• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018 Mu Rwanda

Ikigo World Ventures cyatangaje ko kidakorera mu Rwanda kandi ko ukoresha izina ryacyo binyuranyije n’amategeko akwiye kubihanirwa.

Kibitangaje nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gitangaje ko World Ventures iri gukorera mu Rwanda mu buryo butemewe.

Mu itangazo rya RDB, Umuyobozi Mukuru wayo, Clare Akamanzi, yasabye abaturage kwitondera gukorana n’icyo kigo.

Ati “World Ventures ntiyanditse mu bigo by’ubucuruzi mu Rwanda. Umuntu wese uzayigana azabikore yiteguye kwirengera ingaruka.”

RDB yavuze ko iki kigo gikora ubucuruzi bw’uruhererekane buzwi nka ‘Pyramid Scheme’ bukorwa ba nyir’ikigo bashishikariza umuntu gutanga cyangwa kwishyura umubare runaka w’amafaranga, akizwezwa ko nazana umubare uyu n’uyu w’abandi bantu batanga amafaranga angana nk’ayo yatanze azajya abona inyungu, bikamugeza ku bukire bwihuse.

Iki kigo cyo cyabikoraga mu buryo bwo kureshya abantu gutemberera mu bice bitandukanye by’Isi, bakagabanyirizwa igiciro cy’ingendo, aho barara n’ibindi bikenerwa ku muntu wagiye mu bukerarugendo, muri gahunda bise ‘Dream Trips’.

Nubwo byakorwaga nk’aborohereza ba mukererugendo, RDB ivuga ko icyari kibyihishe inyuma ari inyungu abantu babonamo kubera ko bagiye bazana bagenzi babo, ibintu bitemewe mu Rwanda.

Umuyobozi wungirije ushinzwe itumanaho muri Wolrd Ventures, Sophia Stoller, kuri uyu wa Gatatu yasohoye itangazo, avuga ko ikigo cyabo kidakorera mu Rwanda.

Ati “World Ventures ntabwo ikorera ubucuruzi mu Rwanda kandi yubahiriza amategeko y’ibihugu ikoreramo. Igikorwa cyose kitemewe cyitiriwe ibicuruzwa bya World Ventures gikwiye kugaragazwa mu ishami ribishinzwe kigakemurwa uko bikwiye.”

Stoller yavuze ko intego yabo ari ubucuruzi burambye kandi buciye mu mucyo ku buryo bazakomeza kugenzura igikorwa kitemewe cyakozwe mu izina ryabo aho ikorera hose.

RDB yatangiye gukora iperereza kuri iki kigo guhera muri Kamena uyu mwaka nyuma y’aho bamwe mu banyamuryango bacyo bagararije impungenge, kuko cyagendaga kibabwira ko gifite imikoranire na RDB.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, abinyujije kuri Twitter yavuze ko na we abanyamuryango b’icyo kigo bamwegereye bashaka kumujyanamo akabihangiriza.

Ati “Ndashaka gusobanura ko ntateze kuba umwe mu bagize World Ventures cyangwa ubundi bucuruzi nk’ubwo. Nagiye nihangiriza abantu bashatse kubinyinjizamo cyangwa kubijyanamo RDB, mbamenyesha ko turi gukora iperereza kuri World Ventures. Mutugaragarize uwaba ari gukora ibihabanye n’ibi.”

Akamanzi avuga ko ikibazo cy’ubwo bucuruzi ari uko nta gicuruzwa kigaragara bagira cyo gucuruza, ahubwo “bakoresha inzira z’amanyanga mu kubona abakiliya.

Nubwo World Ventures nta burenganzira bwo gukorera mu Rwanda, RDB ivuga ko inabusabye itabuhabwa mu gihe intego yayo ari ‘pyramid scheme’.

Si ubwa mbere iki kigo cyangiwe gukorera mu gihugu runaka kuko umwaka ushize cyirukanwe muri Norvège.

U Bushinwa nabwo bwashwanye na bamwe mu banyamuryango bacyo ku bwo gukorera mu gihugu mu buryo butemewe.

2018-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda : Essence yazamutseho amafaranga 24, mazutu izamukaho 19

Rwanda : Essence yazamutseho amafaranga 24, mazutu izamukaho 19

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Apôtre Paul Gitwaza  yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Apôtre Paul Gitwaza yatinye gukandagiza ikirenge mu muhango wo gushyingura umuvandimwe we washyinguwe n’Abapasiteri barenga 100.

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka

Kayonza: Polisi yafatanye abagabo batanu asaga ibihumbi 22 by’Amadolari ya Amerika bibye bayakuye mu modoka

Ubwanditsi 21 May 2018
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Ubwanditsi 29 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yishwe amaze gufatwa ku ngufu
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umuyobozi mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yishwe amaze gufatwa ku ngufu

Ubwanditsi 16 Nov 2019
Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa
INKURU NYAMUKURU

Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Ubwanditsi 22 Apr 2019
Burundi : Lt. Col  Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.
Mu Rwanda

Burundi : Lt. Col Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.

Ubwanditsi 22 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru