• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Ubwanditsi 06 Oct 2018 ITOHOZA

Intara za Kivu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zimaze imyaka igera kuri 24 mu ntambara z’urudaca, aho usanga muri izi ntara iya Kivu y’Amajyepfo n’iya Kivu y’Amajyaruguru, buri munsi habera ubwicanyi, gufata ku ngufu n’ubundi bugizi bwa nabi bugirwamo uruhare n’imitwe y’inyeshyamba.

Dusubire inyuma mu ntambara zabereye mu burasirazuba bwa Congo mu bice byegereye ibihugu by’ibituranyi nk’U Rwanda, U Burundi na Uganda.

Imyaka 24 y’amakimbirane adashira

Aka karere ka Kivu bivugwa ko karuta igihugu cya Portugal mu bunini kisanze mu bibazo mu 1994 ubwo jenoside yakorewe Abatutsi yatumye abahigwaga cyane bisanga bambutse umupaka bahungira muri Kivu. Aba bakurikiwe n’ibihumbi byinshi by’impunzi ziganjemo izo mu bwoko bw’Abahutu nyuma y’aho abayobozi babo birukaniwe ku butegetsi n’ingabo zari iza RPA.

Ibi byatumye intara za Kivu zihinduka indiri z’inyeshyamba ndetse n’ubuhungiro bw’umubare munini w’impunzi.

Perezida Mobutu Sese Seko, wayoboye Zaire yaje guhinduka Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 1966 kugeza mu 1997 ngo muri za 80 yigeze kwangisha abaturage ba Kivu abimukira b’Abanyarwanda.

Ibi byaje gukurikirwa n’intambara 2 zikomeye zatangiriye muri Kivu ziza gukwira mu gice kinini cya Congo hagati y’1996 n’1997 ndetse no kuva mu 1998 kugeza mu 2003.

Intambara ikomeye ya Afurika

Mu ntambara ya mbere, u Rwanda rwashyigikiye umutwe wari ukuriwe na Laurent Desire Kabila mu guhirika umunyagitugu Mobutu Sese Seko, wahiritswe mu 1997. U Rwanda rukaba rwarinjiye muri Congo rugamije no guca intege abasize bakoze jenoside mu Rwanda ndetse bari mu myiteguro yo kongera gutera igihugu.

Ariko, ibihumbi byinshi by’abaturage b’impunzi nibyo byahahuriye n’ibyago.

Akigera ku butegetsi, Kabila yihindukanye U Rwanda na Uganda byamufashije kugera ku butegetsi ahita yirukana ingabo z’ibi bihugu zari zikiri muri Congo, haduka Intambara ya 2 ya Congo.

Iyi ntambara yaje guhuriramo ibihugu 9 bya Afurika ndetse n’imitwe y’inyeshyamba isaga 20, aho bivugwa ko abantu basaga miliyoni 5 bazize iyi ntambara, ibyorezo cyangwa bakazira inzara.

Abanyamateka niho bahereye bita iyi ntambara Intambara Ikomeye ya Afurika (The Great War of Africa).

Inyeshyamba n’ubwicanyi

Imirwano yo muri Kivu yarakomeje kuva icyo gihe kugeza uyu munsi nubwo bitari ku rwego nk’urwa mbere, hazamuka ifatwa ku ngufu n’amakimbirane ashingiye ku moko. Nk’uko byemezwa na Congo Research Group, umushinga w’inyigo wa Kaminuza ya New York, kuri ubu ngo muri kivu zombi habarizwa imitwe yitwaje ibirwanisho igera ku 134 nk’uko iyi nkuru dukesha France 24 ikomeza ivuga.

Umwe muri iyi mitwe ni Allied Democratic Forces (ADF) ugizwe ahanini n’inyeshyam ba z’Abagande bo mu idini ya Islam ukomeje gushinjwa ubwicanyi bukabije muri Kivu y’Amajyaruguru by’umwihariko muri Beni.

Iki gice cya Congo kandi gikomeje no kwibasirwa n’icyorezo cya Ebola, ibitero by’abitwaje ibirwanisho bakomeje kubangamira imirimo y’ishami rya Loni ryita ku buzima, OMS. Iki cyorezo kimaze kwibasira Congo inshuro 10 mu mateka ubwo giheruka cyahitanye abantu bagera ku 100 uhereye muri Kanama mu burasirazuba bwa Kivu y’Amajyaruguru.

Amabuye y’agaciro y’amaraso

Bivugwa ko imitwe myinshi y’inyeshyamba iba ihanganye ipfa ubucukuzi n’ubucuruzi butemewe bw’amabuye y’agaciro bita ay’amaraso yiganjemo Zahabu, Coltan, na Gasegereti bivugwa ko aba akenewe cyane mu nganda zikora ibijyanye n’itumanahaho.

Kivu kandi inakungahaye ku buhinzi n’amashyamba.

2018-10-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunya-Uganda Jackline Nabagesera Kasha yatawe muri yombi na Polisi i Kanombe

Umunya-Uganda Jackline Nabagesera Kasha yatawe muri yombi na Polisi i Kanombe

Ubwanditsi 12 May 2017
Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Ubwanditsi 03 Jul 2025
Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwanditsi 06 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare
INKURU NYAMUKURU

Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu
Mu Rwanda

Guha Ijambo mu bitangazamakuru Barafinda Sekikubo ni ugushinyagura,RIB yasabye abanyamakuru kugira ubumuntu

Ubwanditsi 29 Jul 2020
Uganda: polisi yikomye raporo yayishyize  mu myanya 5 ya nyuma kw’isi mu mikorere
Mu Mahanga

Uganda: polisi yikomye raporo yayishyize mu myanya 5 ya nyuma kw’isi mu mikorere

Ubwanditsi 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru