• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018 Mu Rwanda

Ikigo World Ventures cyatangaje ko kidakorera mu Rwanda kandi ko ukoresha izina ryacyo binyuranyije n’amategeko akwiye kubihanirwa.

Kibitangaje nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gitangaje ko World Ventures iri gukorera mu Rwanda mu buryo butemewe.

Mu itangazo rya RDB, Umuyobozi Mukuru wayo, Clare Akamanzi, yasabye abaturage kwitondera gukorana n’icyo kigo.

Ati “World Ventures ntiyanditse mu bigo by’ubucuruzi mu Rwanda. Umuntu wese uzayigana azabikore yiteguye kwirengera ingaruka.”

RDB yavuze ko iki kigo gikora ubucuruzi bw’uruhererekane buzwi nka ‘Pyramid Scheme’ bukorwa ba nyir’ikigo bashishikariza umuntu gutanga cyangwa kwishyura umubare runaka w’amafaranga, akizwezwa ko nazana umubare uyu n’uyu w’abandi bantu batanga amafaranga angana nk’ayo yatanze azajya abona inyungu, bikamugeza ku bukire bwihuse.

Iki kigo cyo cyabikoraga mu buryo bwo kureshya abantu gutemberera mu bice bitandukanye by’Isi, bakagabanyirizwa igiciro cy’ingendo, aho barara n’ibindi bikenerwa ku muntu wagiye mu bukerarugendo, muri gahunda bise ‘Dream Trips’.

Nubwo byakorwaga nk’aborohereza ba mukererugendo, RDB ivuga ko icyari kibyihishe inyuma ari inyungu abantu babonamo kubera ko bagiye bazana bagenzi babo, ibintu bitemewe mu Rwanda.

Umuyobozi wungirije ushinzwe itumanaho muri Wolrd Ventures, Sophia Stoller, kuri uyu wa Gatatu yasohoye itangazo, avuga ko ikigo cyabo kidakorera mu Rwanda.

Ati “World Ventures ntabwo ikorera ubucuruzi mu Rwanda kandi yubahiriza amategeko y’ibihugu ikoreramo. Igikorwa cyose kitemewe cyitiriwe ibicuruzwa bya World Ventures gikwiye kugaragazwa mu ishami ribishinzwe kigakemurwa uko bikwiye.”

Stoller yavuze ko intego yabo ari ubucuruzi burambye kandi buciye mu mucyo ku buryo bazakomeza kugenzura igikorwa kitemewe cyakozwe mu izina ryabo aho ikorera hose.

RDB yatangiye gukora iperereza kuri iki kigo guhera muri Kamena uyu mwaka nyuma y’aho bamwe mu banyamuryango bacyo bagararije impungenge, kuko cyagendaga kibabwira ko gifite imikoranire na RDB.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, abinyujije kuri Twitter yavuze ko na we abanyamuryango b’icyo kigo bamwegereye bashaka kumujyanamo akabihangiriza.

Ati “Ndashaka gusobanura ko ntateze kuba umwe mu bagize World Ventures cyangwa ubundi bucuruzi nk’ubwo. Nagiye nihangiriza abantu bashatse kubinyinjizamo cyangwa kubijyanamo RDB, mbamenyesha ko turi gukora iperereza kuri World Ventures. Mutugaragarize uwaba ari gukora ibihabanye n’ibi.”

Akamanzi avuga ko ikibazo cy’ubwo bucuruzi ari uko nta gicuruzwa kigaragara bagira cyo gucuruza, ahubwo “bakoresha inzira z’amanyanga mu kubona abakiliya.

Nubwo World Ventures nta burenganzira bwo gukorera mu Rwanda, RDB ivuga ko inabusabye itabuhabwa mu gihe intego yayo ari ‘pyramid scheme’.

Si ubwa mbere iki kigo cyangiwe gukorera mu gihugu runaka kuko umwaka ushize cyirukanwe muri Norvège.

U Bushinwa nabwo bwashwanye na bamwe mu banyamuryango bacyo ku bwo gukorera mu gihugu mu buryo butemewe.

2018-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026
Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Mu mikino y’umunsi wa 12 ya shampiyona y’u Rwanda, As Kigali yatsinzwe na Rutsiro FC, Rayon Sports inganya na Musanze FC

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Umuyobozi wa Polisi y’U Rwanda IGP EK Gasana yakiriye mugenzi we wa Tanzania, IGP Ernest J. Mangu ku mupaka wa Rusumo

Umuyobozi wa Polisi y’U Rwanda IGP EK Gasana yakiriye mugenzi we wa Tanzania, IGP Ernest J. Mangu ku mupaka wa Rusumo

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Burya Nyina wa Ingabire umwicanyi ruharwa Therese Dusabe yaherekeje Mugesera igihe yavugaga ijambo rutwitsi rihamagarira gutsemba Abatutsi

Ubwanditsi 24 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo
Mu Rwanda

Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo

Ubwanditsi 05 Aug 2017
APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali
Amakuru

APR HC na Police HC zatangiye neza irushanwa rya ECAHF Senior Club championship 2024 ribera i Kigali

Ubwanditsi 16 Dec 2024
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru