• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Ubwanditsi 21 Nov 2017 ITOHOZA

Polisi y’Igihugu ivuga ko abakinnyi ba Rayon Sports Yannick Mukunzi na Rutanga Eric nta byaha bakurikiranweho. Ivuga ko bari bahamagajwe mu rwego rw’iperereza.

Urubuga rwa Twitter rwa Polisi y’Igihugu ruvuga ko ubu aba bakinnyi bamaze kurekurwa.

Polisi ivuga ko bitabye ubugenzacyaha ngo batange amakuru ku byaha umutoza wabo Olivier Karekezi akurikiranweho.

Ku wa 15 Ugushyingo, Karekezi Olivier yatawe muri yombi akurikiranweho ibyo byaha by’ikoranabuhanga.

Icyo gihe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege yavuze ko Karekezi yahamagajwe n’ishami ry’Ubugenzacyaha muri Polisi (CID), kugira ngo abazwe ibyaha akekwaho.

Yagize ati “Hari ibyo akurikiranweho tutarashaka ko bisobanurwa cyane kubera impamvu z’iperereza rigitangira.”

Karekezi yaje mu Rwanda muri Nyakanga uyu mwaka aturutse mu gihugu cya Suwedi, aho yari aje gutoza ikipe ya Rayons Sports nyuma y’aho uwari umutoza mukuru wayo, Masudi Djuma yeguye.

 

Karekezi azwi cyane mu mupira w’amaguru mu Rwanda, aho yamenyekanye cyane mu ikipe ya APR FC ndetse no mu ikipe y’Igihugu, akaba ari umwe mu bagejeje u Rwanda mu marushanwa y’igikombe cya Afurika CAN mu mwaka wa 2004, mu gihugu cya Tuniziya.

Biravugwa ko Karekezi akekwaho ibyaha byo kugambanira ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, aho ngo yagiye ahererekanya ubutumwa bwari bugamije kuyigambanira kugira ngo itazabona itike yo kwerekeza muri Maroc mu mikino ya CHAN.

Inkuru y’itabwa muri yombi kwa Yannick na Rutanga yari yasakaye hose, aho n’ubuyobozi bwa Rayon Sports bwari bwasabye abakunzi bayo kwitonda bakirinda kwivanga mu byo inzego z’umutekano ziri gukora.

Ubu buyobozi kandi bwanandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA burisaba ko kubera ko abo bakinnyi bari bari mu maboko ya polisi ndetse n’umutoza imikino ari bafite guhera kuri uyu wa 20 Ugushyingo kugeza ku wa 10 Ukuboza yakwimurwa,

Mu ibaruwa isubiza, FERWAFA yemereye Rayon Sports ko iyo mikino yimuwe, aho ngo bazabamenyesha igihe izasubukurirwa.

Ikipe ya Rayons Sport kandi mu mezi ashize yapfushije  umuzamu wayo wungirije n’umutoza wayo wungirije Ndikumana Katauti wapfuye mu cyumweru gishize mu buryo butunguranye.

 

2017-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasesekaye i London [ VIDEO ]

Perezida Kagame yasesekaye i London [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi

Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi

RUSHYASHYA 24 Jul 2026
Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 08 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Anastase Gasana umuhuza hagati ya Kayumba na Rudasingwa
ITOHOZA

Anastase Gasana umuhuza hagati ya Kayumba na Rudasingwa

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo
Mu Rwanda

Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye
Mu Rwanda

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru