AU bushobora kuvuga mu izina rya Afurika hatabayeho kumvikana.

Icyabaye cyasize isura mbi ku African Union ku rwego mpuzamahanga. Byagaragaye ko umuryango ushobora gushyirwa mu bibazo n’imyanzuro ifatwa mu buryo bwihuse, idafite ubufatanye.

Abasesenguzi bavuga ko iki kibazo cyerekanye isomo rikomeye: muri AU, ubuyobozi ntibushingira ku mwanya gusa, ahubwo bushingira ku bwumvikane bw’ibihugu byose.

Ibi byabaye ni isomo rikomeye ku buyobozi bwa Burundi ndetse no ku muryango wa AU muri rusange.

Byerekanye ko kwihutira gufata ibyemezo bikomeye bidafite inama ihagije bishobora guteza ibibazo bikomeye bya dipolomasi.

Mu by’ukuri, Afurika ntiyavuga ijwi rimwe hatabayeho ibiganiro byimbitse n’ubwumvikane busesuye. Naho ubuyobozi bushyira imbere kwihutira ibyemezo, bushobora gusenya aho kubaka.

2026-03-28
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Ubwanditsi 27 Aug 2023
Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Perezida Tshisekedi mu mayira abiri, amaze kubona ko ibinyoma byo kubeshyera u Rwanda bitazamumaza kabiri

Ubwanditsi 29 Dec 2022
INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Ubwanditsi 16 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS
Amakuru

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Ubwanditsi 29 Jun 2023
IBYO UTARI UZI KURI  DAVID HIMBARA  N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME
ITOHOZA

IBYO UTARI UZI KURI DAVID HIMBARA N’UKO YAJE KUBA UMUJYANAMA WA PEREZIDA KAGAME

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36
Mu Rwanda

Tariki 23 Gicurasi 1994: Hatangiye agahenge k’amasaha 36

Ubwanditsi 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru