• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 29 Sep 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yasabye Ikigo cy’Imisoro n’amahoro (RRA) kongera imbaraga mu gushishikariza abanyarwanda kwitabira gusora kugira ngo igihugu kizagere ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo yitabiraga ibirori byo kwizihiza imyaka 20 ishize RRA ishinzwe ndetse n’imyaka 16 hatangijwe umunsi w’abasora.

Mu ngengo y’imari ya miliyari 2.115.4 Frw yifashishijwe umwaka ushize wa 2017/2018, imisoro yari miliyari 1252.2 Frw angana na 58.3 % bivuye kuri miliyari 62.8 Frw zakusanyijwe mu 1998.

Icyo gihe imisoro yagiraga uruhare rwa 36.3% ku ngengo y’imari y’igihugu.

Dr Ngirente yashimye imbaraga RRA yashyize mu gukusanya imisoro mu myaka 20 ishize ariko ashimangira ko hagikenewe gukorwa byinshi kugira ngo u Rwanda rwihaze.

Yagize ati “Imisoro iri ku isonga mu gutanga umugabane munini ku ngengo y’imari y’igihugu cyacu. Iyo ngengo y’imari niyo igihugu cyifashisha mu kugeza ku banyarwanda ibikorwa remezo bitandukanye birimo amashuri, amavuriro, amazi amashanyarazi, imihanda n’ibindi biteza imbere abaturage n’igihugu muri rusange.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko igihe u Rwanda ruzaba rwihagije mu ngengo y’imari ari bwo ruzaba rwihesheje agaciro nyabyo.

Ati “Kugira ubushobozi bwo kwihaza ku buryo busesuye ni intego twiyemeje nk’igihugu kandi tukaba twumva tuzayigeraho mu gihe kiri imbere cya vuba. Kubigeraho niko kwihesha agaciro kandi bikaba bisaba ko abanyarwanda twese tubigira inshingano, tukarushaho kongera umusaruro mubyo dukora kandi tukaba abasora neza.”

Dr Ngirente kandi yanenze abanyereza imisoro n’abayitanga nabi, asaba inzego zibishinzwe kubihagurukira no kurushaho kongera ubukangurambaga.

Komiseri Mukuru wa RRA, Richard Tusabe, yagaragaje ko hari byinshi byakozwe mu myaka 20 ishize kandi ko intego ari ugukomeza umurego.

Yagize ati “Ikigo cy’imisoro n’amahoro gitangira guha serivisi abakigana cyari gifite ibibazo byinshi bishingiye cyane cyane ku mikorere itari inoze, nk’ubumenyi bw’abakozi bwari bukiri hasi cyane, amategeko y’imisoro yari ashaje akeneye kuvugururwa kugira ngo ajyane n’ubucuruzi twifuza. Imyumvire y’usora yari hasi cyane no gukoresha ikoranabuhanga nta byabagaho.”

Yavuze ko hari ibimaze kugerwaho, icyakora yemeza ko bitashoboka bitagizwemo uruhare n’abanyarwanda bose.

Ikigo cy’imisoro n’amahoro mu mwaka wa 2018/2019 cyihaye intego yo kwinjiza miliyari 1369.2 Frw na miliyari 60.2 Frw y’imisoro yeguriwe uturere.

Tusabe yavuze ko ingamba zafashwe ngo bigerweho harimo gukomeza kunoza ikoranabuhanga ry’imashini zitanga inyemezabuguzi, gushyira mu bikorwa inama z’umugenzuzi w’imari ya Leta, kongera imbaraga mu guhuza amakuru ku misoro n’abasora hifashishije ikoranabuhanga, gukangurira abaturage akamaro ko gusora n’ibindi.

Rwanyonga Mathias, umukozi wa sosiyete MTN Rwanda ari nayo yaje ku mwanya wa mbere mu basora banini, yavuze uwo mwanya bawukesha ibikorwa na serivisi byiza ari nabyo bazakomeza gukora kugira ngo bunguke babone uko basora.

Yakanguriye abanga gutanga imisoro cyangwa bakayinyereza kubireka ngo kuko ntaho bitaniye no gutema ishami wicayeho.

Ati “Abanyereza imisoro ni nko gutema igiti wicayeho.nUbundi iyo utanze umusoro Leta igakora ibikorwa remezo neza, umutekano ukaza n’ubundi amafaranga wabonaga ariyongera. Tanga umusoro, ejo uzabona amafaranga yikubye ayo wabonaga uyu munsi.”

Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018/19 watangiye ku wa 1 Nyakanga 2018, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko muri miliyari 2443.5 Frw ziteganywa, 62% azaba akomoka imbere mu gihugu.

Inguzanyo z’amahanga zizaba 16% naho iz’imbere mu gihugu zibe 6%, inkunga zisigarane 16% gusa.

2018-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020
BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyoni 200$ zo guteza imbere ubuhinzi n’inganda

Ubwanditsi 24 Jul 2018
IMF yemeje miliyari zisaga 100 Frw zizafasha u Rwanda mu bikorwa byo guhangana na Coronaviru

IMF yemeje miliyari zisaga 100 Frw zizafasha u Rwanda mu bikorwa byo guhangana na Coronaviru

Ubwanditsi 03 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda
ITOHOZA

Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Nov 2017
IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri
Mu Rwanda

IMITWE IRAGWIRA : Umugabo yapfiriye mu isanduku y’abapfu ashutswe na pasiteri

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho
ITOHOZA

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubwanditsi 07 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru