• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Ubwanditsi 23 Dec 2017 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi bashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo ihendutse kandi y’igihe kirekire ya miliyoni 80 $ (nibura miliyari 67 Frw) igomba gukoreshwa mu mushinga wo kongera umubare w’abagenerwa inkunga abatishoboye kandi ukagezwa henshi mu gihugu.

Uyu mushinga uzanyuzwa muri gahunda ya VUP mu mirimo ihabwa abatishoboye bakayihemberwa izongererwa igihe, abagenerwa inkunga y’ingoboka n’izindi.

Iyi nguzanyo iriyongera muri gahunda igamije kuzamura imibereho y’abatishoboye, imaze gushyirwamo miliyoni 438 $ kuva mu 2009.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Gatete Claver, yavuze ko iyi nguzanyo ihendutse cyane kuko izishyurwa mu ku nyungu ya 0.75% mu gihe cy’imyaka 38, hariho n’imyaka itandatu izashira u Rwanda rutaratangira kwishyura.

Yakomeje agira ati “Irakomeza rero ya porogaramu twari dusanganywe kuko irongera abantu babona inkunga y’ingoboka batishoboye mu buryo ubwo aribwo bwose. Tubafasha muri ya mirimo isanzwe ariko noneho icyiyongeraho ni uko hajyaho n’imiryango ifite abana cyangwa abantu babana n’ubumuga kugira ngo nabo barebe ukuntu bafashwa.”

Yavuze ko uretse iyi nguzanyo, Banki y’Isi yafashije u Rwanda kubona miliyoni 20 $, arimo miliyoni 15 $ yatanzwe n’Ikigega gitera inkunga imishinga yo kurwanya imirire mibi mu bana, Power of Nutrition, gikorana na Banki y’Isi na UNICEF.

Hariho n’izindi miliyoni 5 $ zitangwa na Global Financing Facility, ikigega gifasha mu guteza imbere ubuzima bw’abagore, abana n’abangavu, yose hamwe akazafasha ababyeyi batwite bakeneye kurya neza, n’abagifite abana bato batarengeje imyaka ibiri kugeza kuri itanu.

Minisitiri Gatete yakomeje agira ati “Hari n’andi miliyoni 20 $ twafashijwe kubona yunganira aya mafaranga asanzwe tuguza, yo ni impano. Biradufasha ngo twongere kuri ya porogaramu yo gufasha abantu batishoboye. Tukaba dushimira Banki y’Isi ubufatanye dufite.”

Yanahishuye ko mu gihe kiri imbere hari andi miliyoni 55 $ ari gukusanywa ku bufatanye na Banki y’Isi, azajya muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal, yavuze ko ayo mafaranga azajya mu guhashya imirire mibi, amasezerano yayo nibura akaba ashobora gushyirwaho umukono mu mpera za Gashyantare 2018.

Yavuze ko hari imbaraga zashyizwe mu kongerera abaturage ubushobozi, iyi nguzanyo ikaba ije kongera imbaraga u Rwanda ruri gushyira muri izo gahunda, ku buryo nta muntu n’umwe ugomba gusigara inyuma.

Yakomeje agira ati “Kimwe mu bintu bitari bisanzwemo ni uko ari inkunga ikomeye muri VUP ariko no mu kurwanya imirire mibi mu bana mu Rwanda, nko muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana, dushimishijwe no kuba uyu mushinga watangira vuba.”

Yavuze ko kugabanya imirire mibi mu bana bigoye muri buri gihugu ariko iyo bikozwe bizana inyungu ku miryango no ku bukungu muri rusange.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), Nkunda Laetitia, yavuze ko iyi nkunga ari ingenzi kuko izatuma abafashwa baba benshi kurushaho.

Ati “Nko muri aka kazi gatanga imirimo ntabwo twari twarashoboye kugera mu mirenge myinshi, ubu iraza kwiyongera. Ikindi abafite ubumuga cyangwa bafite abana bato nabo baraza kubona iyi nkunga kandi n’imirenge yiyongere. Ku nkunga y’ingoboka ho twari mu mirenge yose,”

Muri uyu mushinga biteganyijwe ko Guverinoma yu Rwanda izongeramo miliyoni 6$, ku buryo mu mpera zawo byitezwe ko inkunga y’ingozoka ifasha ingo 95,846 ziri mu Cyiciro cya mbere cy’Ubudehe, iziyongeraho abagera ku 11,000 zo muri icyo cyiciro zifite nibura umwana ufite ubumuga.

Abahabwa imirimo ibahesha amafaranga nabo bazava ku miryango 128,000 ibarizwa mu mirenge 240, igere kuri 141,361 iri mu mirenge 270. Inkunga y’ingoboka yo isanzwe itangwa mu mirenge yose 416.

Impinduka zikomeye zizanagera muri gahunda ifasha abagore n’abana, izagera ku ngo 75,000 mu mirenge 300 zivuye ku 2757 isanzwe zabarwaga mu mirenge 30 mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016/2017.

2017-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubwanditsi 14 May 2018
Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwanditsi 19 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyaka 10  BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe
UBUKUNGU

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Ubwanditsi 11 May 2019
RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba  yatangije mu Rwanda
ITOHOZA

RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru
Mu Rwanda

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 29 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru