• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Ubwanditsi 25 Oct 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yasabye Umunya-Pologne wamubajije uko afata abamuvuga ko ayoboza igitugu, kwibariza Abanyarwanda icyo batekereza, nyuma akibonera igisubizo.

Uyu Munya-Pologne yaje mu Rwanda hari byinshi bibi asoma ku gihugu, ariko atungurwa n’ibyiza yahasanze.

Wendy Skorupski n’umuryango we bageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 18 Ukwakira, ifoto yashyize kuri Twitter ye igaragaza Hotel des Milles Colllines, yagarutsweho muri filimi Hotel Rwanda, ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Skorupski avuga ko hari amateka n’amakuru mabi menshi yagiye akura kuri internet ubwo yabaga ashaka kumenya u Rwanda, ariko kuhigerera byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye, ari nayo mpamvu yifuje kugira icyo abaza Perezida Kagame.

Skorupski ukora mu ishuri rya British International School mu mujyi wa Kabiri muri Pologne, Kraków, yagaragaje ko nyuma yo kugera muri Kigali, we n’umuryango , banyuzwe n’ibyishimo biharangwa n’ubwiza bwaho.

-4454.jpg

Umunya-Pologne Wendy Skorupski

Nyuma yo gushyira kuri Twitter ifoto igaragaza Ikiyaga cya Kivu yafatiye mu musozi hagati, kuri uyu wa Gatandatu, yahise yandikaho ati ‘‘LakeKivu Rwanda – igihugu cyiza gifite n’abantu beza cyane. Biragoye kwiyumvisha ibintu byaberaga hano mu myaka 22 ishize.’’

Yakomeje abaza Perezida Kagame ati “Paul Kagame twanyuzwe cyane n’igihugu cyanyu. Ni iki mubwira abantu batekereza ko imiyoborere yanyu ari iy’abanyagitugu?’’

Perezida Kagame nawe yahise amusubiza ati “Ntutinye kuzenguruka mu gihugu hose ugenda ubaza… ubundi ufate umwanzuro ku gikwiye kwizerwa! Utekereza iki ku bavuga ibinyuranye nabyo?’’

-4455.jpg

Perezida Paul Kagame

Muri icyo kiganiro, uwitwa Mbayisha Philemon we yagize ati “niba kuyoboza igitugu bishobora kongera guhuza umuryango wari waracitsemo ibice, bikongerera ubushobozi abagore n’urubyiruko, ndabishyigikiye.”

Skorupski yahise asubiza ko bemeranya, kuko u “Rwanda ari igihugu gifite umwihariko ko cyageze ku bintu bifatika nubwo cyari gifite inzitizi zihariye.’’

Abantu banyuranye basabye Wendy M. Skorupski kwitegereza byinshi ku gihugu akajyanira ubutumwa abarwanya uko u Rwanda ruyobowe, nawe ubwe akaza agakorera mu Rwanda nk’igihugu cyorohereje abakora ubucuruzi, kikaba cyiza ku mwanya wa kabiri muri Afurika.

Source: Igihe.com

2016-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024
Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Ubwanditsi 11 Dec 2016
Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Perezida Trump yatangaje ko ashobora kuzamura imisoro ku bindi bicuruzwa by’Abashinwa bya miliyari 200 $

Ubwanditsi 19 Jun 2018
“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

“Sinatinyuka guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi “. -Charles Onana yashenguye imitima y’interahamwe

Ubwanditsi 10 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25
POLITIKI

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije
UBUKERARUGENDO

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere
POLITIKI

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Ubwanditsi 30 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru