• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ambasaderi w’u Rwanda muri USA yahawe ishimwe n’Umujyi wa Sacramento

Ambasaderi w’u Rwanda muri USA yahawe ishimwe n’Umujyi wa Sacramento

Ubwanditsi 24 Nov 2016 ITOHOZA

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mukantabana Mathilde yahawe ishimwe n’Umujyi wa Sacramento kubera ibyo yakoze mu burezi no mu miyoborere rusange nk’uko tubikesha urubuga rwa Twitter rwa Ambasade.

Kuva mu 1994 kugeza mu 2013, Mukantabana yigishije amateka mu Ishuri rya Cosumnes River College (CRC) ryo muri uyu Mujyi wa Sacramento wo muri Leta ya California mbere y’uko ahabwa inshingano zo guhagararira u Rwanda aho yatangiye imirimo tariki 18 Nyakanga 2013.

Urubuga rwa Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ruvuga Ambasaderi Mukantabana ari umwe mu bashinze umuryango utagamije inyungu witwa Friends of Rwanda Association (F.O.R.A) ndetse ari na we uwuyobora; ukaba warashinzwe nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi ukaba waragiye ukora ibikorwa byinshi byo gufasha abarokotse Jenoside no kubagarurira icyizere.

Muri byinshi byatumye kandi ahabwa iri shimwe ni uko ngo arangwa no guhuza abantu dore ko hari amashyirahamwe atandukanye yagiye agiramo uruhare mu gutangiza, yose agamije guhuza Abanyarwanda baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abandi banyamahanga batuye muri iki gihugu kugira ngo bigire hamwe uko bateza imbere ibihugu bakomokamo.

Ubwo yari umwarimu muri kaminuza ndetse anayobora uyu muryango wa F.O.R.A, Ambasaderi Mukantabana ngo yagize uruhare runini mu byerekeranye n’amasomo ya kaminuza ndetse yuzuza n’inshingano ze nk’umunyagihugu, dore ko ngo atahwemye gutegura amahugurwa n’inama ku bijyanye na Jenoside hagatwangwamo ubuhamya bw’ibyabaye mu Rwanda.

Ambasaderi Mukantabana afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu Mateka n’Ubumenyi bw’Isi yakuye muri Kaminuza y’u Burundi, hamwe n’impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza muri ‘Social Work’ hamwe n’Amateka yakuye kuri Kaminuza ya Sacramento.

Usibye kuba ahagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ambasaderi Mukantabana anahagarariye u Rwanda mu bihugu nka Mexique, Brezil na Argentine.

-4789.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mukantabana Mathilde

2016-11-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ubwanditsi 09 Nov 2021
RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Capt.Nkuyehasi warindaga Gen Niyombare yishwe arashwe

Capt.Nkuyehasi warindaga Gen Niyombare yishwe arashwe

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza
ITOHOZA

Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.
Amakuru

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Ubwanditsi 28 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru