• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Ubwanditsi 24 Jul 2016 Mu Mahanga

Umutwe w’abapolisi barinda abayobozi n’ibikorwaremezo mu butumwa bw’amahoro(FPU) bagera kuri 160, barimo 21 b’igitsinagore, berekeje mu butumwa bw’amahoro bumara umwaka umwe mu gihugu cya Haiti bwitwa MINUSTAH.

Uyu mutwe wa karindwi FPU7 ugiye uyobowe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Faustin Ntirushwa, ukaba wahagurutse saa moya n’igice y’umugoroba.

Umuyobozi w’Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, ACP Félix Namuhoranye niwe wabasezeyeho mbere y’uko bahaguruka.

Uku gusimburana ni ukwa karindwi abapolisi b’u Rwanda bakoze mu gihugu cya Haiti kuva umutwe wabo wa mbere wakoherezwayo muri 2010 nyuma y’umutingito wagwiriye iki gihugu ugahitana ibihumbi by’abaturage n’amamiliyoni y’abatagira aho baba.

Mbere yo guhaguruka rero, uyu mutwe wahawe impanuro mu cyumweru gishize n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP) Emmanuel K. Gasana, wabasabye kuzubakira ku isura nziza yasizwe na bagenzi babo bahasimbuye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa yagize ati:” FPU 7 izasimbura FPU6 yagiyeyo muri Nyakanga umwaka ushize ikaba igomba gutahuka mu minsi mike, aho bashoje neza inshingano bari barahawe, dore ko baherutse no kubyambikirwa imidali y’ishimwe na Loni.”

Yongeyeho ati:” Polisi y’u Rwanda ishyize imbere gahunda y’u Rwanda yo gutanga umusanzu mu kubungabunga amahoro ku rwego mpuzamahanga ari nayo mpamvu hamaze gushyirwaho undi mutwe witegura kujya muri Sudani y’Epfo muri Nzeli uyu mwaka.”

Kugeza ubu, Polisi y’u Rwanda ifite imitwe itanu ya FPU igizwe n’abapolisi 820 bari mu butumwa bw’amahoro butatu: itatu muri Centrafrika, umwe muri Sudani y’Epfo n’undi muri Haiti.

-3381.jpg

Loni ikaba ishyira u Rwanda ku mwanya wa gatatu mu bihugu bitanga abapolisi benshi mu butumwa bw’amahoro nyuma ya Senegal na Bangladesh bifiteyo abarenga 1000, ariko rukaba urwa kabiri mu gutanga ab’igitsinagore.

RNP

2016-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Hafashwe ibinyabiziga bivugwa ko ari ibya Hussein Radjabu byari kuzifashishwa mu guhungabanya referandumu

Burundi: Hafashwe ibinyabiziga bivugwa ko ari ibya Hussein Radjabu byari kuzifashishwa mu guhungabanya referandumu

Ubwanditsi 11 May 2018
Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Gisagara: Abanyeshuri b’Urwunge rw’amashuri rwa Mugombwa bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Gisagara: Abanyeshuri b’Urwunge rw’amashuri rwa Mugombwa bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Ubwanditsi 26 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kutageza ikipe ya Togo mu mikino y’igikombe cy’Afurika cya 2021, umutoza Claude Leroy yahise yirukanwa
Amakuru

Nyuma yo kutageza ikipe ya Togo mu mikino y’igikombe cy’Afurika cya 2021, umutoza Claude Leroy yahise yirukanwa

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Ikibazo cy’Ingutu hagati  DONALD TRUMP n’Itangazamakuru
ITOHOZA

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ubwanditsi 26 Dec 2016
Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa
Amakuru

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Ubwanditsi 17 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru