• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda

Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Nov 2017 ITOHOZA

Ubutegetsi bwa Perezida Museveni bukomeje gushaka guteza umutekano muke ku Rwanda.

Mukwezi kwa Kabiri uyu mwaka Ikinyamakuru Rushyashya cyatangaje inkuru ivuga ko mu ishyamba rya Kijuru muri District ya Kibaale hari inkambi yarimo imyitozo y’abashaka gutera u Rwanda, bayobowe na Kayumba Nyamwasa, Rujugiro n’Abafaransa. Nyuma yaho iyi nkuru isohokeye amakuru avugako ibibirindiro byiyo myitozo byimuriwe mu mjyaruguru ya Uganda kumupaka wa Sudan na Congo. Nyamara n’ubwo bimeze gutyo, iyi nkuru  yabaye nkiciye inka amabere cyane cyane ku ruhande rwa Uganda. Ari nako umwuka mubi n’urwikekwe bikomeza kwiyongera.

Ingabo za uganda

Soma iyi nkuru hano: Uganda:Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Amakuru aturuka ahantu hizewe, avuga ko muntangiriro z’uyu mwaka Perezida Museveni yagiriye uruzinduko rw’ibanga mu Bufaransa , uru ruzinduko rwari urwo gushimangira umubano n’ubufatanye mu bya gisilikare. Uganda yagiranye amasezerano  mu bya gisirikare n’ubufaransa, ubu ingabo z’abafaransa  ziri muri Uganda mubice bya Kasese zitoza iza Uganda zirwanira mumisozi (alpine brigade).

Ingabo z’Abafaransa na Perezida Museveni

Mu minsi ishize Perezida Museveni  kandi yagiranye ibiganiro byihariye n’umujenerali w’umufaransa bava Entebbe State House bajya guhurira Kisozi muri Gomba, iyo nama y’ibanga yarimo Gen (Rtd) Henry Tumukunde na Gen Salim Saleh (Caleb Akandwanaho). Aya makuru avuga ko iyi nama yari iyo kureba uko ingabo z’ubufaransa zakwegera gato  hafi y’umupaka  w’u Rwanda.

Nyuma y’ibi biganiro uyu mu Jenerali w’umufaransa yamaze iminsi ibiri Kampala aragenda agana I Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo gushyikiriza Perezida  Kabila ubutumwa bwa Museveni buvuga ko Ingabo za Uganda zingana na Bataillons eshatu z’umtwe wa Special forces zigomba gutangira kujya muri Congo n’ibikoresho byazo bikomeye guhashya umutwe w’inyeshyamba wa ADF-NALU, urwanya Museveni, ukaba ukorera mu Burasirazuba bwa Congo ahitwa Beni,Butembo naza Bunia. Uyu mutwe wari uyobowe na Jamil Mukulu ,akaza gufatirwa Tanzania. Ariko ibi n’amayeri yo kugirango izi ngabo za Uganda n’ibikoresho byazo bibone uko byinjira muri Congo byegerezwe umupaka wa Congo n’u Rwanda mu rwego rwokwitegura intamba ishobora kwaduka hagati y’ibi bihugu byombi no  gutera  ingabo mu bitugu  imitwe ikorera muri Congo igamije gutera u Rwanda nka FDLR, Imbonerakure n’Ingabo bivugwa ko ari iza Kayumba  Nyamwasa.

Ibi biravugwa mugihe Perezida Museveni yirukanye ingabo zahoze ari iza M23 zirenga 1000, zari zarahungiye ahitwa Ramwanja mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Uganda  ziyobowe na Gen. Makenga  Sultan. Nyuma y’uko aba barwanyi bamwangiye kwinjira mu mugambi wo gufatanya na Kayumba gutera u Rwanda. M23 yo yabonye iyo ntambara itayitsinda kandi ubwo ibyabo byaba birangiye, nibwo Perezida Museveni yabirukanye akabohereza hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda, kugirango bahungire mu Rwanda hagati aho biteze umubano mubi na Congo.

M23

Perezida Museveni abonye ko binaniranye aragenda yohereza abashimuta abarwanyi ba M23 bagera kuri 20, abashyira Kabila, abandi  bagera ku 100,Kabila abaha amafaranga barijyana. M23, ibibonye iravuga ngo nukomeza tugiye kwirwanaho, niko gutatana basubira muri Congo. Iyo Museveni avuga ko u Rwanda rushimuta abantu wibaza impamvu zabyo, nta nasobanure uko yashimuse abari abarwanyi ba M23, akabashyikiriza Kabila.

Amakuru atandukanye amaze iminsi atangazwa n’itangazamakuru ryo muri Uganda nka Chimpreports n’ibindi aravuga ko Kayumba Nyamwasa, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda akunze gukorera ingendo muri Uganda ndetse afitanye umubano ukomeye n’abayobozi ba Uganda barimo perezida Museveni ubwe ndetse na Minisitiri w’umutekano, Gen (Rtd) Henry Tumukunde.

Kayumba Nyamwasa

Kayumba amaze kujya Kampala inshuro ebyiri, ubwa kabiri yaciye Tanzania ajya Uganda, ageze Kampala, yakoranye  inama n’abantu be asubira mu nzu ya gisirikare aba acumbikiwemo. Muri Uganda rimwe na rimwe Nyamwasa yagiye abonana n’agatsiko k’abarwanyi ba FDLR n’abandi bantu bahunze u Rwanda baba muri icyo gihugu.

Cyiza Davidson

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
Ese ni iki gituma umuryango wa Karegeya wiriza kandi wari waramuciye

Ese ni iki gituma umuryango wa Karegeya wiriza kandi wari waramuciye

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Umunyarwanda  yateye utwatsi  ibyavugiwe kuri Radio Inkingi

Umunyarwanda yateye utwatsi ibyavugiwe kuri Radio Inkingi

Ubwanditsi 06 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’
Amakuru

Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’

RUSHYASHYA 12 Mar 2026
Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no  kuzuza inshingano zabo
Mu Mahanga

Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no kuzuza inshingano zabo

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri  zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye
Mu Rwanda

Perezida Kagame yahaye impanuro Abaminisitiri zizabafasha kwihutisha amavugururwa mu iterambere Abanyarwanda bakeneye

Ubwanditsi 13 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru