• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yakiriye Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi wa Gahunda igamije kugeza ingufu zirambye kuri bose (Sustainable Energy for All- SEforALL), Damilola Ogunbiyi.

Damilola n’itsinda ry’abamuherekeje bakiriwe na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente kuri uyu wa Gatanu, tariki 21 Gashyantare 2020, bagirana ibiganiro byihariye.

Ibi biganiro byabaye mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira Inama ya SEforALL iteganyijwe kubera mu Mujyi wa Kigali ku wa 26-28 Gicurasi 2020.

Damilola Ogunbiyi ukomoka muri Nigeria yabaye umugore wa mbere wayoboye Ikigo gishinzwe gusakaza amashanyarazi mu bice by’icyaro mu gihugu cye.

Mu mwanya yahawe wo kuba Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, yitezweho uruhare mu guharanira ko ibihugu bikennye bigerwaho na serivisi nziza mu bijyanye n’ingufu. Yashyizweho kuri uyu mwanya asimbuye Rachel Elizabeth Kyte wayoboye SEforALL mu gihe cy’imyaka ine.

Yafashe inshingano mu gihe uyu muryango uri guharanira gushyira mu bikorwa ibikenewe ngo wese umuhigo wo kugeza amashanyarazi ku baturage bose bitarenze 2030 nk’uko bikubiye mu ntego ya Karindwi mu z’iterambere rirambye (SDGs).

Imibare igaragaza ko ku Mugabane wa Afurika, abagera kuri miliyoni 600 batagerwaho na serivisi z’amashanyarazi.

U Rwanda rufite imishinga irimo gaz yo mu Kivu, ingomero z’amazi, imiyoboro y’amashanyarazi n’imirasire y’izuba igeza amashanyarazi ku baturage. Rwihaye icyerekezo cy’uko mu 2024, abaturage bazaba bacanirwa 100%.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yagiranye ibiganiro byihariye n’Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Damilola Ogunbiyi

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye akaba n’Umuyobozi wa Gahunda igamije kugeza ingufu zirambye kuri bose (Sustainable Energy for All- SEforALL), Damilola Ogunbiyi bafashe ifoto bari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye

Src: IGIHE

2020-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Ubwanditsi 13 Mar 2020
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20: Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017
Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Ubwanditsi 26 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi
Mu Rwanda

12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Ni iki cyihishe inyuma y’igitero cya  FDLR  mu karere ka  Rubavu
Amakuru

Ni iki cyihishe inyuma y’igitero cya FDLR mu karere ka Rubavu

Ubwanditsi 20 Apr 2016
ADEPR yemeje ururembo rwa gatandatu rwa ADEPR/Uganda
Mu Mahanga

ADEPR yemeje ururembo rwa gatandatu rwa ADEPR/Uganda

Ubwanditsi 18 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru